Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imana isekeye umuryango w’Umwana wabyimbye inda bikabije hakabura ubushobozi bwo kumuvuza

radiotv10by radiotv10
22/11/2021
in MU RWANDA
0
Imana isekeye umuryango w’Umwana wabyimbye inda bikabije hakabura ubushobozi bwo kumuvuza
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Ubuvuzi n’Ubuzima Rusange muri Ministeri y’Ubuzima, Dr Ntihabose Crorneille yizeje ko bagiye gukurikirana ikibazo cy’umwana warwaye indwara y’amayobera yatumye abyimba inda mu buryo budasanzwe hakaza kubura ubushobozi bwo gukomeza kuvurwa mu gihe n’abagiraneza bakomeje guca hirya no hino bafasha uriya muryango ngo uvuze umwana wabo.

Ikinyamakuru The Chronicles cyashyize ubutumwa kuri Twitter busa nk’ubuvunyishiriza uyu mwana w’Imyaka itanu wo mu Murenge wa Rweru mu Karere ka Bugesera wabyimbye inda kuva mu myaka ine ishize.

Ubutumwa bw’iki nkinyamakuru, bugira buti “Ababyeyi b’uyu mwana batangaza ko ibitaro bikomeye mu Rwanda bya CHUK byariho bimuvura ariko ababyeyi bakaza kubibwira ko batabona amafaranga akenewe ubundi bagasubiza umwana mu rugo.”

Dr Ntihabose Crorneille, Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Ubuvuzi n’Ubuzima Rusange muri Ministeri y’Ubuzima, asubiza ubu butumwa, yavuze ko bagiye gukurikirana iby’iki kibazo.

Mu butumwa na we yashyize kuri Twitter asubiza buriya butumwa, yagize ati “Tugiye kubaza amakuru ajyanye n’ubuvuzi bwe [isuzumwa rye, ubuvuzi yahabwa] muri CHUK no mu Bitaro bya Nyamata ubundi tuzayagenderaho tugira icyo dukora mu nyungu z’umwarwayi.”

Ababyeyi b’uriya mwana ubaherutse gusurwa n’Ikinyamakuru gikorera kuri YouTube, Isimbi TV, bari bakibwiye ko babuze ubushobozi bwo gukomeza kuvuza uyu mwana.

Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru, Murungi Sabin ukora kuri iyi YouTube Channel ya Isimbi TV, yatangaje ko umubyeyi w’uriya mwana yamuhamagaye akamubwira ko bamwe mu bagiraneza bamaze kumuha amafaranga arenga ibihumbi 400 Frw yo kugira ngo afashwe kuvurwa.

Ubutumwa bwa Murungi Sabin bwanditswe ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru, bwagiraga biti “Ejo mu cya kare bazazindukira kwa muganga ndetse ngo Ubuyobozi bw’ibanze mu Murenge wa Rweru bwamwemereye ko buzamufasha akabona ibyangombwa bituma asubira CHUK vuba na bwangu kugira ngo uyu mwana avurwe.”

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 10 =

Previous Post

Rugiye kwambikana hagati ya APR na Rayon…Abazawusifura bamenyekanye, ticket ya 20.000Frw

Next Post

Meddy na Platini P batashye amaramasa muri AFRIMA2021 yahiriye umuhanzi w’imyaka 13

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US
AMAHANGA

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

by radiotv10
05/01/2026
0

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

05/01/2026
Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

Ibivugwa nyuma yuko America ifatiye Perezida wa Venezuela mu Gihugu cye muri operasiyo rurangiza

04/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Meddy na Platini P batashye amaramasa muri AFRIMA2021 yahiriye umuhanzi w’imyaka 13

Meddy na Platini P batashye amaramasa muri AFRIMA2021 yahiriye umuhanzi w’imyaka 13

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.