• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
17/06/2025
in MU RWANDA
0
Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Irangamuntu NIDA kiratangaza ko igerageza rya mbere ryo gutanga irangamuntu nshya ikoranye ikoranabuhanga, rizatangira mu kwezi gutaha kwa Nyakanga, kikanavuga itandukaniro ryayo n’isanzwe, aho izajya ihabwa abantu bose kuva ku bakivuka.

Ubuyobozi bw’iki Kigo, butangaza ko ibikorwa remezo bizifashishwa mu gukora izi rangamuntu nshya, bigeze kuri 90% ku buryo mu kwezi gutaha hazaba hatangiye igerageza.

Umuyobozi wa NIDA, Mukesha Josephine avuga ko iyi rangamuntu-koranabuhanga, izaba ikubiyemo amakuru bwite y’umuntu ndetse n’ibipimo ndangamiterere ye.

Ni irangamuntu izaba iri mu buryo butatu, burimo ubw’ikarita rangamuntu ifatika nk’isanzweho, hakaba uburyo bwo gutanga imibare, cyangwa umubare usimbura iyo rangamuntu.

Agaruka ku itandukaniro ry’iyi rangamuntu nshya y’ikoranabuhanga n’isanzwe, Josephine yagize ati “Uyu munsi twatangaga irangamuntu ku bantu bafite imyaka cumi n’itandatu kuzamura, ariko kuri ino rangamuntu-koranabuhanga, tuzayitanga kuva ku muntu akivuka.”

Avuga ko n’ibyiciro by’abantu bahabwa irangamuntu byaguwe, kuko isanzwe yajyaga ihabwa Umunyarwanda, umunyamahanga uzamara mu Rwanda igihe kirengeje amezi atandatu ndetse n’impunzi yahawe ubuhungiro.

Ati “Ubu twarayaguye, tuzayiha n’abimukira, tuzayiha n’abana batoraguwe badafite ababyeyi, tuyihe n’abanyamahanga bari mu Rwanda ku gihe gito ariko bazayikenera ku ntego za serivisi mu buryo butandukanye.”

Irangamuntu isanzwe yabaga ifite imibare igaragaza ibisobanuro kuri nyirayo, aho hari iyagaragazaga umwaka w’amavuko cyangwa igitsina cya nyirayo, mu gihe iyi nshya, itazajya igaragaza ibi byose.

Josephine ati “Iriya mibare itatu ya nyuma ari yo ‘document number’ yajyaga ihinduka, ariko ubu turashaka ngo ibe ari ‘Unique identifier’ [umwihariko] idafite n’icyo ivuga. Uyu munsi iyo urebye irangamuntu umenya niba ari umugore, niba ari umugabo, igihe yavukiye n’ubwenegihugu bwe, ibyo bintu byose rero twabikuyemo, izaba ari umubare random udafite icyo uvuze kuri nyirayo ngo utange amakuru kuri nyirayo.”

Avuga ko system izakoreshwa mu kubika no kwemeza aya makuru, iri ku musozo, ndetse hakaba hari gukorwa igerageza ryayo, mu gihe bimwe mu bikoresho nk’ibizifashishwa mu gufotora, na byo biri mu nzira biza, ku buryo igerageza ryatangira mu kwezi gutaha kwa Nyakanga, ubundi gutanga izi rangamuntu-koranabuhanga bikaba byatangira muri Kanama (08) uyu mwaka.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + twenty =

Previous Post

Umucyo ku bakinnyi bavugwa muri APR barimo n’abayikiniye bashobora kuyigarukamo

Next Post

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.