Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

radiotv10by radiotv10
18/11/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi b’ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari zigitanga umusaruro ufatika, none bakaba batangiye kuzisazura, bakaba babyitezemo kongera amafaranga bakuramo.

Abaturage bo mu Kagari ka Murangara, Umurenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, babwiye umunyamakuru ko ibiti by’ikawa zabo byari bimaze gusaza ku buryo bugaragara, dore ko ngo byari bimaze imyaka irenga 40 bitarasazurwa.

Ndorayabo Pascal “Namenye ubwenge mbona izi kawa ziteye kandi maze kugira imyaka 45, urumva ko nazo zigeze mu myaka 45! Ubwo rero ntabwo zari zicyera kuko zishaje, niyo uyiranduye ubona ko n’imizi yumye ku buryo itakivoma amazi.”

Mukamusoni Pauline ati “Ubu turi kuzirimbura ngo dutere izindi zera, naho izi zirashaje kandi izo tugiye gutera zera vuba.”

Ndutiye Seth ati “Kubera gusaza, zari zarabaye nk’ibisambo kubera ko zarwaraga n’udusimba cyane.”

Uku gusaza kw’ibi biti bya kawa kandi ngo kwagize ingaruka zikomeye ku musaruro wayo muri aka gace nk’uko Havugimana Martin, ushinzwe ubuhinzi, umutungo kamere n’ibidukikije mu murenge wa Mubuga, abisobanura.

Agronome Havugimana ati “Ubundi umusaruro wo muri 2022 ku biti bishyashya habonekaga hagati y’ibiro 8 na 12 mu gihe ibishaje byatangaga hagati ya 1.5 n’ibiro 3 gusa.”

Cyakora Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iyohereza mu Mahanga ry’Ikomoka ku Buhinzi n’Ubworozi (NAEB), Bwana Bizimana Claude, na we agaragaza ko mu myaka ibiri ishize, umusaruro wa kawa wagiye ugabanyuka bidaturutse gusa ku biti bishaje, ariko ko kubisazura byahawe umwihariko mu rwego rwo kongera umusaruro wa kawa.

DG NAEB Bizimana Claude ati “Kugabanuka k’umusaruro ntitwabyitirira ibiti bishaje gusa, kuko n’ihindagurika ry’ibihe ryerekanye ko iyo izuba ribaye ryinshi umusaruro ugabanuka. Hari no kudakoresha ifumbire nk’uko bikwiye. Gusa twakoze ibarura ry’ibiti bishaje kugira ngo bisazurwe cyane cyane mu ntara y’Uburengerazuba n’Amajyepfo kuko ari ho dufite ibiti byinshi, kandi kubisazura bigaragaza ko byatanze umusaruro cyane.”

Biteganyijwe ko uyu mwaka w’ihinga hazaterwa ibiti bya kawa bishya 2,902,145 kuri hegitari 1,043 na hegitari 443 zo gusazura, bakata ibiti bishaje kugira ngo bishibuke, mu gihe umwaka ushize hari hatewe ingemwe miliyoni 1.3. Ariko umushinga PSAC ukorera muri NAEB hatewe ibiti by’ikawa bishya miliyoni 9 kuri hegitari 3,050 kugeza muri 2029.

Ikawa bari basanganywe ngo yari ishaje
Ubu bari gutera inshya

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − seven =

Previous Post

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

Next Post

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.