Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Igikekwaho gutera impanuka y’imodoka yari itwaye abantu bari bagiye mu bukwe i Rubavu

radiotv10by radiotv10
30/12/2024
in MU RWANDA
0
Igikekwaho gutera impanuka y’imodoka yari itwaye abantu bari bagiye mu bukwe i Rubavu

Photo/ Kigali Today

Share on FacebookShare on Twitter

Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Coaster yakoreye impanuka mu mujyi wa Muhanga ubwo yerecyezaga mu karere ka Rubavu itwaye abari bagiye mu bukwe, 11 bari bayirimo barakomereka, aho bikekwa ko byatewe n’uburangare bw’umushoferi wari ufashwe n’agatotsi.

Iyi modoka yagonze ipoto ubwo yari igeze mu Murenge wa Nyamabuye mu Mujyi wa Muhanga, yari ivuye mu Karere ka Nyanza, yerecyeza mu ka Rubavu.

Amakuru y’ibanze atangwa n’abari muri iyi modoka, avuga ko umushoferi wari uyitwaye yagize uburangare bwatewe no kuba agatotsi kari kamwibye, bikarangira yasekuye ipoto yo ku muhanda, byombi yaba imodoka n’ipoto bikangirika.

Abantu 11 mu bari bari muri iyi modoka, bakomeretse, ndetse batatu muri bo bahita bajyanwa mu Bitaro kugira ngo bitabweho n’abaganga.

Umuvugizi w’Ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SP Kayigi Emmanuel, yemeje amakuru y’iyi mpanuka, avuga ko ishobora kuba yatewe n’uburangare bw’umushoferi.

SP Kayigi yavuze ko abantu batatu bajyanywe kwa muganga, na bo batakomeretse bikabije, mu gihe abandi bakomeretse byoroheje ndetse ko bahise bakomeza urugendo barimo.

Yagize ati “Abakomeretse bajyanywe ku bitaro bya Kabgayi abandi umunani bagize udusebe duto no guhungabana, bakomeje urugendo kimwe n’abandi.”

Ni impanuka ibaye mu bihe by’iminsi mikuru, aho Polisi y’u Rwanda, yongeye kwibutsa abakoresha umuhanda by’umwihariko abatwara ibinyabiziga, kwigengesera, bakagenda neza birinda impanuka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Korea y’Epfo: Nyuma y’impanuka idasanzwe y’indege ubu haravugwa iki?

Next Post

Uko hatahuwe uwiga muri kaminuza ku gikuba yazamuye cyatumye yisanga mu maboko ya RIB

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko hatahuwe uwiga muri kaminuza ku gikuba yazamuye cyatumye yisanga mu maboko ya RIB

Uko hatahuwe uwiga muri kaminuza ku gikuba yazamuye cyatumye yisanga mu maboko ya RIB

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.