Monday, March 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kicukiro: Abantu 12 bafatiwe muri Motel barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

radiotv10by radiotv10
05/07/2021
in MU RWANDA, Uncategorized
0
Kicukiro: Abantu 12 bafatiwe muri Motel barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri iki Cyumweru tariki ya 04 Nyakanga saa kumi n’iminota cumi n’itanu z’umugoroba (16h15) Polisi y’u Rwanda yafashe abantu 12 bari muri Mojo Palace Motel iherereye mu Mudugudu wa wa Uwabarezi, Akagari ka Rubirizi mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro begeranye barimo banywa barenze ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwizwa rya COVID-19.

Aba bantu bafashwe mu gihe amabwiriza yo kurwanya ikwirakwira ry’iki cyorezo avuga ko nta birori cyangwa imihango iyo ariyo yose yemewe ihuriza abantu hamwe.

Aba bantu bakaba beretswe itangazamakuru ku isaha ya 06h00 z’uyu mugoroba kuri Stade ya Kicukiro ihereye mu Murenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro.

Ndori Eric w’imyaka 30 ari nawe muyobozi (Manager) wa Mojo Palace Motel, yemeye ko barenze ku mabwiriza yashyizweho na Leta maze abisabira imbabazi.

Umuyobozi muri Mojo Palace Motel yatawe muri yombi hamwe n’abakiriya bazira kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19

Yagize ati “Twakiriye abantu kandi amabwiriza ya Leta abibuza mu rwego rwo gukumira ikwirakwira rya COVID-19. Aba bantu twabakiriye nubwo tutigeze tubandika. Twarenze ku mabwiriza, niyo mpamvu mbisabira imbabazi nkanagira inama bagenzi banjye kwirinda gushaka inyunga barenze ku mabwiriza ya Leta.”

Rukebanuka Adalbert, Umuyobozi Nshingwabikorwa  w’Akarere ka Kicukiro wungirije yakanguriye abaturage ko bareka gukina n’iki cyorezo kica bakubahiriza amabwiriza.

Rukebanuka Adalbert Umuyobozi w’Akarere ka Kicukiro wungirije ubwo yafungaga Mojo Palace Motel

Yagize ati “Abantu 12 bicaye muri Motel bari hamwe banywa bazi neza ko amabwiriza yo kurwanya ikwirakwira rya COVID-19 abibuza. Iyi Motel irafungwa, abayifatiwemo n’umuyobozi wayo bacibwe amande nk’uko amabwiriza abiteganya.”

Yongeyeho ati”Amabwiriza arasobanutse ndetse n’ingaruka z’iki cyorezo zirazwi. Icyo dusaba abaturarwanda ni ugufungura amaso bakareba bakitwara uko bikwiye. Abantu barapfa ndetse n’ibikorwa bimwe na bimwe birafunze. Tugomba twese gushyira hamwe mu kurwanya iki cyorezo uwo tubonye arenga ku mabwiriza tukabimenyesha ababishinzwe.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera yavuze ko abo bantu bafashwe biturutse ku makuru bahawe n’abaturage.

Yagize ati”Abaturage batuye mu Murenge wa Kanombe aho Mojo Palace Motel iherereye baduhaye amakuru 16h00 ko hari abantu bari kunyweramo inzoga. Polisi yahise ijyayo isangamo abantu12 bicaye mu cyumba gifunganye bari kunywa nta n’umwe wambaye agapfukamunwa.”

CP Kabera yongeyeho ati” Polisi ntizigera yihanganira abarenga ku mabwiriza, izabafata kandi ibereke itangazamakuru kubera ko barenze ku mabwiriza nkana kandi bazi ko bitemewe. Icyo dusaba abaturarwanda nuko bakubahiriza amabwiriza ijana ku ijana. Utubari turafunze, niba ushaka kunywa yigire ugende uyinywere iwawe ariko udashyize ubuzima bw’abandi mu kaga utaretse n’ubwawe.”

Umuvugizi wa Polisi yibukije abihisha cyangwa bakingirana mu tubari cyangwa muri byumba bya Motel n’ahandi bibwira ko bari kure ya Polisi itababona, abo baribeshya kuko bazafatwa kubufatanye n’abaturage.

