Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Inkomoko y’imibereho iteye agahinda y’umuturage wahoze ari umusore wibeshejeho utabarizwa n’abaturanyi

radiotv10by radiotv10
13/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Inkomoko y’imibereho iteye agahinda y’umuturage wahoze ari umusore wibeshejeho utabarizwa n’abaturanyi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, bavuga ko hakwiye kugira igikorwa ku mugabo wugarijwe n’imibereho mibi irimo umwanda ukabije watumye arwara amavunja, mu gihe mu myaka micye ishize yari umugabo wibeshejeho, ariko imibereho ikaza guhindurwa n’impanuka yagize.

Banyangiriki Patrick w’imyaka 45, atuye mu Mudugudu wa Kabere, Akagari ka Murambi mu murenge wa Rubavu, ubu abayeho mu buzima bubabaje, nyamara abaturanyi be bakavuga ko yahoze ari umusore w’imbaraga uzi no kwibeshaho, ariko akaza kugira impanuka yamusigiye ubumuga bw’ingingo.

Uyu mugabo avuga ko na we ashengurwa n’ibi bibazo by’umwihariko indwara y’amavunja imurembeje, akavuga ko atari ukwanga gukaraba ahubwo ko abura imbaraga zo kujya kuzana amazi nubwo aturiye umugezi.

Uretse aya mavunja amuraza ijoro bugacya adatoye agatotsi, n’inzu abamo, ni ikirangarizwa kuko nta nzugi zibaho, ku buryo ari mu bihe by’imbeho na bwo biba ari ibibazo, kandi ngo ibi byose ubuyobozi burabizi ariko ntacyo bubikoraho.

Ati “Ba Gitifu bose banyura aha ngaha bigendera, umuntu unyikoza ni mudugudu gusa, kuko iyo mubwiye ko nshonje ampa ibiryo.”

Bamwe mu baturanyi b’uyu mugabo bavuga ko bagerageza kumuhandura aya mavunja yamwugarije, ariko bakavuga ko aho aba na ho hashobora kuba impamvu y’ubu burwayi.

Umwe ati “Leta imushyiriyemo ako gasima wenda no mu mudugudu bajya bagerageza gushyiramo amazi bakahakoropa imbaragasa zigapfa.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubavu, Harerimana Blaise ahakana ibivugwa n’uyu muturage ko ubuyobozi butamufasha, ahubwo ko ntacyo budakora.

Yagize ati “Afite ibibazo byinshi by’uburwayi ntabwo ari amavunja gusa ariko yitabwaho.”

Ikibazo cy’amavunja kiri mu byagarutsweho n’Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame mu myaka yashize asaba ko gicika burundu mu baturage b’u Rwanda, nyamara hari bamwe mu baturage bakiyarwaye, benshi muri bo bagahuriza ku kuba biterwa n’imibereho mibi baba babayemo.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

Ukraine nyuma yo kurwana yerekeza mu Burusiya yatangaje umusaruro ukomeye yagezeho

Next Post

Haravugwa drone y’igisirikare cya Uganda yabonetse yashwanyukiye muri Congo n’icyo FARDC igiye kubikoraho

Related Posts

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine
AMAHANGA

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

22/01/2026
Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa drone y’igisirikare cya Uganda yabonetse yashwanyukiye muri Congo n’icyo FARDC igiye kubikoraho

Haravugwa drone y’igisirikare cya Uganda yabonetse yashwanyukiye muri Congo n’icyo FARDC igiye kubikoraho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.