Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

radiotv10by radiotv10
18/11/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi b’ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari zigitanga umusaruro ufatika, none bakaba batangiye kuzisazura, bakaba babyitezemo kongera amafaranga bakuramo.

Abaturage bo mu Kagari ka Murangara, Umurenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, babwiye umunyamakuru ko ibiti by’ikawa zabo byari bimaze gusaza ku buryo bugaragara, dore ko ngo byari bimaze imyaka irenga 40 bitarasazurwa.

Ndorayabo Pascal “Namenye ubwenge mbona izi kawa ziteye kandi maze kugira imyaka 45, urumva ko nazo zigeze mu myaka 45! Ubwo rero ntabwo zari zicyera kuko zishaje, niyo uyiranduye ubona ko n’imizi yumye ku buryo itakivoma amazi.”

Mukamusoni Pauline ati “Ubu turi kuzirimbura ngo dutere izindi zera, naho izi zirashaje kandi izo tugiye gutera zera vuba.”

Ndutiye Seth ati “Kubera gusaza, zari zarabaye nk’ibisambo kubera ko zarwaraga n’udusimba cyane.”

Uku gusaza kw’ibi biti bya kawa kandi ngo kwagize ingaruka zikomeye ku musaruro wayo muri aka gace nk’uko Havugimana Martin, ushinzwe ubuhinzi, umutungo kamere n’ibidukikije mu murenge wa Mubuga, abisobanura.

Agronome Havugimana ati “Ubundi umusaruro wo muri 2022 ku biti bishyashya habonekaga hagati y’ibiro 8 na 12 mu gihe ibishaje byatangaga hagati ya 1.5 n’ibiro 3 gusa.”

Cyakora Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iyohereza mu Mahanga ry’Ikomoka ku Buhinzi n’Ubworozi (NAEB), Bwana Bizimana Claude, na we agaragaza ko mu myaka ibiri ishize, umusaruro wa kawa wagiye ugabanyuka bidaturutse gusa ku biti bishaje, ariko ko kubisazura byahawe umwihariko mu rwego rwo kongera umusaruro wa kawa.

DG NAEB Bizimana Claude ati “Kugabanuka k’umusaruro ntitwabyitirira ibiti bishaje gusa, kuko n’ihindagurika ry’ibihe ryerekanye ko iyo izuba ribaye ryinshi umusaruro ugabanuka. Hari no kudakoresha ifumbire nk’uko bikwiye. Gusa twakoze ibarura ry’ibiti bishaje kugira ngo bisazurwe cyane cyane mu ntara y’Uburengerazuba n’Amajyepfo kuko ari ho dufite ibiti byinshi, kandi kubisazura bigaragaza ko byatanze umusaruro cyane.”

Biteganyijwe ko uyu mwaka w’ihinga hazaterwa ibiti bya kawa bishya 2,902,145 kuri hegitari 1,043 na hegitari 443 zo gusazura, bakata ibiti bishaje kugira ngo bishibuke, mu gihe umwaka ushize hari hatewe ingemwe miliyoni 1.3. Ariko umushinga PSAC ukorera muri NAEB hatewe ibiti by’ikawa bishya miliyoni 9 kuri hegitari 3,050 kugeza muri 2029.

Ikawa bari basanganywe ngo yari ishaje
Ubu bari gutera inshya

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 1 =

Previous Post

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

Next Post

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Related Posts

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere...

IZIHERUKA

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi
IMYIDAGADURO

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

by radiotv10
18/11/2025
0

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

18/11/2025
Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

17/11/2025
BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.