CP Kabera yibukije abanyeshuri baje mu biruhuko ko bagomba kuba mu miryango yabo bakirinda bakarinda n’abandi icyorezo cya Koronavirusi.

Abafashwe bajyanwe kuri Stade ya IPRC Kicukiro ngo bapimwe COVID-19 banacibwe n’amande nk’uko amabwiriza abiteganya.

Bafatiwe mu kabali ku Kabeza (Mojo Motel Palace) bihishe mu byumba bari kunywa inzoga batambaye n’udupfukamunwa

Inkuru ya Rwanda National Police (RNP)

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 5 =

Previous Post

Umusore w’imyaka 18 arakekwaho gusambanya mushiki we w’imyaka 7

Next Post

Huye: 17 bafatiwe muri Resitora bikingiranye bayihinduye akabari barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi

Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi

by radiotv10
30/03/2026
0

Ikibazo cy’ibishyimbo byaranduwe mu Mujyi wa Kigali cyagatsweho na Komiseri muri FPR-Inkotanyi akagaya Abayobozi babikoze, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwari...

Hatangajwe umubare w’abakora uburaya muri Kigali uri kuzamuka n’Akarere biganjemo kurusha utundi

Hatangajwe umubare w’abakora uburaya muri Kigali uri kuzamuka n’Akarere biganjemo kurusha utundi

by radiotv10
30/03/2026
0

Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko umubare w’abakora akazi katemewe k’uburaya muri uyu Mujyi umaze kugera ku bihumbi icyenda (9...

Perezida Kagame arahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Touadéra wongeye gutorerwa kuyobora Centrafrique

Perezida Kagame arahagararirwa na Minisitiri w’Intebe mu irahira rya Touadéra wongeye gutorerwa kuyobora Centrafrique

by radiotv10
30/03/2026
0

Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva yageze i Bangui muri Repubulika ya Centrafrique ahagiye kubera irahira rya Faustin-Archange Touadéra wongeye gutorerwa...

Eng.-PM Dr. Nsengiyumva Arrives in Bangui to Represent President Kagame at Touadéra’s Inauguration

Eng.-PM Dr. Nsengiyumva Arrives in Bangui to Represent President Kagame at Touadéra’s Inauguration

by radiotv10
30/03/2026
0

The Prime Minister, Dr. Justin Nsengiyumva, has arrived in Bangui in the Central African Republic, where he will attend the...

IZIHERUKA

Igisirikare cya Congo cyagize icyo kivuga ku gusenya FDLR imaze imyaka myinshi baranywanye
AMAHANGA

Igisirikare cya Congo cyagize icyo kivuga ku gusenya FDLR imaze imyaka myinshi baranywanye

by radiotv10
30/03/2026
0

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

30/03/2026
Iran yemeje urupfu rw’undi wo mu buyobozi bw’Igisirikare cyayo

Iran yemeje urupfu rw’undi wo mu buyobozi bw’Igisirikare cyayo

30/03/2026
Perezida wo muri Afurika yahaye icyifuzo Trump abona ari we wenyine ugifitiye ubushobozi

Perezida wo muri Afurika yahaye icyifuzo Trump abona ari we wenyine ugifitiye ubushobozi

30/03/2026
Icyo Umuvugizi wa M23 avuga ku bihano America yamufatiye rimwe na Gen.(Rtd) Kabarebe

AFC/M23 yatangaje amazina n’umubare w’abahitanywe n’ibindi bitero byakoranywe ubugome ndengakamere

30/03/2026
Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi

Icyo ubuyobozi bwari bwavuze ku kibazo cy’ibishyimbo byaranduwe muri Kigali cyavuzweho ibyanyuze benshi

30/03/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Huye: 17 bafatiwe muri Resitora bikingiranye bayihinduye akabari barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Huye: 17 bafatiwe muri Resitora bikingiranye bayihinduye akabari barenze ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisirikare cya Congo cyagize icyo kivuga ku gusenya FDLR imaze imyaka myinshi baranywanye

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Iran yemeje urupfu rw’undi wo mu buyobozi bw’Igisirikare cyayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.