Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda yumvise ubusabe bw’abanyeshuri bavugaga ko yabatunguje icyemezo

radiotv10by radiotv10
22/02/2024
in MU RWANDA
0
Kaminuza y’u Rwanda yumvise ubusabe bw’abanyeshuri bavugaga ko yabatunguje icyemezo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko bamwe mu banyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda biga mu Ishami ryayo rya Gikondo, bavuze ko batungujwe icyemezo cyo kwimurirwa i Huye, Ubuyobozi bw’iyi Kaminuza, bwisubiyeho butangaza ikindi gihe iki cyemezo kizashyirirwa mu bikorwa.

Muri iki cyumweru, bamwe mu banyeshuri biga muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami ryayo rya Gikondo, bavuze ko batungujwe iki cyemezo, nyamara bari baramaze kwishyura amafaranga y’ubukode n’ay’amafunguro.

Uwitwa Mugabe Robertson wavugaga ko yiga muri iri shami, yari yatambukije ubutumwa kuri X ku wa Kabiri tariki 20 Gashyantare agira ati “Uyu munsi tariki ya 20 nibwo twatunguwe n’inama y’igitaraganya yateguwe nabayobozi bacu batubwira ko tugomba kwimukira i Huye kandi harabura amezi atatu (3) yonyine ngo dusoze umwaka wa kabiri tujye mu wa gatatu.”

Umuvugizi wa Kaminuza y’u Rwanda, yari yamusubije agira ati “Ni byo koko mugiye kwimukira i Huye gutangirirayo igihembwe cya 2 nkuko hari hashize igihe mwarabimenyeshejwe, gusa mugitegereje kumenyeshwa umunsi nyirizina. 1. Abari bafite amacumbi i Gikondo muzayahabwa i Huye; 2. Amafaranga y’urugendo ntimuzayishyuzwa.”

Nyuma y’umunsi umwe, ubuyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda, bwashyize hanze itangazo buvuga ko iyi gahunda yahindutse nyuma y’uko hagaragajwe impungenge z’aba banyeshuri, ivuga ko yazihaye agaciro.

Iri tangazo rigira riti “Muri urwo rwego Kaminuza irifuza kumenyesha ko impungenge z’abanyeshuri bifuza kuguma muri Campus barimo kugeza mu mpera z’umwaka w’amashuri muri Gicurasi 2024, byasuzumanywe ubushishozi, kandi byemejwe.”

Ubuyobozi bw’iyi Kaminuza buvuga ko iki cyemezo cyaturutse mu biganiro byahuje ubuyobozi bw’Ishami ryayo rya Gikondo cy’Ubucuruzi n’Imari (CBE) ndetse n’abahagarariye abanyeshuri.

Kaminuza y’u Rwanda ivuga ko ibi byemezo byo kwimurira abanyeshuri mu yandi mashami yayo biri mu murongo wo gikomeza gukora amavugurura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + eleven =

Previous Post

Hatangajwe icyahitanye rurangiranwa mu masiganwa w’Umunyakenya wapfiriye rimwe n’Umunyarwanda

Next Post

Umukinnyi wamamaye muri ruhago yahamijwe gusambanyiriza umugore mu bwiherero bw’akabyiniro

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi wamamaye muri ruhago yahamijwe gusambanyiriza umugore mu bwiherero bw’akabyiniro

Umukinnyi wamamaye muri ruhago yahamijwe gusambanyiriza umugore mu bwiherero bw’akabyiniro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.