Saturday, June 14, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Kagame yasohoje isezerano rishingiye ku cyifuzo yagejejweho n’umwe mu bahanzi Nyarwanda

radiotv10by radiotv10
15/07/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, MUZIKA, POLITIKI
0
Kagame yasohoje isezerano rishingiye ku cyifuzo yagejejweho n’umwe mu bahanzi Nyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Paul Kagame, Umukandida wa FPR-Inkotanyi mu Matora ya Perezida wa Repubulika, na Madamu we Jeannette Kagame; bakiriya abahanzi batuye mu Karere ka Bugesera nyuma y’uko abihawemo icyifuzo na Butera Jeanne d’Arc uzwi nka Knowless, ndetse aranabagabira.

Nk’uko tubikesha Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi, Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye aba bahanzi kuri iki Cyumweru tariki 14 Nyakanga 2024, baratarama nk’uko byari byasabwe na Knowless.

Ubunyamabanga Bukuru bwa FPR-Inkotanyi, bwagize buti “Kuri iki Cyumweru muri Kibugabuga, Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye abahanzi batuye muri Karumuna, mu gusohoza isezerano yatanze mu cyumweru gishize mu bikorwa byo kwiyamamaza bya FPR byabereye i Bugesera.”

Ubu butumwa bw’Ubunyamabanga Bukuru bwa FPR-Inkotanyi bukomeza bugira buti “Perezida kandi yagabiye inka buri muhanzi.”

Tariki 06 Nyakanga 2024, ubwo Paul Kagame yakomerezaga ibikorwa byo kwiyamamaza mu Karere ka Bugesera, umuhanzikazi Knowless wagaragaje ibyiza byagezweho kubera imiyoborere myiza ya FPR-Inkotanyi irangajwe imbere na Paul Kagame, yamugejejeho icyifuzo.

Butera Knowless usanzwe atuye mu Karere ka Bugesera, aho Paul Kagame na we atuye ndetse anafite urwuri, yamusabye ko yazabasura, bakagira umwanya wo kuganira nk’abaturanyi.

Paul Kagame ubwo yatangiraga ijambo rye mu kwiyamamaza, yabanje gusubiza iki cyifuzo cyari cyatanzwe na Knowless, aho yagize ati “Reka mbanze nsubize ibyasabwe na Knowless, ni uko yavuze mbere yanjye, naho nanjye nari mbifite ko nzashaka umwanya nkabatumira tugatarama.”

Nk’uko bisanzwe, Paul Kagame yahiguye iri sezerano, nyuma y’icyumweru kimwe gusa, ejo kuri iki Cyumweru tariki 14 yakiriye mu rugo rwe i Bugesera, abahanzi barimo Nkowless ndetse na Tom Close, basanzwe bafite amazina akomeye mu Rwanda, bakaba banatuye muri aka Karere ka Bugesera.

Mu bandi bazwi bakiriwe na Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, barimo Ishimwe Clement utunganya umuziki, usanzwe ari umugabo wa Knowless, Tricia usanzwe ari umugore wa Tom Close na we uzwi mu ruganda rw’ubwanditsi bw’ibitabo, Platini P., Nel Ngabo, na Meddy Saleh uzwi mu gutunganya imiziki mu buryo bw’amashusho.

Perezida Kagame yabakiriye anabatembereza mu rwuri

Banagize umwanya wo gutarama

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 − 2 =

Previous Post

Bizejwe ibyari kubafasha gusezerera ubukene ariko ibyakurikiye sibyo bari biteze

Next Post

Amatora: Hatangajwe inkuru yumvikanamo amahirwe ku batarabashije kwiyimura kuri Lisiti y’itora

Related Posts

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

by radiotv10
13/06/2025
0

Umunyamakuru Sengabo Jean Bosco wamenyekanye nka Fatakumavuta, yahamijwe ibyaha akurikiranyweho bishingiye ku byo yatangazaga ku byamamare birimo gutangaza amakuru y’ibihuha,...

Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

by radiotv10
13/06/2025
0

Ubuyobozi bw’uruganda ‘Basile Industries ltd’ ruherereye mu Karere ka Muhanga, rwakoragamo umukozi wishwe n’imashini yakoreshaga, rwizeje ubuyobozi bw’inzego z’ibanze ko...

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

by radiotv10
13/06/2025
0

Mu rubanza rw’ubujurire, Kazungu Denis wiyemereye kwica abantu barenga 10 babonetse bashyinguye iwe, yatakambiye Urukiko ngo rumugabanyirize igihano cya burundu...

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

by radiotv10
13/06/2025
0

Umuhanzi Christian Rukundo Nsengimana uzwi nka Chris Eazy, ari mu gahinda ko gupfusha umubyeyi we witabye Imana azize uburwayi. Mu butumwa...

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

Bwa mbere ingengo y’imari y’u Rwanda yageze muri Miliyari 7.000Frw: Menya iby’ingenzi azashyirwamo

by radiotv10
13/06/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yemeje ishingiro ry’Umushinga w’Ingengo y’Imari y’umwaka wa 2025-2026 wa miliyari 7 032 Frw, ugaragaza ubwiyongere...

IZIHERUKA

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka
AMAHANGA

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

by radiotv10
13/06/2025
0

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

13/06/2025
Perezida wa Njyanama y’Akarere ka Muhanga yavuze ku guhagarika izi nshingano n’icyabimuteye

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

13/06/2025
Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

Kazungu wifuza gusubira muri Sosiyete nyarwanda yahishuye icyamushoye mu bwicanyi

13/06/2025
Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

Igisirikare cya Israel kikomanze mu gatuza ko kivuganye Abajenerali batatu bakomeye b’ikindi Gihugu

13/06/2025
Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

Umuhanzi Chris Eazy ari mu gahinda gakomeye k’ibyago byo gupfusha umubyeyi

13/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amatora: Hatangajwe inkuru yumvikanamo amahirwe ku batarabashije kwiyimura kuri Lisiti y’itora

Amatora: Hatangajwe inkuru yumvikanamo amahirwe ku batarabashije kwiyimura kuri Lisiti y’itora

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umuntu umwe rukumbi warokotse impanuka havuzwe ibyo yabwiye ababyeyi be akirokoka

Amakuru mashya: Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ yahamijwe ibyaha aranakatirwa

Uruganda rwakoragamo umukozi wapfiriye mu kazi rwagize icyo rwizeza ubuyobozi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.