Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ikipe ikomeye i Burayi ikorana n’u Rwanda iri kurambagiza umutoza w’umunyabigwi

radiotv10by radiotv10
08/05/2023
in AMAHANGA, FOOTBALL, SIPORO
0
Ikipe ikomeye i Burayi ikorana n’u Rwanda iri kurambagiza umutoza w’umunyabigwi
Share on FacebookShare on Twitter

Bikomeje kuvugwa ko Paris Saint Germain (PSG) yifuza umutoza mushya aho José Mourinho, akaba ari mu bahabwa amahirwe menshi yo gutoza iyi kipe isanzwe ikorana n’u Rwanda muri gahunda yo guhamagarira abatuye Isi gusura u Rwanda.

Nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru cyitwa RMC Sport binyuze muri Diario AS, uyu mutoza w’Umunya Portugal, José Mourinho, na we yaba yishimiye kuva mu ikipe ya AS Roma, atoza kuri ubu, maze akerekeza muri PSG. José Mourinho n’ikipe ya AS Roma bari ku mwanya wa 7 muri Shampiyona y’Ubutaliyani, Serie A, aho barushwa amanota 5 n’ikipe iri ku mwanya wa 4, nibura wabahesha kuzakina UEFA Champions League y’umwaka utaha w’imikino, 2023-2024. Gusa ariko iyi AS Roma, batazira Giallorossi, iri kwitegura umukino wa 1/2 cy’irangiza muri UEFA Europa League izahuramo na Bayer Leverkusen kuri uyu wa 4 w’iki Cyumweru.

Amakuru aravuga ko Umutoza Christophe Galtier, iminsi ye muri Paris Saint Germain iri kugerwa ku mashyi kandi ko Mourinho, nyuma y’uko atabashije kuzana abakinnyi yifuzaga muri AS Roma mu mpeshyi iheruka, kuri ubu byamushimisha kuva muri iyi AS Roma, ikinira kuri Stadio Olimpico y’i Roma, nyamara ayifitemo amasezerano, biteganyijwe ko, azamugeza muri 2024. Ibi bivuze ko byasaba ibiganiro na AS Roma kugira ngo abe yayivamo.

Kugeza ubu, Luis Campos, ushinzwe ibijyanye na Sports (Sporting Director) muri PSG, bivugwa ko yamaze gutangira kugirana ibiganiro na mwene wabo w’Umunya Portugal, José Mourinho, nubwo ngo batabitangaza ku mugaragaro kugeza batwaye igikombe cya Shampiyona y’Ubufaransa, Ligue 1, y’uyu mwaka w’imikino 2022-2023. Ku rundi ruhande ariko bari babanje kwifuza Zinedine Zidane, wahoze atoza ikipe ya Real Madrid, ariko uyu mutoza w’Umufaransa akaba yaragiye abatera utwatsi.

Birasa n’aho Ikinyamakuru dukesha iyi nkuru kidasobanura neza uruhande ikipe ya PSG ihagazemo, dore ko Zidane na Mourinho bafite imitoreze itandukanye, ariko na none birushaho kugaragara ko gutwara igikombe cya UEFA Champions League ari byo byonyine byatuma umutoza wa PSG arambana akazi ke, akaba yarenza umwaka muri iyi kipe.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 7 =

Previous Post

Perezida Kagame ayoboye Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yiga ku ngingo irebana n’ibyashenguye benshi

Next Post

DRCongo: Hagaragaye amashusho ababaje y’abo bivugwa ko ari FDLR barasa inka z’Abanyekongo b’Abatutsi

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Hagaragaye amashusho ababaje y’abo bivugwa ko ari FDLR barasa inka z’Abanyekongo b’Abatutsi

DRCongo: Hagaragaye amashusho ababaje y’abo bivugwa ko ari FDLR barasa inka z’Abanyekongo b’Abatutsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.