Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zaramukiye mu myigaragambyo zahayemo ubutumwa Tshisekedi na FLDR

radiotv10by radiotv10
04/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zaramukiye mu myigaragambyo zahayemo ubutumwa Tshisekedi na FLDR
Share on FacebookShare on Twitter

Impunzi z’Abanyekongo zicumbikiwe mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora imyigaragambyo zamagana Jenoside iri gukorerwa bene wabo b’Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi, zivuga n’abo bashinja ubu bwicanyi.

Izi mpunzi z’Abanyekongo, zirimo izimaze imyaka irenga 20 zihungiye mu Rwanda, kubera ibikorwa by’ubwicanyi byakunze gukorerwa Abanyekongo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Ni imyigaragambyo yabereye mu nkambi zitandukanye zirimo, iya Kiziba mu Karere ka Karongi, ndetse n’iya Nkamira mu Karere ka Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba.

Izi mpunzi zitwaje ibyapa byanditseho ubutumwa zifuza gutanga, burimo ubugira buti “Impunzi z’Abanyekongo twamaganye Jenoside iri gukorwa na Leta ya DRC/Kinshara, igakorerwa Abatutsi bo muri Kivu ya Ruguru, Abanyamulenge bo muri Kivu y’Epfo n’Abahema bo muri Ituri.”

Mu majwi arangurura kandi, izi mpunzi zivuga ko iyi Jenoside iri gukorwa na “Tshisekedi, iri gukorwa na FARDC, iri gukorwa na UDPS, iri gukorwa na SADC, iri gukorwa n’Abarundi, iri gukorwa na Wazalendo,…”

Izi mpunzi kandi zaboneyeho kongera kwikoma umutwe wa FDLR ugizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, bakajya gukomeza gukwirakwiza ingengabitekerezo yayo mu burasirazuba bwa Congo.

Umwe mu bayoboye iyi myigaragambyo mu mu Nkambi ya Kiziba mu Karere ka Karongi, yagize ati “Interahamwe-FDLR zatwimuye iwacu zikaba zituye mu mirima yacu, turayikeneye.”

Mu mpera z’umwaka wa 2022, impunzi z’Abanyekongo zicumbikiwe mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, na bwo zakoze imyigaragambyo, ubwo ibikorwa byo kwica Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda byari bikajije umurego muri Congo.

Ni ubwicanyi bwakomeje gukorwa n’umutwe wa FDLR ndetse n’indi mitwe yitwaje intwaro, imaze igihe iri mu bufatanye bwa FARDC mu rugamba ruhanganishije iki gisirikare cya Leta (FARDC) n’umutwe wa M23.

Izi mpunzi zisaba ko zisubizwa mu Gihugu cyabo birukanywemo na FDLR

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + twenty =

Previous Post

RDF na RNP bakoreye muri Mozambique igikorwa kizafasha kujya hatahurwa amakuru y’iterabwoba

Next Post

DRCongo: Urugamba rwahinduye isura nyuma y’inama idasanzwe y’Abagaba b’Ingabo zagiye gufasha FARDC

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
FOOTBALL

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Urugamba rwahinduye isura nyuma y’inama idasanzwe y’Abagaba b’Ingabo zagiye gufasha FARDC

DRCongo: Urugamba rwahinduye isura nyuma y’inama idasanzwe y’Abagaba b’Ingabo zagiye gufasha FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.