• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hari Abaminisitiri b’u Rwanda na DRCongo bagiye i Doha ahabera ibiganiro na AFC/M23

radiotv10by radiotv10
11/07/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Umutekano mu Rwanda n’uwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bari i Doha muri Qatar ahabera ibiganiro bihuza Guverinoma ya DRC na AFC/M23.

Amakuru dukesha Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI, avuga ko Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu mu Rwanda, Dr. Vincent Biruta na mugenzi we wa DRC, Jacquemain Shabani bageze i Doha, aho bitabiriye ibiganiro bimaze igihe bihuza Guverinoma ya Congo Kinshasa n’Ihuriro AFC/M23

Iki gitangazamakuru kivuga ko aba Baminisitiri bitabiriye ibi biganiro nk’ikimenyetso cy’uko bigeze ku rwego rwo hejuru hagati y’impande ziri muri ibi biganiro (Guverinoma ya DRC na AFC/M23), aho aba bagiye guhagararira Ibihugu byombi (u Rwanda na DRC) biherutse no gushyira umukono ku masezerano y’amahoro yashyiriweho umukono i Washington DC tariki 27 Kamena 2025.

Muri aya masezerano, impande zombi kandi zisabwa gushyigikira ibiganiro biri guhuza Guverinoma ya DRC na AFC/M23 biri kubera i Doha, ndetse n’ingamba zigamije kwambura no gusubiza mu buzima busanzwe abo mu mitwe yitwaje intwaro.

RFI ivuga ko amakuru ifite, ari uko aba bamwe mu bagize Guverinoma z’u Rwanda na DRC, batumiwe n’Umuhuza ari we Guverinoma ya Qatar, ariko ko batagiye nk’abagiye kugira uruhare muri ibi biganiro.

Nanone kandi iki gitangazamakuru kivuga ko ibiganiro biri kubera i Doha, bigeze mu cyiciro cyo gusasa inzobe no kujya mu mizi y’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa DRC, aho ibiganiro byo muri iki cyiciro bisaba kwihangana n’ubushishozi bihanitse.

Bivugwa kandi ko Guverinoma ya Qatar yamaze gushyikirizwa impande zombi (DRC na AFC/M23) inyandiko y’umushinja w’amasezerano y’amahoro yifuzwa gusinywa, ikaba imaze guhidnurwa inshuro nyinshi bitewe n’ibyo buri ruhande rusaba.

Perezida Kagame, mu kiganiro aherutse kugirana n’itangazamakuru mu cyumweru gishize, yagarutse kuri ibi biganiro biri kubera i Doha muri Qatar, aho yavuze ko byaje bikurikira guhura kwe na Perezida Felix Tshisekedi wa DRC.

Perezida Kagame kandi yavuze ko u Rwanda rwiteguye gushyira mu bikorwa ibyo rwemeye byose mu masezerano rwasinyanye na DRC, ariko ko nanone bizaterwa n’uburyo izindi mpande zizabikora nka DRC yakunze kugaragaza ubushake bucye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 14 =

Previous Post

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

Next Post

Ikoranabuhanga ryifashishwa mu mutekano wo mu muhanda mu Rwanda ryashimwe n’Intumwa ziturutse muri Uganda

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Ikoranabuhanga ryifashishwa mu mutekano wo mu muhanda mu Rwanda ryashimwe n’Intumwa ziturutse muri Uganda

Ikoranabuhanga ryifashishwa mu mutekano wo mu muhanda mu Rwanda ryashimwe n’Intumwa ziturutse muri Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.