Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Imikino yahagaritswe, Amavubi ahabwa umwihariko

radiotv10by radiotv10
31/12/2021
in SIPORO
0
Imikino yahagaritswe, Amavubi ahabwa umwihariko
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri ya Siporo yasubitse ibikorwa by’imikino, iha umwihariko ikipe y’Igihugu iri kwitegura imikino mpuzamahanga ya gicuti, ko ishobora gukora imyitozo mu muhezo.

Minisiteri ya Siporo yasohoye itangazo kuri uyu wa Kane tariki 30 Ukuboza 2021 rikubiyemo amabwiriza mashya y’ibikorwa bya Siporo agamije gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

Aya mabwiriza azatangira kubahirizwa kuva kuri uyu wa 01 Mutarama 2022, avuga ko ibikorwa bya siporo y’umuntu ku giti cye n’izikorerwa ahantu hanze abantu bategeranye bizakomeza.

Ingingo ya kabiri y’aya mabwiriza, igira iti “Imyitozo y’amakipe ndetse n’amarushanwa bigengwa n’ingaga za siporo, birasubitswe.”

Iya gatatu ikagira iti “Amakipe y’Igihugu na Clubs ari mu mwiherero yitegura imikino mpuzamahanga yemerewe gukora imyitozo yayo. Iyi myitozo igomba kubera mu muhezo.”

Ibi bivuze ko shampiyona y’umupira w’amaguru yari igeze aharyoshye, yabaye ihagaze mu gihe hanavugwaga ubwandu bwinshi bwa COVID-19 muri bamwe mu bakinnyi b’amwe mu makipe.

Iyi shampiyona ihagaritse nyuma y’uko Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuriza Charles uzwi nka KNC yari yatangaje ko hari amwe mu makipe akinisha abakinnyi barwaye icyorezo cya COVID-19 aho na we ikipe ye yari yarwaje abakinnyi batanu mbere y’uko ihura na Police FC.

Gusa Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru FERWAFA ryari ryanyomoje aya makuru, rivuga ko ibi byatangajwe na KNC ari ibihuha kuko abakinnyi bose bajya mu kibuga baba basuzumwe kandi ko bikoranwa ubushishozi n’abakozi b’iri shyirahamwe.

KNC yari yasabye ko abakinnyi bajya bapimirwa kuri Stade bagiye gukina kugira ngo ibisubizo byabo bigaragarire buri wese.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 2 =

Previous Post

Ngororero: Abanyeshuri batwitse ibitanda bakatiwe imyaka 5…Ababyeyi bati “Ubutabera bwihanukiriye”

Next Post

Gasabo: Inzoga zishe abantu zahagurukiwe…Ubuyobozi bwakoze umukwabu wo kuzihiga bukware

Related Posts

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gasabo: Inzoga zishe abantu zahagurukiwe…Ubuyobozi bwakoze umukwabu wo kuzihiga bukware

Gasabo: Inzoga zishe abantu zahagurukiwe…Ubuyobozi bwakoze umukwabu wo kuzihiga bukware

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.