Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kaminuza y’u Rwanda yumvise ubusabe bw’abanyeshuri bavugaga ko yabatunguje icyemezo

radiotv10by radiotv10
22/02/2024
in MU RWANDA
0
Kaminuza y’u Rwanda yumvise ubusabe bw’abanyeshuri bavugaga ko yabatunguje icyemezo
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko bamwe mu banyeshuri ba Kaminuza y’u Rwanda biga mu Ishami ryayo rya Gikondo, bavuze ko batungujwe icyemezo cyo kwimurirwa i Huye, Ubuyobozi bw’iyi Kaminuza, bwisubiyeho butangaza ikindi gihe iki cyemezo kizashyirirwa mu bikorwa.

Muri iki cyumweru, bamwe mu banyeshuri biga muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami ryayo rya Gikondo, bavuze ko batungujwe iki cyemezo, nyamara bari baramaze kwishyura amafaranga y’ubukode n’ay’amafunguro.

Uwitwa Mugabe Robertson wavugaga ko yiga muri iri shami, yari yatambukije ubutumwa kuri X ku wa Kabiri tariki 20 Gashyantare agira ati “Uyu munsi tariki ya 20 nibwo twatunguwe n’inama y’igitaraganya yateguwe nabayobozi bacu batubwira ko tugomba kwimukira i Huye kandi harabura amezi atatu (3) yonyine ngo dusoze umwaka wa kabiri tujye mu wa gatatu.”

Umuvugizi wa Kaminuza y’u Rwanda, yari yamusubije agira ati “Ni byo koko mugiye kwimukira i Huye gutangirirayo igihembwe cya 2 nkuko hari hashize igihe mwarabimenyeshejwe, gusa mugitegereje kumenyeshwa umunsi nyirizina. 1. Abari bafite amacumbi i Gikondo muzayahabwa i Huye; 2. Amafaranga y’urugendo ntimuzayishyuzwa.”

Nyuma y’umunsi umwe, ubuyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda, bwashyize hanze itangazo buvuga ko iyi gahunda yahindutse nyuma y’uko hagaragajwe impungenge z’aba banyeshuri, ivuga ko yazihaye agaciro.

Iri tangazo rigira riti “Muri urwo rwego Kaminuza irifuza kumenyesha ko impungenge z’abanyeshuri bifuza kuguma muri Campus barimo kugeza mu mpera z’umwaka w’amashuri muri Gicurasi 2024, byasuzumanywe ubushishozi, kandi byemejwe.”

Ubuyobozi bw’iyi Kaminuza buvuga ko iki cyemezo cyaturutse mu biganiro byahuje ubuyobozi bw’Ishami ryayo rya Gikondo cy’Ubucuruzi n’Imari (CBE) ndetse n’abahagarariye abanyeshuri.

Kaminuza y’u Rwanda ivuga ko ibi byemezo byo kwimurira abanyeshuri mu yandi mashami yayo biri mu murongo wo gikomeza gukora amavugurura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + fifteen =

Previous Post

Hatangajwe icyahitanye rurangiranwa mu masiganwa w’Umunyakenya wapfiriye rimwe n’Umunyarwanda

Next Post

Umukinnyi wamamaye muri ruhago yahamijwe gusambanyiriza umugore mu bwiherero bw’akabyiniro

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukinnyi wamamaye muri ruhago yahamijwe gusambanyiriza umugore mu bwiherero bw’akabyiniro

Umukinnyi wamamaye muri ruhago yahamijwe gusambanyiriza umugore mu bwiherero bw’akabyiniro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.