Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Kapiteni wa Rayon yeruye agaragaza umucyo ku cyatumye igikombe kibaca mu myanya y’intoki

radiotv10by radiotv10
29/05/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Kapiteni wa Rayon yeruye agaragaza umucyo ku cyatumye igikombe kibaca mu myanya y’intoki

Photo/Igihe

Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Rayon Sports ibuze igikombe cya Shampiyona ya 2024-2025 nyamara yarakunze kuyobora urutonde rw’agateganyo, Kapiteni wayo, Muhire Kevin yavuze ko bimwe mu byabiteye ari umwuka utari mwiza wagiye ubaho muri iyi kipe nko kwitana bamwana ndetse n’abakinnyi ntibashyigikirwe uko byari bikwiye.

Muhire Kevin yabitangarije RADIOTV10 kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Gicurasi ku munsi wa nyuma wa Shampiyona y’u Rwanda ubwo Igikombe cyahabwaga nyiracyo, ari we APR FC, mucyeba w’iyi Kipe ya Rayon yatangiranye intego yo kuzacyegukana.

Nyuma y’umukino wa nyuma wa Rayon Sports yanabonyemo intsinzi y’igitego 1-0 itsinze Gorilla FC, Muhire Kevin yabajijwe icyabuze ngo iyi kipe abereye Kapiteni ibure igikombe nyamara yari igifitiye icyizere mu mizo ya mbere kubera uburyo yitwaye mu mikino yabanje, yavuze ko byatewe n’umwuka utari mwiza wagendaga uvuka muri iyi kipe.

Yagize ati “Hari igihe haba ibintu mu ikipe bitari byiza, iyo mu ikipe hajemo ngo ‘kanaka yakoze ibi n’ibi bitari byiza’ iyo ikipe ijemo ibice bibiri, iyo kipe intego ziba zatandukanye, navuga ko ku bwanjye ari byo byatwishe.”

Kapiteni wa Rayon Sports avuga ko ntako abakinnyi batagize ku ruhande rwabo bagatanga imbaraga zabo “ariko urebye ahandi aho bagombaga gushyigikirwa, ntibashyigikiwe nk’uko byari bikwiye, ni yo mpamvu tutageze ku ntego zacu.”

Muhire Kevin avuga ko ubundi umusaruro w’ikipe uba ugomba kwakirwa n’impande zose, ariko ko iyo batsindaga byishimirwaga n’ubuyobozi, ariko batsindwa hagashakwa abo byegekwaho.

Ati “Rero iyo ikipe itsinzwe hari igihe habaho abo babyegekaho, abandi bakavuga ngo ni kanaka wadutsindishije, ngo ni kanaka ibi n’ibi n’ibi, rero icyo gihe ikipe iba yacitsemo ibice bibiri.”

Ubwo Shampiyona yari iri kugana ku musozo, ubwo ikipe ya Rayon Sports yagendaga ibura intsinzi, ubuyobozi bwayo bwagiye buhagarika bamwe mu bakinnyi ndetse n’abatoza, barimo umutoza Mukuru Roberto Oliveira Gonçalves do Carmo uzwi nka Robertinho, ndetse na Ayabonga Lebitsa wari Umutoza wongerera imbaraga kimwe n’umunyezamu wayo, Khadime N’diaye utarakoreshejwe mu mikino ya nyuma.

Muhire Kevin anenga ibi byemezo byagiye bifatwa n’ubuyobozi bwa Rayon Sports, ati “Ikipe ntabwo ari umuntu, kuko uwo muntu uba waramuguze aje gutwara igikombe, rero iyo bitagenze neza nta mpamvu yo kumwegekaho ibintu ahubwo uba ugomba kumushyigikira ukamuba hafi kugira ngo ibyo atakoze neza azabikosore mu mikino itaha.”

Ikipe ya Rayon Sports kandi yanabuze igikombe cy’Amahoro, yari yagereye ku mukino wa nyuma ariko igatsinwa na mucyeba wayo, APR FC, ikipe y’Ingabo z’u Rwanda itwaye ibikombe bitatu byose bikomeye mu Rwanda muri uyu mwaka w’imikino.

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + six =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe itariki y’Ibirori ‘KwitaIzina’ Abana b’Ingagi bizana mu Rwanda abazwi ku Isi

Next Post

Breaking: Ku nshuro ya gatatu u Rwanda rwatanze inkunga yo gufasha abagizweho ingaruka n’intambara muri Gaza

Related Posts

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’abakinnyi batatu barimo Yannick Mukunzi, Faustin Usengimana na Yves Mugunga, mu...

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

by radiotv10
16/01/2026
0

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yahaye umukoro abakinnyi b’ikipe y’igihugu ya Handball yitegura Igikombe cya Afurika kigiye kubera mu Rwanda,...

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Breaking: Ku nshuro ya gatatu u Rwanda rwatanze inkunga yo gufasha abagizweho ingaruka n’intambara muri Gaza

Breaking: Ku nshuro ya gatatu u Rwanda rwatanze inkunga yo gufasha abagizweho ingaruka n’intambara muri Gaza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.