• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO BASKETBALL

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

radiotv10by radiotv10
28/05/2026
in BASKETBALL, SIPORO
0
Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu Misiri, warangiye iyo mu Rwanda ibonye itike yo kuzakina umukino wa nyuma, ikaba inabaye iya mbere yo muri iki Gihugu ibigezeho.

Ni umukino wabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 27 Gicurasi 2026, warangiye RSSB Tigers iyoboye n’amanota 106 kuri 97 ya Al Ahly.

Umukuru w’u Rwanda wakunze kwitabira iyi mikino iri kubera muri BK Arena, yanarebye uyu mukino wa 1/2 aho yakiranywe urugwiro n’abakunzi ba Basketball.

Ni umukino kandi Umunyamerika Craig Randall yongeye kwigaragarizamo, aho yari ayoboye mu bakinnyi batsinze amanota menshi muri RSSB Tigers.

Ubwo uyu mukino wari uhumuje, uyu mukinnyi Craig Randall yabajijwe nib anta gitutu baterwa no gukina imbere y’Umukuru w’Igihugu, avuga ko ntacyo ahubwo bibatera imbaraga nyinshi cyane ko baba biteguye neza, kandi bari bizeye intsinzi.

Umukino wa nyuma uzahuza iyi kipe ihagarariye u Rwanda ari na yo ya mbere igeze ku mukino wa nyuma yo mu Rwanda, ndetse n’ikipe iva hagati ya Petro de Luanda muri Angola na Al Ahly yo muri Libya, zifite na zo umukino wa 1/2 kuri uyu wa Kane tariki 28 Gicurasi 2026.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − two =

Previous Post

Ubworozi bw’u Rwanda bwungutse ikoranabuhanga rizakemura burundu ibibazo byagaragaraga mu myororokere y’Inka

Next Post

Swiss Envoys Meet AFC/M23 in Rwanda Following Ebola Concerns in Goma

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Hamenyekanye umukinnyi wa mbere APR ishobora guheraho igura mu mwaka mushya w’imikino

Hamenyekanye umukinnyi wa mbere APR ishobora guheraho igura mu mwaka mushya w’imikino

by radiotv10
27/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yamaze kumvikana n’umunyezamu ukomoka muri Mozambique witwa Ernan Alberto Siluane wari usanzwe ukina iwabo mu ikipe...

Next Post
AFC/M23 and the Congolese Government Sign Agreement During Talks Held in Europe

Swiss Envoys Meet AFC/M23 in Rwanda Following Ebola Concerns in Goma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.