Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibyamenyekanye ku Banya-Uganda batandatu bafungiwe kwiba miliyari 4Frw Banki yo mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
23/03/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibyamenyekanye ku Banya-Uganda batandatu bafungiwe kwiba miliyari 4Frw Banki yo mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Abanya-Uganda batandatu bakurikiranyweho ubujura bukoresheje ikoranabuhanga bwa miliyari 4,9 Frw mu kwiba Equity Bank Rwanda, baragezwa imbere y’Urukiko, aho byamenyekanye ko barimo abasanzwe ari abahinzi, n’abacuruzi.

Ubujura bwakorewe Equity Bank Rwanda bwavuzwe mu minsi micye ishize, aho byavugwaga ko mu babukekwaho barimo n’abanyamahanga.

Amakuru dukesha ikinyamakuru ceo.co.ug avuga ko Abanya-Uganda batandatu bafunzwe bakekwaho uruhare muri ubu bujura, baza kugezwa imbere y’Urukiko kuri uyu wa Mbere tariki 23 Werurwe 2026.

Bakurikiranyweho ubujura bukoresheje ikoranabuhanga bwambukiranya imipaka mu bujura bwari bugambiriye kwiba iyi Banki yo mu Rwanda, ndetse ko urubanza rwabo ruri kwihutishwa kubera uburemere bwarwo mu byaha by’ikoranabuhanga byabayeho mu karere.

Nk’uko bigaragazwa na dosiye ikubiyemo ibirego byabo, Polisi ya Uganda, ivuga ko aba Banya-Uganda bashinjwa gukoresha ikoranabuhanga mu kwinjira muri sisiteme za Equity Bank Rwanda no kubona inyungu mu buryo bunyuranyije n’amategeko igera kuri miliyoni 3,4 USD (agera kuri Miliyari 4,9 Frw).

Iki kirego gifite nimero CRB: 215/2026 kiri muri Polisi yo ku cyicaro Gikuru cya Kampala-Metropolitan Police (CPS Kampala), kizaburanishwa hagendewe ku itegeko rihana ibyaha by’ubujura bwifashisha ikoranabuhanga no kwinjira muri mudasobwa.

 

Abanya-Uganda bashinjwa ni bande?

Abashinjwa muri iyi dosiye, ni Mugisha Solomon, uzwi nka Nelson w’imyaka 33 y’amavuko, usanzwe ari umucuruzi wo mu gace ka Kira mu Karere ka Wakiso.

Undi ni Enock Mpanga Kazige ufite imyaka 34 y’amavuko, aho we asanzwe ari umuhinzi wo mu gace k’icyaro ka Namulondo mu Karere ka Wakiso; hakaba Katerega Benedicto w’imyaka 35 na we akaba ari umucuruzi wo mu gace ka Matuga na we mu Karere ka Wakiso.

Hari kandi Kiyimba Faruk w’imyaka 30 na we akaba ari umuhinzi wo mu gace ka Bunamwaya muri Wakiso; ndetse na Oketcho Gerard w’imyaka 31 usanzwe akora ibijyanye n’ubwubatsi muri Medix Ltd akaba anatwara imodoka itwara abagenzi hagati ya Kitezi na Wakiso.

Inyandiko za Polisi ya Uganda zigaragaza ko aba bashinjwa, kimwe n’abandi benshi bagishakishwa, ibyaha bakekwaho babikoze hagati ya tariki 14 na 18 Gashyantare 2026 babikoreye mu bice binyuranye muri Kigali mu Rwanda ndetse n’i Kampala muri Uganda.

Amakuru agaragaza ko aba bashinjwa, bakoresheje sisiteme za mudasobwa, bakinjira mu ikoranabuhanga rya Equity Bank Rwanda, bagakoresha uburyo bwo kubona inyungu ibarirwa muri miliyari 4,9 Frw muri iyi banki.

Dosiye y’ikirego, ivuga ko iri tsinda ry’abantu “bacuze sisiteme ya Equity Bank Kigali” bigaragaza ko urubanza rwabo rushingiye ku bujura bukoresheje ikoranabuhanga.

Amakuru avuga ko “hakiri abandi benshi” bakekwa muri ubu buriganya, aho abari gukora iperereza, bibasaba gukora iryambukiranya imipaka byumwihariko hagati ya Uganda n’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 6 =

Previous Post

Iran yahise itangaza uko izihimura igihe hashyirwa mu bikorwa umugambi watangajwe na Trump

Next Post

Igisubizo Kabila yatanze abajijwe niba atabona ko ari ikibazo kuba aba ahari icyicaro cya AFC/M23

Related Posts

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

Igihugu cy’u Rwanda ntabwo gishobora gupfa kabiri- Perezida Kagame yashimangiye ko Jenoside itazongera ukundi

by radiotv10
07/04/2026
0

Perezida Paul Kagame avuga ko amateka ashaririye u Rwanda rwanyuzemo ya Jenoside yakorewe Abatutsi, adashobora kongera kubaho ukundi kuko rwubatse...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge
AMAHANGA

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

08/04/2026
Haravugwa ifungwa rya babiri bo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi barimo uwabaye Minisitiri

Haravugwa ifungwa rya babiri bo mu ishyaka riri ku butegetsi mu Burundi barimo uwabaye Minisitiri

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo Kabila yahaye Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Congo wamusabye kuva i Goma

Igisubizo Kabila yatanze abajijwe niba atabona ko ari ikibazo kuba aba ahari icyicaro cya AFC/M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.