Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda yumvise ubusabe bw’abanyeshuri bavugaga ko yabatunguje icyemezo

radiotv10by radiotv10
22/02/2024
in MU RWANDA
0
Kaminuza y’u Rwanda yumvise ubusabe bw’abanyeshuri bavugaga ko yabatunguje icyemezo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko bamwe mu banyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda biga mu Ishami ryayo rya Gikondo, bavuze ko batungujwe icyemezo cyo kwimurirwa i Huye, Ubuyobozi bw’iyi Kaminuza, bwisubiyeho butangaza ikindi gihe iki cyemezo kizashyirirwa mu bikorwa.

Muri iki cyumweru, bamwe mu banyeshuri biga muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami ryayo rya Gikondo, bavuze ko batungujwe iki cyemezo, nyamara bari baramaze kwishyura amafaranga y’ubukode n’ay’amafunguro.

Uwitwa Mugabe Robertson wavugaga ko yiga muri iri shami, yari yatambukije ubutumwa kuri X ku wa Kabiri tariki 20 Gashyantare agira ati “Uyu munsi tariki ya 20 nibwo twatunguwe n’inama y’igitaraganya yateguwe nabayobozi bacu batubwira ko tugomba kwimukira i Huye kandi harabura amezi atatu (3) yonyine ngo dusoze umwaka wa kabiri tujye mu wa gatatu.”

Umuvugizi wa Kaminuza y’u Rwanda, yari yamusubije agira ati “Ni byo koko mugiye kwimukira i Huye gutangirirayo igihembwe cya 2 nkuko hari hashize igihe mwarabimenyeshejwe, gusa mugitegereje kumenyeshwa umunsi nyirizina. 1. Abari bafite amacumbi i Gikondo muzayahabwa i Huye; 2. Amafaranga y’urugendo ntimuzayishyuzwa.”

Nyuma y’umunsi umwe, ubuyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda, bwashyize hanze itangazo buvuga ko iyi gahunda yahindutse nyuma y’uko hagaragajwe impungenge z’aba banyeshuri, ivuga ko yazihaye agaciro.

Iri tangazo rigira riti “Muri urwo rwego Kaminuza irifuza kumenyesha ko impungenge z’abanyeshuri bifuza kuguma muri Campus barimo kugeza mu mpera z’umwaka w’amashuri muri Gicurasi 2024, byasuzumanywe ubushishozi, kandi byemejwe.”

Ubuyobozi bw’iyi Kaminuza buvuga ko iki cyemezo cyaturutse mu biganiro byahuje ubuyobozi bw’Ishami ryayo rya Gikondo cy’Ubucuruzi n’Imari (CBE) ndetse n’abahagarariye abanyeshuri.

Kaminuza y’u Rwanda ivuga ko ibi byemezo byo kwimurira abanyeshuri mu yandi mashami yayo biri mu murongo wo gikomeza gukora amavugurura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 13 =

Previous Post

Hatangajwe icyahitanye rurangiranwa mu masiganwa w’Umunyakenya wapfiriye rimwe n’Umunyarwanda

Next Post

Umukinnyi wamamaye muri ruhago yahamijwe gusambanyiriza umugore mu bwiherero bw’akabyiniro

Related Posts

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

Eng.-Rwanda presents to the World key dates of atrocities committed against the Banyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Rwanda’s Permanent Representative to the United Nations, Ambassador Martin Ngoga, presented to the UN Security Council key dates marking atrocities...

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

How to Make a Good CV as a First-Time Worker-Tips to Create an Attractive and Professional Resume

by radiotv10
15/12/2025
0

Creating a Curriculum Vitae (CV) for the first time can feel intimidating, especially when you do not have much work...

IZIHERUKA

Amakuru mpamo aturuka mu biboneye abasirikare benshi b’u Burundi berecyeza muri Congo
AMAHANGA

Eng.-Burundian troops and heavy weapons have been deployed along the country’s border with Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Australia yahise ifata icyemezo nyuma y’igitero gifatwa nk’igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize

Australia yahise ifata icyemezo nyuma y’igitero gifatwa nk’igikomeye kibayeho mu myaka 30 ishize

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi wamamaye muri ruhago yahamijwe gusambanyiriza umugore mu bwiherero bw’akabyiniro

Umukinnyi wamamaye muri ruhago yahamijwe gusambanyiriza umugore mu bwiherero bw’akabyiniro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Burundian troops and heavy weapons have been deployed along the country’s border with Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.