Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ikipe y’i Burayi ikunzwe mu Rwanda yinjiranye icyizere gihagije mu irushanwa yari inyotewe

radiotv10by radiotv10
21/09/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ikipe y’i Burayi ikunzwe mu Rwanda yinjiranye icyizere gihagije mu irushanwa yari inyotewe
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri Sitade ya Emirates, ikipe ya Arsenal FC y’i Londres mu Bwongereza, iri mu zifite abafana benshi mu Rwanda, yongeye kugaruka mu mikino ya UEFA Champions League, aho umukino wa mbere yanyagiye PSV Eindhoven yo mu Buholandi ibitego 4-0.

Ibitego bya Bukayo Saka, Leandro Trossard, Gabriel Jesus na Martin Odegaard ni byo byatumye abafana ba Arsenal FC bongera kumwenyura muri iri rushanwa batari baherutsemo.

Hari hashize imyaka igera kuri itandatu (6) iyi kipe ititabira imikino ya UEFA Champions League, mu kiganiro n’itangazamakuru mbere y’uyu mukino, umutoza Mikel Arteta yari yatangaje ko bataje gusuhuza abahari ngo bakomeze ahubwo ko baje kuhaguma no kugerageza kuritwara.

Arsenal imaze iminsi yerekana ko yahinduye mu buryo bukomeye nyuma y’uko umwaka ushize w’imikino yahataniye igikombe cya Shampiyona ikagitakaza mu mikino micye ya nyuma, isoreza ku mwanya wa kabiri.

Muri iyi mikino y’ijonjora ya UEFA Champions League, Arsenal iri mu itsinda risa nk’iritazayigora cyane, aho iri kumwe na FC Sevilla yo muri Espagne, Lens yo mu Bufaransa ndetse na PSV Eindhoven yo mu Buholandi yaraye inatsinze. Kugeza ubu ubwo Arsenal FC yaherukaga muri iyi mikino, umukinnyi umwe gusa ni we usigaye muri iyi kipe wari uri mu ikipe yaherukaga gukina iyi mikino [Mohammed Elneny] na we utarimo gukoreshwa cyane nubwo ubu yavunitse.

Abel Deus KWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 13 =

Previous Post

Uko byagendekeye abarimo binjiza mu Rwanda ibitemewe birenga ibihumbi 500

Next Post

Perezida Tshisekedi yongeye gutungurana imbere ya LONI agira icyo ayisaba

Related Posts

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

by radiotv10
17/11/2025
0

Umuyobozi w’Urwego rw'Ikirego rw’Umuryango wa Rayon Sports, Paul Muvunyi yatangaje ko Inama y’Inteko Rusange yari yatumije, isubitswe, ikazaba igihe kizatangazwa....

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

by radiotv10
14/11/2025
0

Nyuma yuko Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thadée, atangaje ko ikipe yamaze gutandukana n’umutoza Afahmia Lotfi kubera umusaruro muke, ibintu...

Aimable Nsabimana yahishuye ko yatekereje kureka umupira kubera ubuhemu yakorewe na Perezida wa Rayon

Perezida wa Rayon yizeje gukemura burundi bimwe mu bibazo biyibereye umutwaro

by radiotv10
13/11/2025
0

Perezida wa Rayon Sports, Twagirayezu Thaddée, yatangaje ko ubuyobozi bwa Rayon Sports bugiye gukemura burundu ikibazo cy’umutoza Robertinho ndetse n’icya...

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

Handball: U Rwanda ruramenya itsinda ruherereyemo mu gikombe cya Afurika ruzakira bwa mbere

by radiotv10
12/11/2025
0

Tombola y’amatsinda y’Igikombe cya Afurika muri Handball (Men’s Handball Africa Cup of Nations) kizabera mu Rwanda mu kwezi kwa mbere...

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

Umunyezamu Kwizera Olivier utaheruka kwambara umwambaro w’Amavubi yongeye guhamagarwa mu ikipe y’Igihugu

by radiotv10
12/11/2025
0

Ikipe y’igihugu Amavubi yahamagaye abakinnyi 25 bagomba gutangira umwiherero, barimo umunyezamu Kwizera Olivier wanyuze mu makipe anyuranye mu Rwanda no...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga
MU RWANDA

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Tshisekedi yongeye gutungurana imbere ya LONI agira icyo ayisaba

Perezida Tshisekedi yongeye gutungurana imbere ya LONI agira icyo ayisaba

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.