• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

radiotv10by radiotv10
29/05/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago
Share on FacebookShare on Twitter

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo gihe azaba afite imyaka 45.

Ronaldo umaze igihe yitwara neza muri Al Nassr no mw’ikipe y’igihugu ndetse akaba aherutse gufasha iyi kipe ya Al Nassr kwegukana igikombe cya Saudi Pro League, imyitegura ayigeze kure yo gukina Igikombe cy’Isi ku nshuro ya gatandatu, ibintu byamaze kumugira umwe mu bakinnyi bafite amateka akomeye muri ruhago.

Martinez yavuze ko Ronaldo ari urugero rwiza ku bakinnyi bato kubera uburyo ahora ashaka gutera imbere no gukomeza gukora cyane.

Yagize ati: “Cristiano ntabwo akinira gusa gutwara ibikombe, ahubwo ahora afite inyota yo gukomeza gutsinda no kwiyubaka.”

Ku bijyanye n’Igikombe cy’Isi cya 2030 kizabera muri Portugal, Espagne na Maroc, Martinez yagize ati “Nta muntu ukwiye gushidikanya kuri Cristiano Ronaldo. Yabiharaniye kandi aracyafite ubushake bwo gukomeza gukina ku rwego rwo hejuru.”
Yakomeje avuga ko imitekerereze ya Ronaldo, imyitozo ikomeye ndetse no kwita ku mubiri we ari byo bituma akomeza kuguma ku rwego rwo hejuru imyaka myinshi.

Nubwo benshi batekereza ko Igikombe cy’Isi cya 2026 kizaba icya nyuma kuri Ronaldo, Martinez we yemeza ko nta kidashoboka ku mukinnyi ufite umuhate nk’uwo.

Aime Augustin
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 17 =

Previous Post

Icyo icukumbura rigaragaza ku ifungwa riri kuvugwaho cyane ry’umuganga w’abagore uzwi mu Rwanda Dr.Semwaga

Next Post

Umugabo yafiwe mu cyuho amaze kwiba umucuruzi miliyoni 1,7 Frw

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Hamenyekanye umukinnyi wa mbere APR ishobora guheraho igura mu mwaka mushya w’imikino

Hamenyekanye umukinnyi wa mbere APR ishobora guheraho igura mu mwaka mushya w’imikino

by radiotv10
27/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yamaze kumvikana n’umunyezamu ukomoka muri Mozambique witwa Ernan Alberto Siluane wari usanzwe ukina iwabo mu ikipe...

Next Post
Umugabo yafiwe mu cyuho amaze kwiba umucuruzi miliyoni 1,7 Frw

Umugabo yafiwe mu cyuho amaze kwiba umucuruzi miliyoni 1,7 Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.