Friday, April 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inteko nshingamategeko irasaba ko imikorere ya RSSB igenzurwa

radiotv10by radiotv10
08/07/2021
in MU RWANDA
0
Inteko nshingamategeko irasaba ko imikorere ya RSSB igenzurwa
Share on FacebookShare on Twitter

Abagize inteko ishinga amategeko y’u Rwanda bavuga basabye minisiteri y’imari n’igenamigambi ubusobanuro bw’amakosa agaragara muri RSSB.

Isesengura ngo ryaberetse ko iki kigo cyangiza imisanzu y’abaturage kubera ko kiyashora mubikorwa bitunguka, ndetse kikanayaguriza abatagikora. Iyi minisiteri yavuze ko bakiri gushaka uko bagaruza iyi misanzu ya rubanda. Ariko ibyo gushora ahatunguka byo bavuze ko inyungu bayiteze mumyaka myinshi iri imbere.

Uru rusobe rw’ibibazo ruri mukigo gishinzwe ubwiteganyirize mu Rwanda RSSB, rushingiye ku isesengura rya raporo y’umugenzuzi mukuru w’uimari ya leta yo muri 2019. Abagize inteko ishinga amategeko bavuga ko byose bishingiye kumiyoborere y’inzego ziri muri iki kigo.

Ariko byagera ku ishami rishinzwe ubwiteganyirize, abadepite bakerekana ko ririmo ibibazo bikomeye.

Umwe mubagepite yagaragaje ko n’abanyamuryango batazi imikoreshereze y’imisanzu ya bo.

“ RSSB irashora amafaranga y’abanyamamuryango kandi ntibazi ikizakurikiraho, kubera ko bayashora ahatunguka.”

Izi ntumwa za rubanda, zasabye minisitiri w’imari n’igenamigambi ko hagomba kubaho uburyo bunoze bwo gukoresha imisanzu y abo ndetse bakanamenyeshwa icyo yinjiza. Ibi kandi ngo bigomba no kujyana n’ingamba zitomora neza umuntu ugomba kuryozwa igihombo cyatewe no gushora iyi misanzu y’abaturage mumishinga itarigeze yigwa neza.

Kuri iyi ngingo, minisitiri w’imari n’igenamigambi Dr. Uzziel Ndagijimana, yavuze ko bari kuvugurura imicungire n’imikoreshereze y’uyu mutungo wa rubanda. Ariko ibijyanye n’urwunguko rw’imishinga ishyirwamo aya mafaranga, na we ngo ayitegereje mumyaka iri imbere.

“ Twibukiranye ko ari ishoramari ry’igihe kirekire. Ishoramari nka ririra ntabwo ari iry’imyaka mikeya, ni iry’igihe kirekire. Ariko inzu irakoreshwa kandi irinjiza.”

See the source image

Minisitiri w’imari n’igenamigambi Dr.Uzziel Ndagijimana ahamya ko hari kuvugururwa imicungire n’imikoreshereze y’uyu mutungo wa rubanda

Umushinga wo kubaka inzu mucyizswe vision city, byari biteganijwe ko wagombaga gutwara akayabo ka Miliyari 77, 594. Ariko muri uwo mwaka basanze harakoreshejwe miliyari 115, 600, 657, 598. Ibi bivue ko harenzeho miliyari 38, 006, 293, 877.

Aya mazu kandi ngo yagurishwaga kugiciro cya 40% by’amafaranga yubatswe. Ibi ngo bishyira leta mugihombo byibuze cya 60%. Hari kandi miliyoni 139,322,728 yagurijwe abari abakozi ba RSSB, ariko kugeza magingo aya ngo ntana kimwe cya kabiri cyayo kiragaruzwa. Ibi biriyongeraho amadeni ya RSSB asaga miliyari 5 ariko ngo ntibazi aho akomoka.

See the source image

RSSB ishinjwa gushora imari mu mishinga itungukira rubanda

Iyi mibare  ni yo abadepite bahera ho bavuga ko imikorere y’iki kigo igomba kwitabwaho, cyane ko ngo aya mafaranga ari umutungo wa rubanda ukoreshwa muburyo butisunze igenamigambi rihamye.

Inkuru ya: Vedaste KUBWIMANA/Radio&TV10 Rwanda

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 4 =

Previous Post

Jovenel Moïse wari perezida wa Haiti yiciwe iwe mu rugo n’abagizi ba nabi

Next Post

EURO 2020: U Bwongereza bwasanze Italy ku mukino wa nyuma bubanje kwigizayo Denmark

Related Posts

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

by radiotv10
16/04/2026
0

Starting a business in Rwanda doesn’t always require millions. In fact, with just 100,000 RWF, you can begin a small...

Perezida Kagame yahuye na Sassou NGuesso habura amasaha ngo arahirire gukomeza kuyobora Congo-Brazzaville

Perezida Kagame yahuye na Sassou NGuesso habura amasaha ngo arahirire gukomeza kuyobora Congo-Brazzaville

by radiotv10
16/04/2026
0

Perezida Paul Kagame uri i Brazzaville muri Repubulika ya Congo, yahuye na mugenzi we Denis Sassou Nguesso wongeye gutorerwa kuyobora...

Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi

Ubuyobozi bwavuze kuri diregiteri w’ishuri bushinja kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
16/04/2026
0

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buremeza ko bwirukanye Umuyobozi w’Ishuri ribanza riherereye mu Murenge wa Rwimiyaga nyuma yo kumutahuraho kuba yaribye...

The Hidden Impact of Bad Smells on Your Health

The Hidden Impact of Bad Smells on Your Health

by radiotv10
16/04/2026
0

Bad smells are something everyone experiences at some point. You walk into a room and instantly notice an unpleasant odor,...

Hygiene tips for full-time employees

Hygiene tips for full-time employees

by radiotv10
16/04/2026
0

Long workdays can leave anyone feeling drained, sweaty, and uncomfortable. Whether you’re in an office, on your feet all day,...

IZIHERUKA

Perezida Ndayishimiye yagize icyo avuga ku rupfu rwa Minisitiri wapfuye urupfu rukomeje kuvugwaho byinshi
AMAHANGA

Perezida Ndayishimiye yagize icyo avuga ku rupfu rwa Minisitiri wapfuye urupfu rukomeje kuvugwaho byinshi

by radiotv10
16/04/2026
0

Perezida w’u Burundi yerecyeje i Brazzaville mu muhango wanitabiriwe na Perezida Kagame

Perezida w’u Burundi yerecyeje i Brazzaville mu muhango wanitabiriwe na Perezida Kagame

16/04/2026
What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

16/04/2026
Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

Umuhanzi The Ben arembeye mu Bitaro

16/04/2026
Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

Haravugwa urupfu rudasobanutse rw’umunyapolitiki wari umwe mu bagize Guverinoma y’u Burundi

16/04/2026
Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

Perezida Museveni yatunguranye agaragaza ubuhanga mu karasa

16/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
EURO 2020: U Bwongereza bwasanze Italy ku mukino wa nyuma bubanje kwigizayo Denmark

EURO 2020: U Bwongereza bwasanze Italy ku mukino wa nyuma bubanje kwigizayo Denmark

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Ndayishimiye yagize icyo avuga ku rupfu rwa Minisitiri wapfuye urupfu rukomeje kuvugwaho byinshi

Perezida w’u Burundi yerecyeje i Brazzaville mu muhango wanitabiriwe na Perezida Kagame

What business can you start in Rwanda with 100,000 RWF?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.