Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Imibare yabaye myinshi mu ikipe ikomeye ku Isi ishobora gusezererwa n’umutoza yari yegamiyeho

radiotv10by radiotv10
30/03/2023
in FOOTBALL, SIPORO
1
Imibare yabaye myinshi mu ikipe ikomeye ku Isi ishobora gusezererwa n’umutoza yari yegamiyeho
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe hari ubwoba ko umutoza wa Manchester City, Pep Guardiola; ashobora gusezera iyi kipe mu buryo butunguranye, hatangiye gutekerezwa abashobora kumusimbura.

Uyu Munya-Aspagne Pep Guardiola yatoje amakipe akomeye ku Isi, nka FC Barcelona na Bayern Munich yo mu Budage, aheruka kongera amasezerano muri Manchester City yo kugeza mu mwaka wa 2025, bivuze ko aramutse ashoje amasezerano ye yazayisohokamo ayimazemo imyaka 9.

Uyu mutoza uri mu bahanga bakomeye amaze guhesha Manchester City ibikombe bine (4) bya Premier League, ibya Carabao cup 4 na FA Cup 1.

Naho mu marushanwa nyaburayi icyo yakoze gikomeye ukugeza iyi kipe ku mukino wa nyuma ariko ntibabasha kucyegukana, gusa n’uyu mwaka baracyarimo muri Champions League.

Nubwo bimeze gutya ariko, ubwoba ni bwose yaba mu bafana ba Manchester City ndetse n’abandi bakurikiranira hafi iby’umupira w’u Bwongereza bavuga ko ku musozo w’uyu mwaka w’imikino, Pep Guardiola ashobora gusezera aka kazi.

Pep Guardiola yahesheje ibikombe byinshi Man City

Manchester City yatangiye gutekereza bimwe mu bisubizo bihari, cyane cyane ko ubu hari amazina ari ku isoko adafite akazi.

Uwa mbere uvugwa cyane, ni Luis Enrique na we watoje FC Barcelona ndetse uheruka no gutandukana n’ikipe y’Igihugu ya Espagne.

Uyu mugabo utekerezwaho imbere mu ikipe ya Manchester City, amakuru avuga ko akundwa bikomeye na Txiki Begiristain umuyobozi w’ibijyanye na siporo muri Manchester City ndetse ko bizeye ko mu gihe baba batandukanye na Guardiola uyu mugabo yakomereza aho yaragejeje neza neza bitiriwe bigorana.

Aganira n’ibitangazamakuru byo muri Espagne, Luis Enrique yavuze ko yakiriye ubusabe bw’amakipe menshi harimo n’ayo mu Bwongereza ndetse anemeza ko yifuza kuba yajya gutoza mu Bwongereza ariko akajya mu ikipe ifite gahunda nzima yo guhatanira ibintu binini. Luis Enrique yagiye avugwa mu makipe atandukanye nka Chelsea, Tottenham n’ayandi.

Luis Enrique ushobora kuzasimbura Pep Guardiola

Deus KWIZERA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Umuhire_bienvenue says:
    2 years ago

    I can’t believe ko pep yagenda

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − six =

Previous Post

Umuyobozi ukomeye mu Gihugu cy’Igihangange akigera mu baturanyi b’u Rwanda yagize icyo atangaza

Next Post

Amakuru mashya ku bya SACCO yibwe 25.000.000Frw mu buryo bw’urujijo

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

Iby’ingenzi wamenya ku mukinnyi w’Umunyekongo wasinyiye Rayon Sports

by radiotv10
09/07/2025
0

Ikipe ya Rayon Sports FC yasinyishije rutahizamu w’Umunyekongo, Chadrack Bingi Belo, aba umukinnyi mushya wa 6 uyisinyiye iyi kipe avuye...

Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

Uwayezu wayoboye Rayon yongeye kugaragarizwa ibyishimo n’abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
09/07/2025
0

Uwayezu Jean Fidèle wigeze kuba Perezida wa Rayon Sports akaza kwegura, yagaragarijwe urukundo n’abakunzi b’iyi kipe, bamweretse ko bazirikana ibyo...

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

by radiotv10
08/07/2025
0

Rwanda is delighted to welcome three Arsenal Women Football Club Players Katie McCabe, Caitlin Foord and Laia Codina who landed...

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

APR FC yamanuye rutahizamu wari umaze iminsi ategerejwe wanakinnye i Burayi

by radiotv10
07/07/2025
0

Ikipe y’Ingabo z’u Rwanda APR FC yasinyishije rutahizamu w’Umunya- Côte d'Ivoire, William Togui Mel wari umaze iminsi avugwaho kuzinjira muri...

We are here to showcase how beautiful Rwanda is- Legend Jay-Jay Okocha after arriving in Rwanda

We are here to showcase how beautiful Rwanda is- Legend Jay-Jay Okocha after arriving in Rwanda

by radiotv10
07/07/2025
0

Two football icons with global recognition, Jay-Jay Okocha and Didier Domi, have arrived in Rwanda as part of a five-day...

IZIHERUKA

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi
AMAHANGA

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

M23 yageneye ubutumwa Perezida wa Uganda ku cyemezo yafashe kikayinyura

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

10/07/2025
Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

Three Arsenal WFC players visited Kigali Genocide Memorial

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bya SACCO yibwe 25.000.000Frw mu buryo bw’urujijo

Amakuru mashya ku bya SACCO yibwe 25.000.000Frw mu buryo bw’urujijo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.