• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Icyo KNC atangaza nyuma yuko ikipe ye ya Gasogi itewe mpaga na Rayon Sports

radiotv10by radiotv10
23/03/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Umunyemari KNC yafashe icyemezo gitunguranye yatewe n’umujinya w’ibyakozwe na Moses Turahirwa

KNC yavuze ko agiye guhita atwika ishati yaguze muri Moshions

Share on FacebookShare on Twitter

Umushoramari Kakooza Nkuliza Charles (KNC) akaba na Perezida w’ikipe ya Gasogi United yatewe mpaga n’iya Rayon Sports nyuma yo kubura ku kibuga, arasaba abakunzi b’umupira w’amaguru gutuza bagategereza ubutabera buzahabwa iyi kipe.

Ni nyuma yuko iyi kipe ya Gasogi United itewe mpaga na Rayon Sports mu mukino wari kuzihuza mu ijoro ryacyeye kuri Sitade Amahoro, ariko iyi kipe ikabura.

Uretse guterwa mpaga y’ibitego 3-0, iyi kipe kandi yanaciwe amande ya miliyoni 2 Frw azatangwa mbere yuko ikina umukino igomba gukurikizaho.

Perezida wa Gasogi United, n’ubundi mbere y’uyu mukino, yari yagaragaje ko iyi kipe itawitabira kuko kwimurwa kwayo batabimenyesherejwe ku gihe ndetse ko uburyo byakozwe bidakurikije amategeko n’inzira zinyuze mu mucyo.

Mu butumwa kandi yatangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 23 Werurwe, KNC yavuze ko ategereje ko ikipe ye izahabwa ubutabera.

Yagize ati “Mwaramutse bakunzi b’umupira w’amaguru, ndasaba ko dutuza amategeko akazatanga ubutababera.”

Uyu mukino warangiye habayemo guterwa mpaga, mbere byari biteganyijwe ko wagombaga kubera kuri Kigali Pelé Stadium Saa cyenda (15:00′) uza kwimurirwa kuri Sitade Amahoro ku isaha ya saa yine z’ijoro (Saa 22:00′).

Ubwo ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwagiranaga ikiganiro n’itangazamakuru nyuma ya mpaga yatewe Gasogi, Umuyobozi w’uru rwego, Jule Karangwa yavuze ko impinduka zabaye kuri uyu mukino zamenyeshejwe iriya kipe kandi ko byakozwe mu nzira zemewe bikanakorerwa ku gihe.

Yagize ati Ati “Si bwo bwa mbere duhinduye umukino kugira ngo tubihuze n’imikino ya CAF Champions League, yakirwa na Al Hilal SC. Ikibabaje ni uko ari bo byahereyeho ku mukino Gasogi United yakiriyemo Kiyovu Sports. Ikintu cyabaye aka kanya ni cyo ntabasha kumva. Wenda azakibabwira [Perezida wa Gasogi United, KNC], kizamenyekana. Iyo aba ari kumbwira ko twabandikiye ku butumwa bugufi cyangwa WhatsApp, nari kuba ndi kugongana n’amategeko.”

KNC we akomeje guhakana ko iyi kipe itigeze imenyeshwa binyuze mu nzira zemewe, aho mu butumwa yatangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere yagize ati “Hari amatangazo ari gucicikana ngo League yamenyetse Gasogi United Football Club. League ishobora kudusangiza iyo baruwa yemewe n’amategeko yoherereje Gasogi United?”

Uyu muyobozi wa Gasogi United wakunze kunenga imiyoborere y’umupira w’amaguru mu Rwanda, avuga ko icyo bashaka ari ukurandura ibitanoze muri iyi siporo ikundwa na benshi, kandi ko ikipe yabo yahagurukiye guharanira uburenganzira bwayo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − two =

Previous Post

Umuhanda uhuza Amajyepfo n’Iburengerazuba wongeye kutaba nyabagendwa ku nshuro ya kabiri

Next Post

BREAKING: Impanuka ikomeye y’indege yagonganye n’imodoka muri America

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
BREAKING: Impanuka ikomeye y’indege yagonganye n’imodoka muri America

BREAKING: Impanuka ikomeye y'indege yagonganye n’imodoka muri America

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.