Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Imikino yahagaritswe, Amavubi ahabwa umwihariko

radiotv10by radiotv10
31/12/2021
in SIPORO
0
Imikino yahagaritswe, Amavubi ahabwa umwihariko
Share on FacebookShare on Twitter

Minisiteri ya Siporo yasubitse ibikorwa by’imikino, iha umwihariko ikipe y’Igihugu iri kwitegura imikino mpuzamahanga ya gicuti, ko ishobora gukora imyitozo mu muhezo.

Minisiteri ya Siporo yasohoye itangazo kuri uyu wa Kane tariki 30 Ukuboza 2021 rikubiyemo amabwiriza mashya y’ibikorwa bya Siporo agamije gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

Aya mabwiriza azatangira kubahirizwa kuva kuri uyu wa 01 Mutarama 2022, avuga ko ibikorwa bya siporo y’umuntu ku giti cye n’izikorerwa ahantu hanze abantu bategeranye bizakomeza.

Ingingo ya kabiri y’aya mabwiriza, igira iti “Imyitozo y’amakipe ndetse n’amarushanwa bigengwa n’ingaga za siporo, birasubitswe.”

Iya gatatu ikagira iti “Amakipe y’Igihugu na Clubs ari mu mwiherero yitegura imikino mpuzamahanga yemerewe gukora imyitozo yayo. Iyi myitozo igomba kubera mu muhezo.”

Ibi bivuze ko shampiyona y’umupira w’amaguru yari igeze aharyoshye, yabaye ihagaze mu gihe hanavugwaga ubwandu bwinshi bwa COVID-19 muri bamwe mu bakinnyi b’amwe mu makipe.

Iyi shampiyona ihagaritse nyuma y’uko Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuriza Charles uzwi nka KNC yari yatangaje ko hari amwe mu makipe akinisha abakinnyi barwaye icyorezo cya COVID-19 aho na we ikipe ye yari yarwaje abakinnyi batanu mbere y’uko ihura na Police FC.

Gusa Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru FERWAFA ryari ryanyomoje aya makuru, rivuga ko ibi byatangajwe na KNC ari ibihuha kuko abakinnyi bose bajya mu kibuga baba basuzumwe kandi ko bikoranwa ubushishozi n’abakozi b’iri shyirahamwe.

KNC yari yasabye ko abakinnyi bajya bapimirwa kuri Stade bagiye gukina kugira ngo ibisubizo byabo bigaragarire buri wese.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 19 =

Previous Post

Ngororero: Abanyeshuri batwitse ibitanda bakatiwe imyaka 5…Ababyeyi bati “Ubutabera bwihanukiriye”

Next Post

Gasabo: Inzoga zishe abantu zahagurukiwe…Ubuyobozi bwakoze umukwabu wo kuzihiga bukware

Related Posts

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

by radiotv10
26/01/2026
0

Rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, uheruka gutandukana n’ikipe ya Rayon Sports, yerekeje mu ikipe ya AS Kigali, aho yasinye amasezerano y’amezi...

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

by radiotv10
25/01/2026
0

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball yerekeje amaso ku gikombe kiswe 'President Cup' mu mikino y'Igikombe cya Afurika, itangira itsinda...

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon Sports yatangaje ko yatandukanye na rutahizamu w’Umunya-Mali, Adama Bagayogo, wari umwe mu bakinnyi bafatwaga nk’ahazaza ha Gikundiro, nyuma y’imyaka...

IZIHERUKA

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda
MU RWANDA

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

28/01/2026
Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gasabo: Inzoga zishe abantu zahagurukiwe…Ubuyobozi bwakoze umukwabu wo kuzihiga bukware

Gasabo: Inzoga zishe abantu zahagurukiwe…Ubuyobozi bwakoze umukwabu wo kuzihiga bukware

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.