Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zaramukiye mu myigaragambyo zahayemo ubutumwa Tshisekedi na FLDR

radiotv10by radiotv10
04/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zaramukiye mu myigaragambyo zahayemo ubutumwa Tshisekedi na FLDR
Share on FacebookShare on Twitter

Impunzi z’Abanyekongo zicumbikiwe mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, zongeye gukora imyigaragambyo zamagana Jenoside iri gukorerwa bene wabo b’Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi, zivuga n’abo bashinja ubu bwicanyi.

Izi mpunzi z’Abanyekongo, zirimo izimaze imyaka irenga 20 zihungiye mu Rwanda, kubera ibikorwa by’ubwicanyi byakunze gukorerwa Abanyekongo bavuga ururimi rw’Ikinyarwanda by’umwihariko abo mu bwoko bw’Abatutsi.

Ni imyigaragambyo yabereye mu nkambi zitandukanye zirimo, iya Kiziba mu Karere ka Karongi, ndetse n’iya Nkamira mu Karere ka Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba.

Izi mpunzi zitwaje ibyapa byanditseho ubutumwa zifuza gutanga, burimo ubugira buti “Impunzi z’Abanyekongo twamaganye Jenoside iri gukorwa na Leta ya DRC/Kinshara, igakorerwa Abatutsi bo muri Kivu ya Ruguru, Abanyamulenge bo muri Kivu y’Epfo n’Abahema bo muri Ituri.”

Mu majwi arangurura kandi, izi mpunzi zivuga ko iyi Jenoside iri gukorwa na “Tshisekedi, iri gukorwa na FARDC, iri gukorwa na UDPS, iri gukorwa na SADC, iri gukorwa n’Abarundi, iri gukorwa na Wazalendo,…”

Izi mpunzi kandi zaboneyeho kongera kwikoma umutwe wa FDLR ugizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, bakajya gukomeza gukwirakwiza ingengabitekerezo yayo mu burasirazuba bwa Congo.

Umwe mu bayoboye iyi myigaragambyo mu mu Nkambi ya Kiziba mu Karere ka Karongi, yagize ati “Interahamwe-FDLR zatwimuye iwacu zikaba zituye mu mirima yacu, turayikeneye.”

Mu mpera z’umwaka wa 2022, impunzi z’Abanyekongo zicumbikiwe mu nkambi zinyuranye mu Rwanda, na bwo zakoze imyigaragambyo, ubwo ibikorwa byo kwica Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda byari bikajije umurego muri Congo.

Ni ubwicanyi bwakomeje gukorwa n’umutwe wa FDLR ndetse n’indi mitwe yitwaje intwaro, imaze igihe iri mu bufatanye bwa FARDC mu rugamba ruhanganishije iki gisirikare cya Leta (FARDC) n’umutwe wa M23.

Izi mpunzi zisaba ko zisubizwa mu Gihugu cyabo birukanywemo na FDLR

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − sixteen =

Previous Post

RDF na RNP bakoreye muri Mozambique igikorwa kizafasha kujya hatahurwa amakuru y’iterabwoba

Next Post

DRCongo: Urugamba rwahinduye isura nyuma y’inama idasanzwe y’Abagaba b’Ingabo zagiye gufasha FARDC

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo: Urugamba rwahinduye isura nyuma y’inama idasanzwe y’Abagaba b’Ingabo zagiye gufasha FARDC

DRCongo: Urugamba rwahinduye isura nyuma y’inama idasanzwe y’Abagaba b’Ingabo zagiye gufasha FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.