Tuesday, July 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali ubu niwo Mujyi ku Isi urimo abakomeye benshi, Boris Johnson na we yahasesekaye

radiotv10by radiotv10
23/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kigali ubu niwo Mujyi ku Isi urimo abakomeye benshi, Boris Johnson na we yahasesekaye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane, Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson yageze mu Rwanda aho yitabiriye Inama ya CHOGM y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bo mu muryango wa Commonwealth.

Indege izanye Boris Johnson na Madamu we Carrie Symonds yasesekaye i Kanombe mu gitondo cyo kuri uyu wa 23 Kamena 2022.

Ku Kibuga cy’Indege yakiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Prof Nshuti Manasseh.

Boris Johnson uyoboye u Bwongereza bukuriye Umuryango w’Ibihugu bikoresha icyongereza, aje mu Rwanda mu bikorwa byo gutangiza Inama ya CHOGM imaze iminsi ine iri kuba.

Aje asanga abandi bayobozi bakuru bo mu Bihugu bigize Commonwealth barimo Abaperezida ndetse n’abakuru ba za Guverinoma.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Kamena 2022, u Rwanda rwari rwahaye ikaze abandi barimo Perezida wa Ghana, Nana Akufo-Addo, uwa Nigeria, Muhammadu Buhari, uwa Sierra Leone, Julius Maada Bio, Minisitiri w’Intebe wa Canada, Justin Trudeau.

Kuri uyu wa Gatatu kandi, Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat.

Boris Johnson aje nyuma y’umunsi umwe, Igikomangoma cy’Ubwami bw’u Bwongereza, Charles na we ageze mu Rwanda aho yahasesekaye mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 21 Kamena 2022.

Uhagararariye u Rwanda mu Bwongereza, Ambasaderi Johnston Busingye aherutse gutangaza ko Boris Johnson yishimiye kuza mu Rwanda kuko ari Igihugu yumva gifite byinshi cyasangiza Isi kubera amateka ashaririye cyanyuzemo ubu kikaba kiri mu Bihugu by’intangarugero ku Isi.

Boris Johnson yageze i Kigali
Perezida Buhari wa Nigeria na we yaraye ahageze

Perezdia wa Sierra Leone, Julius Maada Bio na we yaraye ahageze
Na Minisitiri w’Intebe wa Canada
Perezdia wa Komisiyo ya AU na we yahageze

Yanakiriwe n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga

Perezida Buhari wa Nigeria na we yaraye ahageze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four + 16 =

Previous Post

Umunyamakuru w’Umunya-Uganda yashimagije Kigali ahabwa igisubizo gisekeje n’uwabaye Umuyobozi muri Polisi ya Uganda

Next Post

M23 yageneye ubutumwa bukarishye Ingabo za EAC zigiye koherezwa kuyihashya

Related Posts

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

by radiotv10
15/07/2025
0

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo kwangisha Leta y’u Rwanda amahanga no kugambirira kugirira nabi ubutegetsi, yahakanye ibyaha byose...

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

by radiotv10
15/07/2025
0

Inzego z’uburezi mu Rwanda zitangaza ko umwaka w’amashuri utaha, uzatangirana n’impinduka zirimo kuba abiga mu cyiro cya mbere cy’amashuri abanza,...

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

by radiotv10
15/07/2025
0

Crystal Ventures Ltd (CVL), one of Rwanda’s most prominent investment holding companies, has announced the appointment of Nick Barigye as...

Eng.-Additional new changes to be implemented in Rwanda’s education system

Eng.-Additional new changes to be implemented in Rwanda’s education system

by radiotv10
15/07/2025
0

Education authorities in Rwanda have announced that the upcoming academic year will bring several changes, including students in the lower...

Rwanda and Turkmenistan establish diplomatic relations for the first time

Rwanda and Turkmenistan establish diplomatic relations for the first time

by radiotv10
15/07/2025
0

In a landmark move aimed at strengthening international cooperation, Rwanda and Turkmenistan have officially established diplomatic relations. The signing ceremony...

IZIHERUKA

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye
AMAHANGA

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

by radiotv10
15/07/2025
0

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

15/07/2025
Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

15/07/2025
Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

15/07/2025
Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

Buhari wabaye Perezida wa Nigeria wapfiriye mu Bwongereza arasubizwa mu Gihugu ahite ashyingurwa

15/07/2025
AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso byerekana ko ubutegetsi bwa Congo bugishyize imbere imirwano

15/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yagaragaje aho ihagaze ku myanzuro y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC

M23 yageneye ubutumwa bukarishye Ingabo za EAC zigiye koherezwa kuyihashya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Sudan: Ibitero bikomeye bimaze guhitana abaturage 300 mu minsi micye

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.