• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kenya: Uwahoze ari V/Perezida wiyemeje kurwanya Ruto akomeje kugaragaza ko akajije umurego

radiotv10by radiotv10
28/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Kenya: Uwahoze ari V/Perezida wiyemeje kurwanya Ruto akomeje kugaragaza ko akajije umurego
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’ihuriro ry’abatavura rumwe n’ubutegetsi muri Kenya, Rigathi Gachaguwa wigeze kuba Visi Perezida wa William Ruto, yongeye gushimangira ko ibyaha aherutse gushinja Ruto akibikomeyeho.

Ku nshuro ya mbere nyuma yo kuva muri Leta Zunze Ubumwe za America; Gachaguwa yavuze ko yahuje Perezida William Ruto n’umuyobozi w’umutwe w’abarwanyi ukorera muri Sudan. Icyakora ntacyo yavuze ku kindi cyaha ashinja William Ruto cyo gukorana n’inyeshyamaba za al shabaab.

Yagize ati “Ubu ndigenga ariko mbere sinashoboraga kubivuga. Birazwi ko Perezida Ruto akorana na Hemedti uyobora RSF muri Sudani. Narabivuze kandi mbifitiye ibimenyetso, ni nanjye wabahuje muri iyo nama. Narabuhuje bombi mbitegetswe na William ruto. Byatewe n’uko mu buryo bwa diplomasi ntabwo Perezida ashobora gutumira Visi Perezida w’ikindi Gihugu ngo amusure. Kandi icyo gihe Hemedti yari Visi Perezida wa Sudan.

Perezida William Ruto yarampamagaye kubera ko nari Visi Perezida, bazana ibaruwa itumira Hemedti ndayisiNya. Nanagiye kumufata ku kibuga cy’indege, mushyikiriza Ruto, bahita batangira ibiganiro. Urwo rugendo rwavugwaga nk’urw’akazi, ariko baganiraga ubucuruzi. Bavuze kuri zahabu, ariko mbere ntabwo nari nzi icyo bagiye kuganira.”

Uyu munyapolitike nubwo Itegeko Nshinga ritamwemerera kwiyamamariza gutegeka Igihugu kuko yegujwe n’Inteko Ishinga Amategeko; Gachagua avuga ko agifite izindi nzira zo kubigeraho.

Yagize ati “Ndi umukandida ku mwanya wa Perezida wa Kenya. Nujuje ibisabwa kandi mfite n’abantu banshyigikiye ndacyanashaka n’abandi benshi. Bivuze ko mu matora nzaba ndi umukandida.”

Yavuze ko “William Ruto na we yigeze gukurikiranwa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha. Yashinjwaga ibyaha byibasiye inyokomuntu, ariko ntibyamubujije kuyobora Igihugu.”

Yakomeje agira ati “Itegeko Nshinga ryacu ritanga uburenganzira bwo kwiyamamaza kabone nubwo waba warahamijwe ibyaha ariko ukaba utararangiza inzira zose z’amategeko.”

Yavuze ko agifite urubanza mu Rukiko Rukuru, kandi ko nibiba na ngombwa azaniyambaza Urukiko rw’Ikirenga, ku buryo Urukiko rwa nyuma rubifitiye ububasha nirwemeza ko yegujwe, ataziyamamaza.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + three =

Previous Post

APR FC yamenye amakipe bazahura muri CECAFA Kagame Cup

Next Post

Icyo abasesenguzi babona kizasigwa n’uruzinduko rwa Perezida w’u Burusiya n’uwa N.Korea mu Bushinwa

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
Icyo abasesenguzi babona kizasigwa n’uruzinduko rwa Perezida w’u Burusiya n’uwa N.Korea mu Bushinwa

Icyo abasesenguzi babona kizasigwa n’uruzinduko rwa Perezida w’u Burusiya n’uwa N.Korea mu Bushinwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.