Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Impanuka ikomeye y’imodoka zirimo itwara abagenzi yateje ibyago

radiotv10by radiotv10
12/03/2025
in MU RWANDA
0
Kigali: Impanuka ikomeye y’imodoka zirimo itwara abagenzi yateje ibyago
Share on FacebookShare on Twitter

Impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Bisi itwara abagenzi yavaga i Nyamirambo, yakoreye impanuka mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge, igongana n’indi yo mu bwoko bwa Toyota Hilux, ikomerekeramo abantu 23 barimo batatu bakomeretse bikomeye.

Iyi mpanuka ikomeye yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Werurwe 2025 saa moya zirengaho iminota mu muhanda uva i Nyamirambo werecyeza mu Mujyi rwagati ahazwi nko ku Gitega mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge.

Iyi modoka yo mu bwoko bwa Bisi ya Sosiyete ya RITCO yari ivanye abagenzi i Nyamirambo, bivugwa ko yabaye nk’ibeberekera moto byari mu cyerekezo kimwe, igahita igongana n’indi modoka ya Toyota Hilux yari iri mu cyerekezo kigana aho iyi bisi yavaga.

Mu kugongana kw’iyi bisi n’iyo Toyota Hilux, indi modoka yo mu bwoko bwa Toyota Corolla yari iri nyuma y’iyo Hilux, yahise iyisekura, ku buryo iyi ya Hilux yangiritse cyane, ndetse n’umushoferi wari uyitwaye arakomereka bikabije, ndetse no kumukura muri iyi modoka yari yangiritse byasabye kubanza gucagagura iyi modoka.

Bamwe mu baturage babonye iyi mpanuka ubwo yabaga, bavuga ko iyi modoka ya Bisi ari yo yashatse gukatira umumotari, igahita isanga iriya ya Hilux mu mukono wayo, ikayigonga bikomeye dore ko yanihutaga.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ishami rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, SP Emmanuel Kayigi, yavuze ko abantu 23 bakomerekeye muri iyi mpanuka.

Yagize ati “Hakomeretse abantu makumyabiri na batatu (23) barimo batatu (3) bakomeretse bikomeye, bajyanwe kuvurirwa ku bitaro bya CHUK.”

SP Emmanuel Kayigi wavuze ko abandi bantu bagiye bajyanwa mu Bitaro b’Ibigo Nderabuzima binyuranye, yatangaje ko hagikomeje iperereza kugira ngo hamenyekane icyateye iyi mpanuka.

Bivugwa ko imodoka itwara abagenzi yabaye nyirabayazana
Imodoka ya Toyota Hilux yangiritse cyane
Na Toyota Corolla na yo yangiritse

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − fifteen =

Previous Post

Havuzwe amayeri y’uwafatanywe magendu y’inzoga zihenze zifite agaciro k’asaga miliyoni 4Frw

Next Post

Haravugwa icyaganiriweho mu biganiro by’inzego z’ubutasi z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhura

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post

Haravugwa icyaganiriweho mu biganiro by’inzego z’ubutasi z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.