Monday, March 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisubizo Kabila yatanze abajijwe niba atabona ko ari ikibazo kuba aba ahari icyicaro cya AFC/M23

radiotv10by radiotv10
23/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Igisubizo Kabila yahaye Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo wamusabye kuva i Goma
Share on FacebookShare on Twitter

Joseph Kabila wigeze kuba Perezida wa DRC, avuga ko kuba ari i Goma kandi hari icyicaro gikuru cy’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bw’iki Gihugu, kuko ari iwe mu nzu ye giguriye amafaranga ye. Ati “I Goma ni iwanjye. Nabakiririye mu nzu yanjye naguze mu 1999.”

Yabitangaje mu kiganiro yagiranye na ‘La Libre Belgique’ cyamusuye i Goma mu cyumweru gishize, tariki 20 Werurwe 2026, i Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Muri iki kiganiro kirekire cyagarutse ku ngingo zinyuranye, Joseph Kabila yabajijwe n’umunyamakuru niba ntakibazo abona kuba ari muri uyu Mujyi kandi hari ibirindiro Bikuru by’iri Huriro rya AFC/M23.

Yasubije agira ati “I Goma ni iwanjye. Nabakiririye mu nzu yanjye naguze mu 1999. Ibikorwa byo kundwanya nka njye ndetse binibasira umuryango wanjye duhurira muri politiki byatangiye muri 2019. Birumvikana ni mbere y’ivuka rya AFC/M23. Mfite uburenganzira bwo kubonana ndetse no kuvugana n’Abanyekongo bose, ngamije byumwihariko intego yo kunga ubumwe no gushaka amahoro. Kuri njye, iyo ni yo misiyo yanjye.”

Kabila kandi yabajijwe niba abona ubutegetsi buriho ubu muri DRC, bushobora kuyoboka inzira y’ibiganiro n’amahoro, avuga ko ari byo byari bikwiye kuba amahitamo.

Yagize ati “Intambara ni amahitamo. N’amahoro ni uko. Buri gihe nsubiramo ibyo twahuye nabyo muri 2001 kuko byari ibintu bikomeye cyane ku Mugabane, aho ingabo nyinshi z’amahanga zari ku butaka bw’Igihugu cyacu, imitwe y’inyeshyamba yakomeje kugenzura Iburasirazuba, Uburengerazuba n’amajyaruguru ndetse n’imitwe myinshi yitwaje intwaro. Muri icyo gihe ntabwo byari byoroshye kuyoboka inzira z’amahoro. Muri Nzeri no mu Kwakira 2001, twagize inama i Luanda muri Angola, hamwe n’abafatanyabikorwa bacu, Perezida dos Santos (Angola), Mugabe (Zimbabwe) na Nujoma (Namibie).”

Kabila yakomeje avuga ko icyo gihe n’ubundi higwaga ku bibazo byo muri Congo, ariko ko aba mbere bagomba kubona umuti wabyo, ari Abanyekongo ubwabo.

Ati “Nababwiye ko Abanyekongo ari bo bagomba gufata iya mbere mu gushaka umuti w’ibibazo by’Igihugu cyabo. Ndetse ko Ibihugu byose byari byinjiye mu bya Congo byagombaga kugenda.”

Avuga ko ibi byazamuye impaka ndende, ndetse akaza kongera kubisubiriramo i Haraare ko inzira ikwiye ari iy’amahoro ndetse n’ibiganiro bitagira uwo biheeza mu Banyekongo bose, bigatumizwamo imiryango itari iya Leta, imitwe ya Politiki ndetse n’imitwe yitwaje intwaro.

Avuga ko ibi nta somo byatanze kuko n’ubundi Congo ubu iri mu ntambara. Ati “Kuri njye nkunda amahoro, natanze inama kuva mu ntangiro, nagiriye inama ab’i Kinshasa ko bagomba kuganira. Gusa igisibubizo cyabo cyahoze iteka ari intambara. None nyuma y’imyaka itanu turi mu ntambara nka ya yindi.”

