Saturday, July 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kigali: Aho abana bambukaga bakambakamba bigateza impungenge ubu byahindutse

radiotv10by radiotv10
17/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kigali: Aho abana bambukaga bakambakamba bigateza impungenge ubu byahindutse
Share on FacebookShare on Twitter

Ahari hagaragaye ikiraro giteye impungenge mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro, aho abana bambukaga bigaragara ko bishobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga, bamaze gukora ikiraro kigerageza kuba kitateza ibibazo.

Ibi byakozwe nyuma yuko umwe mu banyamakuru agaragaje ikibazo cy’ikiraro kiri kuri ruhurura yo mu Mudugudu wa Bigo mu Kagari ka Nyarurama mu Murenge wa Gatenga, cyambukagaho abana bajya ku ishuri ariko bigaragara ko cyashaje.

Mu butumwa umunyamakuru Emma Marie Umurerwa yari yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza iby’iki kibazo anifashishije ifoto, yari yagize ati “Aha ni mu Karere ka Kicukiro, Umurenge wa Gatenga, Akagari ka Nyarurama Umudugudu wa Bigo, ba buhinja bajya ku ishuri bakambakamba gutyo.”

Uyu munyamakuru kandi yavugaga ko hari n’amakuru avuga ko iyi ruhurura yariho iki kiraro iherutse kugwamo umuntu akaba ari mu Bitaro.

Iki kiraro cyari cyateye impungenge benshi bakibonye

Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Emma Claudine Ntirenganya yari yasubije uyu munyamakuru agira ati “Mu gihe Umujyi wa Kigali urimo gushakisha uburyo wakora iyi ruhurura hamwe n’izindi ziteye inkeke mu Mujyi wa Kigali, Akarere ka Kicukiro kari gukora ibishoboka byose ngo kabe gakoze iki kiraro mu gihe cya vuba.”

Nyuma y’umunsi umwe gusa hatangajwe iby’iki kiraro, amakuru ahari, yemeza ko muri uyu Mudugudu wa Bigo, hahise hatunganywa ibiraro bibiri bigaragara ko byo bitashyira mu kaga ubuzima bw’ababinyuraho.

Umunyamakuru Emma Marie Umurerwa yagize ati “Abaturage bafatanyije n’Akarere ka Kicukiro bamaze gusana ibiraro bibiri byari biteye inkeke, i Nyarurama muri Bigo, mu gihe hagishakishwa uburyo bwo gukora za ruhurura zihangayikishije.”

Ni mu gihe abatangaga ibitekerezo ku ifoto yari yagaragajwe mbere, bavugaga ko iki kiraro kinyuraho aba bana b’u Rwanda, gikwiye gukorwa kitaragira uwo gitwarira ubuzima.

Ubu hamaze gukorwa ibiraro bibiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Amakuru mashya kuri Marburg mu Rwanda: Hagaragaye umubare munini w’abakize

Next Post

Sudani y’Epfo: Abasirikare b’u Rwanda beretse abakobwa uburyo bakwirwanaho igihe hari ubenderejeho

Related Posts

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye mu ntera bamwe mu bakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, yohereza abandi mu...

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

by radiotv10
12/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bizejwe n’umushoramari amasezerano yo guhinga urusenda mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

by radiotv10
11/07/2025
0

The history of humanity is, in many ways, the history of domination of one group over another. Across centuries, these...

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

by radiotv10
11/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kazungu Denis wari wajuririye icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha

Eng.-Interior Ministers of Rwanda and DRC invited to Doha talks between Kinshasa and AFC/M23

by radiotv10
11/07/2025
0

The Minister of Interior of Rwanda and his counterpart from the Democratic Republic of Congo are in Doha, Qatar, for...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo
MU RWANDA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Sudani y’Epfo: Abasirikare b’u Rwanda beretse abakobwa uburyo bakwirwanaho igihe hari ubenderejeho

Sudani y’Epfo: Abasirikare b’u Rwanda beretse abakobwa uburyo bakwirwanaho igihe hari ubenderejeho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.