Friday, August 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

radiotv10by radiotv10
08/08/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Rigathi Gachaguwa wari Visi Perezida wa Kenya, ubu akaba atavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Perezida William Ruto; yavuze ko uyu Mukuru w’Igihugu akorana ubucuruzi na Al Shabaab ndetse n’umutwe wa RSF ukorera muri Sudan.

Uyu wahoze ari Visi Perezida wa Kenya; yavugiye ibi muri Leta Zunze Ubumwe za America, aho yavuze ko afite ibimenyetso bigaragaza ko Umukuru w’Igihugu cya Kenya ashyira umutekano w’isi mu kaga kubera inyungu ze bwite.

Yagize ati “Abanyamerika barashaka gukora iprerereza ku bucuruzi ukorana na Hemerti uyobora RSF muri Sudan. Akugurisha zahabu hanyuma ukamwoherereza intwaro zo kwica abagore n’abana muri sudan.

Ntabwo ushobora kwitandukanya na byo kubera ko dufite ibimenyetso. Nari nkungirije igihe izo nama zabaga. Mbifiteho amakuru arambuye. […] William Ruto; Abanyamerika bakeneye kumenya impamvu ukorana na Al shabaab. Wigeze guhura n’abayobora ibyihebe bya al shabaab batatu mu ijoro, kandi mwaganiraga ubucuruzi.”

Gachaguwa yakomeje avuga ko Perezida Ruto yahinduye amategeko yo guha abanyamahanga indangamuntu. Ku bwa Gachaguwa avuga ibyo bigamije gushyigikira iterabwoba.

Yashimangiye ko ibi ari byo byamujyanye muri Leta Zunze Ubumwe za America. Yaboneyeho no gusaba ubutegetsi bwa America gufatira ibihano Perezida Ruto.

Ati “Utekereza ko ndi ikigoryi; ariko ntiwibwire ko naje hano gutembera, naje hano gutanga muri Guverinoma, Inteko Inshinga Amategeko ya America ikirego cy’abaturage ba Kenya. Icyo dusaba Guverinoma ya America ni uko igihe babona aya makuru ari impamo badufasha. Ntibafatire ibihano abaturage ba Kenya. Mufate umwanzuro ukwiye; mufatire ibihano William Ruto ku gite cye, ntazigere yongera kugera muri America.

Kenya ntigomba kujya mu bibazo kubera umuntu umwe, ariko America nifata umwanzuro wo kumufatira ibihano byo kutagaruka hano muri America; ntazigera asubira no mu bindi Bihugu bikorana na America, ikibazo cyacu kizaba gikemutse.”

Gachaguwa akimara kuvuga ibi; abanyepolitike bavuze ko yakoze amakosa akomeye. Umudepite mu Nteko Ishinga amategeko ya Kenya; Bashir Abdullah; Visi Perezida wa Komisiyo y’Umutekano n’Ububanyi n’Amahanga; yavuze ko Gachaguwa yagambaniye inshingano yigeze kugira mu Gihugu, asaba ko bamushyira mu cyiciro cy’abafite ibibazo byo mu mutwe.

Uyu munyepolitike kandi ngo ntabwo yifuza ko Gachaguwa agaruka muri Kenya. Ati “Izi ni imvugo zidakwiye kuva mu kanwa k’umuntu wigeze kuba Visi Perezida. Ukurikije ibyo uyu wahoze ari Visi Perezida avuga; abanyakenya bafite inkomoko muri Somalia ni abakerarugendo, ntabwo bagomba guhabwa ibyangombwa.

Nk’uko mubizi; mu muco w’Abanya-Somalia umuntu ufite ikibazo cyo mu mutwe bamuzirika ku giti cyo mu muryango, ndabasaba rero ko na Rigathi Gachaguwa mumuzirika ku giti kubera ko ibyo yavuze bigaragaza ko afite uburwayi bwo mu mutwe.”

Icyakora kugeza ubu ntacyo guverinoma ya Kenya iravuga kuri ibyo birego bya Rigathi Gachaguwa. Uyu munyepolitike asubiramo kenshi ko azakora ibishoboka byose kugira ngo perezida Ruto atazongera gutorerwa kuyobora iki Gihugu mu matora azaba muri 2027.

Perezida Ruto n’abamushyigikiye bavuga ko uruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi bwe rukoreshwa n’ishyari n’urwango rudafite ishingiro, bakavuga ko ibikorwa byabo ari byo bigomba kugena ahazaza h’ubutegetsi bwa Kenya.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Next Post

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Related Posts

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

by radiotv10
08/08/2025
0

AFC/M23 coalition has strongly rejected United Nations reports accusing it of playing a role in the deaths of many civilians...

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

Icyo Teta Sandra yakoze akirekurwa nyuma yo gufungirwa kugonga umugabo we Weasel

by radiotv10
08/08/2025
0

Umunyarwandakazi Teta Sandra ufitanye abana n’Umuhanzi w’Umunya-Uganda Weasel, nyuma yo gufungurwa na Polisi ya Uganda; yahise ajya gusura umugabo we...

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yavuze kuri raporo ziyishinja ibyo yemeza ko ari ibinyoma inagaragaza ibibishimangira

by radiotv10
08/08/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwamaganiye kure raporo z’Umuryango w’Abibumbye ziyishinja kugira uruhare mu mpfu z’abasivile benshi muri Teritwari ya Rutshuru, ivuga...

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

by radiotv10
07/08/2025
0

Nyuma yuko bivuzwe ko umuhanzi w’Umunya-Uganda, Weasel ari mu Bitaro aho ari kuvurirwa imvune z’amaguru yombi bivugwa ko yagize nyuma...

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

by radiotv10
07/08/2025
0

MoĂŻse Nyarugabo, a former DRC Minister and advocate for Kinyarwanda-speaking Congolese, has condemned recent attacks on the Banyamulenge by a...

IZIHERUKA

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka
MU RWANDA

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

by radiotv10
08/08/2025
0

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

08/08/2025
Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

08/08/2025
Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

Abavoka 21 mu Rwanda barimo uzwi mu busesenguzi mu bya politiki bahawe ibihano

08/08/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-AFC/M23 refutes UN accusations of involvement in civilian killings

08/08/2025
Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

Icyizere Umutoza wa APR aha abafana ku mukino wa mbere w’ishiraniro azahuramo na Rayon

08/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kigali: Abantu 10 bafatiwe mu bujura barimo abo byagaragaye ko banze guhinduka

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

Uwari wungirije Perezida Ruto yamuzamuyeho ibirego bikomeye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.