Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ikipe y’i Burayi ikunzwe mu Rwanda yinjiranye icyizere gihagije mu irushanwa yari inyotewe

radiotv10by radiotv10
21/09/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ikipe y’i Burayi ikunzwe mu Rwanda yinjiranye icyizere gihagije mu irushanwa yari inyotewe
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri Sitade ya Emirates, ikipe ya Arsenal FC y’i Londres mu Bwongereza, iri mu zifite abafana benshi mu Rwanda, yongeye kugaruka mu mikino ya UEFA Champions League, aho umukino wa mbere yanyagiye PSV Eindhoven yo mu Buholandi ibitego 4-0.

Ibitego bya Bukayo Saka, Leandro Trossard, Gabriel Jesus na Martin Odegaard ni byo byatumye abafana ba Arsenal FC bongera kumwenyura muri iri rushanwa batari baherutsemo.

Hari hashize imyaka igera kuri itandatu (6) iyi kipe ititabira imikino ya UEFA Champions League, mu kiganiro n’itangazamakuru mbere y’uyu mukino, umutoza Mikel Arteta yari yatangaje ko bataje gusuhuza abahari ngo bakomeze ahubwo ko baje kuhaguma no kugerageza kuritwara.

Arsenal imaze iminsi yerekana ko yahinduye mu buryo bukomeye nyuma y’uko umwaka ushize w’imikino yahataniye igikombe cya Shampiyona ikagitakaza mu mikino micye ya nyuma, isoreza ku mwanya wa kabiri.

Muri iyi mikino y’ijonjora ya UEFA Champions League, Arsenal iri mu itsinda risa nk’iritazayigora cyane, aho iri kumwe na FC Sevilla yo muri Espagne, Lens yo mu Bufaransa ndetse na PSV Eindhoven yo mu Buholandi yaraye inatsinze. Kugeza ubu ubwo Arsenal FC yaherukaga muri iyi mikino, umukinnyi umwe gusa ni we usigaye muri iyi kipe wari uri mu ikipe yaherukaga gukina iyi mikino [Mohammed Elneny] na we utarimo gukoreshwa cyane nubwo ubu yavunitse.

Abel Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − one =

Previous Post

Uko byagendekeye abarimo binjiza mu Rwanda ibitemewe birenga ibihumbi 500

Next Post

Perezida Tshisekedi yongeye gutungurana imbere ya LONI agira icyo ayisaba

Related Posts

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

by radiotv10
22/12/2025
0

Ubuyobozi bw'ikipe ya Rayon Sports bwemeje ku mugaragaro umutoza mushya, Bruno Ferry, ukomoka mu Bufaransa, nyuma yo gushyira umukono ku...

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

Hagiye hanze amakuru y’umwuga rurangiranwa Cristiano Ronaldo ashobora kuzerekezamo nyuma ya ruhago

by radiotv10
19/12/2025
0

Hari amakuru avuga ko ubwo Cristiano Ronaldo azaba arangije amasezerano ye muri Al Nassr muri 2027 ashobora guhindura ubuzima akajya...

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

by radiotv10
18/12/2025
0

Umunyamabanga akaba n’Umuvugizi wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier, yatangaje ko nta gahunda iyi kipe ifite yo gusinyisha Umunya-Misiri Ali Ismael...

IZIHERUKA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo
MU RWANDA

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

22/12/2025
AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

22/12/2025
I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Tshisekedi yongeye gutungurana imbere ya LONI agira icyo ayisaba

Perezida Tshisekedi yongeye gutungurana imbere ya LONI agira icyo ayisaba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abapolisi binjiye muri Polisi y’u Rwanda bagaragaje ubumenyi bahawe burimo ubwo guhosha imyigaragambyo

BREAKING: Umuyobozi w’Ikigo Ngoraramuco wanigeze kuba Mayor w’Akarere kamwe mu Rwanda yatawe muri yombi

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.