Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Senegal, El Malick Ndiaye, yatangaje ko yeguye mu gihe hari byinshi bikiri urwijiji muri politiki y’iki Gihugu nyuma yo kwirukanwa kwa Minisitiri w’Intebe Ousmane Sonko binavugwa ko ashobora guhita amusimbura.
Bamwe baravuga ko uku kwegura k’uwari Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, gushobora guharurira inzira Ousmane Sonko kuba yahita amusimbura akayobora Inteko Ishinga Amategeko.
El Malick Ndiaye yatangaje ko yeguye ku Cyumweru, tariki ya 24 Gicurasi, nyuma y’iminsi ibiri Perezida yirukanye Minisitiri w’Intebe Ousmane Sonko, byatumye Igihugu kigwa mu bibazo.
El Malick Ndiaye, inshuti ya hafi ya Ousmane Sonko, yagize ati “Iki cyemezo gikomoka ku mahitamo yanjye bwite, ayobowe cyane cyane n’uko numva inzego, inshingano za rubanda, n’inyungu z’igihugu.”
Aya magambo ya El Malick Ndiaye yayanyujije ku rubuga rwe rwa Facebook, ariko nta bindi bisobanuro yatanze ku mpamvu zo kwegura kwe.
El Malick Ndiaye yatorewe kuba Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya 15 ya Senegal nyuma y’intsinzi ikomeye y’ishyaka rye, Pastef, ryegukanye imyanya 130 kuri 165 mu kwezi k’Ugushyingo 2024.
El Malick Ndiaye wahoze ari Umujyanama wa Ousmane Sonko uyoboye
Abadepite b’Inteko Ishinga Amategeko batumijwe mu Nteko Rusange kuri uyu wa Kabiri kugira ngo batore “gusubizwa mu mwanya kwa Depite Ousmane Sonko” no gutora uzasimbura Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizwe hanze ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru.
Ibi ni na byo bamwe baheraho bemeza ko Sonko agiye gusimbura El Malick Ndiaye usanzwe ari inkoramutima ye, ibintu bishobora guteza umwiryane muri politiki ya Senegal no guhangana gukomeye hagati ya Perezida Bassirou Diomaye Faye uherutse kwirukana Sonko bahoze ari inshuti z’akadasohoka.
Perezida wa Senegali Bassirou Diomaye Faye yirukanye Sonko ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe ku wa Gatanu, nyuma y’amezi menshi y’amakimbirane hagati y’aba bagabo bombi, bagiye ku butegetsi muri Mata 2024.
Perezida agomba gushyiraho Minisitiri w’Intebe, ugomba kwemezwa n’Inteko Ishinga Amategeko bitarenze amezi atatu nyuma yo gushyirwaho. Ariko Perezida ntashobora gusesa Inteko Ishinga Amategeko mbere y’Ugushyingo, imyaka ibiri nyuma y’itorwa ry’iyi Nteko Ishinga Amategeko.
RADIOTV10








