Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Imana isekeye umuryango w’Umwana wabyimbye inda bikabije hakabura ubushobozi bwo kumuvuza

radiotv10by radiotv10
22/11/2021
in MU RWANDA
0
Imana isekeye umuryango w’Umwana wabyimbye inda bikabije hakabura ubushobozi bwo kumuvuza
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Ubuvuzi n’Ubuzima Rusange muri Ministeri y’Ubuzima, Dr Ntihabose Crorneille yizeje ko bagiye gukurikirana ikibazo cy’umwana warwaye indwara y’amayobera yatumye abyimba inda mu buryo budasanzwe hakaza kubura ubushobozi bwo gukomeza kuvurwa mu gihe n’abagiraneza bakomeje guca hirya no hino bafasha uriya muryango ngo uvuze umwana wabo.

Ikinyamakuru The Chronicles cyashyize ubutumwa kuri Twitter busa nk’ubuvunyishiriza uyu mwana w’Imyaka itanu wo mu Murenge wa Rweru mu Karere ka Bugesera wabyimbye inda kuva mu myaka ine ishize.

Ubutumwa bw’iki nkinyamakuru, bugira buti “Ababyeyi b’uyu mwana batangaza ko ibitaro bikomeye mu Rwanda bya CHUK byariho bimuvura ariko ababyeyi bakaza kubibwira ko batabona amafaranga akenewe ubundi bagasubiza umwana mu rugo.”

Dr Ntihabose Crorneille, Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Ubuvuzi n’Ubuzima Rusange muri Ministeri y’Ubuzima, asubiza ubu butumwa, yavuze ko bagiye gukurikirana iby’iki kibazo.

Mu butumwa na we yashyize kuri Twitter asubiza buriya butumwa, yagize ati “Tugiye kubaza amakuru ajyanye n’ubuvuzi bwe [isuzumwa rye, ubuvuzi yahabwa] muri CHUK no mu Bitaro bya Nyamata ubundi tuzayagenderaho tugira icyo dukora mu nyungu z’umwarwayi.”

Ababyeyi b’uriya mwana ubaherutse gusurwa n’Ikinyamakuru gikorera kuri YouTube, Isimbi TV, bari bakibwiye ko babuze ubushobozi bwo gukomeza kuvuza uyu mwana.

Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru, Murungi Sabin ukora kuri iyi YouTube Channel ya Isimbi TV, yatangaje ko umubyeyi w’uriya mwana yamuhamagaye akamubwira ko bamwe mu bagiraneza bamaze kumuha amafaranga arenga ibihumbi 400 Frw yo kugira ngo afashwe kuvurwa.

Ubutumwa bwa Murungi Sabin bwanditswe ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru, bwagiraga biti “Ejo mu cya kare bazazindukira kwa muganga ndetse ngo Ubuyobozi bw’ibanze mu Murenge wa Rweru bwamwemereye ko buzamufasha akabona ibyangombwa bituma asubira CHUK vuba na bwangu kugira ngo uyu mwana avurwe.”

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 3 =

Previous Post

Rugiye kwambikana hagati ya APR na Rayon…Abazawusifura bamenyekanye, ticket ya 20.000Frw

Next Post

Meddy na Platini P batashye amaramasa muri AFRIMA2021 yahiriye umuhanzi w’imyaka 13

Related Posts

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
06/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Meddy na Platini P batashye amaramasa muri AFRIMA2021 yahiriye umuhanzi w’imyaka 13

Meddy na Platini P batashye amaramasa muri AFRIMA2021 yahiriye umuhanzi w’imyaka 13

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.