Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ikipe y’ibigwi i Burayi yinjije rurangiranwa mu bwugarizi uzayirambamo

radiotv10by radiotv10
10/07/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ikipe y’ibigwi i Burayi yinjije rurangiranwa mu bwugarizi uzayirambamo
Share on FacebookShare on Twitter

Lucas Hernandez, wakinaga mu ikipe ya Bayern Munich yanafashije kwegukana ibikombe bikomeye binyuranye, yamaze gusinyira Paris Saint Germain amasezerano y’imyaka 5 azamugeza muri 2028.

Ikipe ya Paris Saint Germain (PSG) yasinyishije amasezerano y’imyaka 5, kugeza muri 2028, myugariro w’Umufaransa Lucas Hernandez imukuye muri Bayern Munich kuri miliyoni 47 z’ama Euros.

Uyu Mufaransa Lucas Hernandez, ushobora gukina nka myugariro wo hagati cyangwa inyuma ku ruhande rw’ibumoso, akaba ari na mukuru wa Theo Hernandez, ukinira AC Milan.

Yasinye amasezerano y’imyaka 5 muri Paris Saint Germain, aho iyi kipe igomba kumutangaho miliyoni 40 z’ama Euros, zingana na miliyoni 34 n’ibihumbi 200 z’ama Pounds, zizongerwaho n’andi macye.

Lucas Hernandez, w’imyaka 27, yari asigaranye umwaka umwe ku masezerano ye muri Bayern Munich, ariko kubera umubano mwiza hagati y’iyi kipe na Paris Saint Germain byatumye Bayern Munich imurekura nubwo amafaranga yamutanzweho ari macye ugereranyije n’ayo yifuzwagamo n’iyi kipe yo mu Budage.

Lucas Hernandez, nubwo yakuriye muri Espagne, akanyura mu ikipe y’abato ya Rayo Majadahonda n’iya Atletico Madrid, yaje no gukuriramo, yavukiye mu Bufaransa mu mujyi wa Marseille, dore ko Se “Jean François Hernandez” yahoze akinira ikipe ya Olympique de Marseille hagati y’1995 n’1997.

Lucas Hernandez, wakiniraga Bayern Munich kuva muri 2019, aganira n’urubuga rwa Paris Saint Germain, yavuze ko yishimye cyane ndetse ko yari amaze igihe kinini ategereje kujya muri PSG bikaba birangiye bibaye. Uyu Lucas yongeyeho ko ari umunsi udasanzwe na gato kuri we kandi ko yishimiye kuba ayigezemo.

Naho ikipe ya Paris Saint Germain yo yabitangaje muri aya magambo, “Paris Saint Germain yakiriye undi mukinnyi watwaye igikombe cy’isi mu ikipe, dore ko akinira n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa kuva muri Werurwe 2018, ni Lucas Hernandez wabaye umukinnyi w’inkingi ya mwamba mu ikipe ya Didier Deschamps yatwaye igikombe cy’isi cyabereye mu Burusiya, aho yanatanzemo imipira 2 yabyaye ibitego, nyamara byari nyuma y’amezi make atangiye guhamagarwa n’Ubufaransa.”

Lucas Hernandez, yanatwaranye n’u Bufaransa igikombe cya UEFA Nations League muri 2021, naho mu makipe asanzwe, Lucas Hernandez, ari muri Atletico Madrid nkuru yakiniye kuva muri 2014, yatwaye Europa League na UEFA Super Cup muri 2018.

Muri 2020, Lucas Hernandez, wari uri muri Bayern Munich, yari amaze gutwarana na yo ibikombe bitari munsi ya 6, birimo icya Champions League, icya Shampiyona y’Ubudage Bundesliga, ikindi gikombe cya UEFA Super Cup, icya FIFA Club World Cup, igikombe cy’igihugu cy’Ubudage (German Cup) n’ikindi cyitwa German Super Cup.

Lucas Hernandez yongeye gutwara ibindi bikombe bya Shampiyona muri 2021, 2022 na 2023, aho yari yanatwaye n’ikindi gikombe cya German Super Cup muri 2022.

Cedrick KEZA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 12 =

Previous Post

Perezida Kagame i Bahamas yitabiriye ibikorwa birimo n’ibyo yaherewemo ishimwe ry’icyubahiro (AMAFOTO)

Next Post

Perezida wo muri Afurika yatangaje icyemezo kinyuranye n’icya mugenzi we

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida wo muri Afurika yatangaje icyemezo kinyuranye n’icya mugenzi we

Perezida wo muri Afurika yatangaje icyemezo kinyuranye n’icya mugenzi we

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.