Kabila kandi yanagarutse ku mugambi wa Felix Tshisekedi wamusimbuye wo guhindura Itegeko Nshinga, avuga ko Abanyekongo bose bagomba guhaguruka bagaharanira guhagarika ubutegetsi bw’igitugu bw’uyu munyapolitiki wamusimbuye, kuko ari ubutegetsi bw’igitugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − six =

Previous Post

Iran yahise itangaza uko izihimura igihe hashyirwa mu bikorwa umugambi watangajwe na Trump

Related Posts

Iran yahise itangaza uko izihimura igihe hashyirwa mu bikorwa umugambi watangajwe na Trump

Iran yahise itangaza uko izihimura igihe hashyirwa mu bikorwa umugambi watangajwe na Trump

by radiotv10
23/03/2026
0

Iran yatangaje ko yiteguye kugaba ibitero bikomeye ku bikorwaremezo by’amashanyarazi bya Israel, no ku bigo bitanga amashanyarazi ku birindiro bya...

BREAKING: Impanuka ikomeye y’indege yagonganye n’imodoka muri America

BREAKING: Impanuka ikomeye y’indege yagonganye n’imodoka muri America

by radiotv10
23/03/2026
0

Indege ya Sosiyete ya Canada (Air Canada) yagonganiye n’imodoka ku kibuga cy’Indege cya LaGuardia i New York muri Leta Zunze...

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe

by radiotv10
22/03/2026
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yavuze iki Gihugu cyifuza kuganira na Iran ariko ko nta 'muntu...

Umutwe mushya wavutse muri Congo utangiye ugaragaza intego ufite

Umutwe mushya wavutse muri Congo utangiye ugaragaza intego ufite

by radiotv10
21/03/2026
0

Umutwe witwaje intwaro wa MDKC wo mu gace ka Katanga uvuga uharanira kubohora Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uratangaza ko...

FARDC yagaragaje abo ivuga ko ari abarwanyi ba AFC/M23 biyemeje kuyishyikiriza ku bushake

FARDC yagaragaje abo ivuga ko ari abarwanyi ba AFC/M23 biyemeje kuyishyikiriza ku bushake

by radiotv10
20/03/2026
0

Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) cyagaragaje abarwanyi 20, kivuga ko ari ab’Ihuriro AFC/M23 na Twirwaneho, ngo bafashe...

IZIHERUKA

Igisubizo Kabila yahaye Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo wamusabye kuva i Goma
AMAHANGA

Igisubizo Kabila yatanze abajijwe niba atabona ko ari ikibazo kuba aba ahari icyicaro cya AFC/M23

by radiotv10
23/03/2026
0

Iran yahise itangaza uko izihimura igihe hashyirwa mu bikorwa umugambi watangajwe na Trump

Iran yahise itangaza uko izihimura igihe hashyirwa mu bikorwa umugambi watangajwe na Trump

23/03/2026
Barimo abavandimwe batatu: Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yageze mu mwiherero

Barimo abavandimwe batatu: Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yageze mu mwiherero

23/03/2026
Ibyamenyekanye ku Banya-Uganda batandatu bafungiwe kwiba miliyari 4Frw Banki yo mu Rwanda

Ibyamenyekanye ku Banya-Uganda batandatu bafungiwe kwiba miliyari 4Frw Banki yo mu Rwanda

23/03/2026
BREAKING: Impanuka ikomeye y’indege yagonganye n’imodoka muri America

BREAKING: Impanuka ikomeye y’indege yagonganye n’imodoka muri America

23/03/2026
Umunyemari KNC yafashe icyemezo gitunguranye yatewe n’umujinya w’ibyakozwe na Moses Turahirwa

Icyo KNC atangaza nyuma yuko ikipe ye ya Gasogi itewe mpaga na Rayon Sports

23/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisubizo Kabila yatanze abajijwe niba atabona ko ari ikibazo kuba aba ahari icyicaro cya AFC/M23

Iran yahise itangaza uko izihimura igihe hashyirwa mu bikorwa umugambi watangajwe na Trump

Barimo abavandimwe batatu: Amasura mashya mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yageze mu mwiherero

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.