Monday, July 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kayonza: Abashumba b’abamutungo n’utazwi aho yaturutse baravugwaho ibyo abaturage batabariza

radiotv10by radiotv10
10/08/2024
in MU RWANDA
0
Kayonza: Abashumba b’abamutungo n’utazwi aho yaturutse baravugwaho ibyo abaturage batabariza
Share on FacebookShare on Twitter

Abatujwe mu mudugudu w’Icyitegererezo w’Indatwa mu Murenge wa Mukarange mu Karere ka Kayoza, bavuga barembejwe n’inkoni z’abashumba b’amatungo bafatanya n’umuturage batazi aho yaturutse.

Aba baturage batujwe muri uyu mudugudu uherereye mu Kagari ka Nyagatovu, babwiye RADIOTV10 ko itsinda ry’abashumba rifatanyije n’umuturage witwa Amani, bakomeje kubateza umutekano mucye.

Uwitwa Ntirenganya Jean de Dieu uherutse gukubitwa n’aba bantu, avuga ko bamuhohoteye ntacyo bamuhoye kuko bamukubise ubwo bamusangaga yiyicariye.

Ati ”Bansanze aho nari nicaye hano, umwe akoresha ibintu byo kunshotora, antuka ibitutsi nyandagazi, ngiye kunyara hariya nsanga umuntu yanyihishe urumva mfatanye n’umwe kuko nari muri hejura  undi ankubita ibuye mu mutwe hano inyuma no mu matwi hano urabona ukuntu bangize.”

Ntirenganya Jean de Dieu akomeza avuga ko bahorana ubwoba kubera aka gatsiko kadahwema guhohotera abaturage.

Ati “Hano hari itsinda ry’abashumba bishyize hamwe, iyo bishyizemo umuntu ubwo badashaka ntibamushaka nyine.”

Undi muturage usanzwe acuruza inzoga, uvuga ko yakubiswe n’umuturage usanzwe akora akazi ko kubaka witwa Amani ufatanya n’aba bashumba, avuga ko yamwishyuje amafaranga y’inzoga yari yamuhaye, aho kumwishyura akamwadukira akamukubita.

Ati ”Yari afite ibihumbi bibiri mu ntoki ndamubwira nti ‘ngaho nyishyura’, ngo ‘mfite kukwishyura no kutakwishyura’, nti ‘kubera iki kandi njye nguhaye inzoga yanjye?, aravuga ati ‘nanayimena nkasohoka ntacyo wantwara’.”

Uyu muturage avuga ko byazamukiye aho uyu Amani akamukubita ndetse n’ushinzwe umutekani yahagoboka, na we akamukubita, agahita yiruka.

Umunyamakuru yagerageje kuvugisha uyu Amani uvugwaho urugomo, akimara kubona ko aje ngo baganire, ahita akizwa n’amaguru ariruka.

Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza, Nyemazi John Bosco yavuze ko kugeza ubu ntacyo babikoraho usibye kubanza gukurikirana bakabanza kumenya niba ari byo.

Ati “Hari inzego zishinzwe urugomo nk’urwo, iyo bibaye hamenshwa RIB. Icya mbere ntacyo navuga ku kibazo nk’icyo, iyo habayeho gukubita no gukomeretsa hari uburyo ikibazo gikurikiranwa.”

icyakora uyu Muyobozi yizeje aba baturage ko agiye gukurikirana iki kibazo ku buryo haramutse harimo ibigize ibyaha, byashyirwa mu nzego z’ubutabera.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + 6 =

Previous Post

Ubutumwa bw’Umukozi w’Imana ukunzwe ku bagore bambara ibibakoza isoni babyita ‘gutwika’

Next Post

Iby’ingenzi bitangaje ku rubuga ChatGPT rwabaye inshuti y’abandika ‘Memoire’ n’abifuza kugorora inyandiko

Related Posts

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

by radiotv10
14/07/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yamenyesheje Abanyarwanda ko haherutse kuvumburwa urushinge umuntu ashobora guterwa rukamurinda kwandura Virusi Itera SIDA mu...

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

by radiotv10
14/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Health, Dr. Sabin Nsanzimana, has announced the recent discovery of an injection that can protect an individual...

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

by radiotv10
14/07/2025
0

In our past article, we explained why and how Africa was maintained under domination by European countries. Should we keep...

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu akurikiranyweho gucura umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we, afatanyije n’undi...

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, arasaba abagiraneza gufasha umugore we kujya kwivuza indwara y’ibibyimba yasanganywe...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi bitangaje ku rubuga ChatGPT rwabaye inshuti y’abandika ‘Memoire’ n’abifuza kugorora inyandiko

Iby’ingenzi bitangaje ku rubuga ChatGPT rwabaye inshuti y’abandika ‘Memoire’ n’abifuza kugorora inyandiko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.