Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Kimenyi Yves wabaye umunyezamu w’Amavubi yasezeye burundu ruhago anatangaza ibyo yerecyejemo

radiotv10by radiotv10
20/02/2026
in FOOTBALL, SIPORO
0
Kimenyi Yves wabaye umunyezamu w’Amavubi yasezeye burundu ruhago anatangaza ibyo yerecyejemo
Share on FacebookShare on Twitter

Umukinnyi wa ruhago, Kimenyi Yves wabaye umunyezamu w’amakipe anyuranye mu Rwanda n’iy’Igihugu, yatangaje ko yasezeye burundu gukina nk’uwabigize umwuga, atangaza ko agiye gutangiza umushinga uzaba unarimo ibiganiro by’abakinnyi b’umupira w’amaguru.

Iri sezera rya Kimenyi Yves wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda, rikubiye mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Gashyantare 2026.

Muri iri tangazo, Kimenyi avuga ko yifuje “gutangaza ku mugaragaro ko nsezeye mu mupira w’amaguru nk’ababigize umwuga.” anagaruka ku rugendo rwe muri ruhago.

Yavuze ko gukina ruhago nk’uwabigize umwuga, yabitangiye muri 2012, kandi ko wamufashije kuba uwo ari we uyu munsi. Ati “Natangiye umwuga wanjye muri Isonga FC, aho namaze imyaka ibiri y’ingenzi niga kandi nkura. Nyuma y’ibyo, nabonye amahirwe akomeye yo kwinjira muri APR FC, ikipe nagiriyemo intsinzi kandi nishimira kumarana imyaka itanu ntazibagirwa.”

Yakomereje umwuga we muri Rayon Sports, yagiyemo muri 2019, ayikinira amezi atandatu ahita yerecyeza Kiyovu Sports, yavuze ko iyi kipe na yo yayigiriyemo ibihe byiza kandi yishimira.

Nyuma yinjiye muri AS Kigali, ati “ariko ikibabaje ni uko nyuma y’amezi abiri gusa, nagize imvune ikomeye ya tibia. Iyo mvune yatumye ndeka gukina umupira w’amaguru, kandi nubwo nashyizeho imbaraga n’ibyiringiro byo kugaruka, byatumye ntakina kugeza uyu munsi.”

Kimenyi yatangaje ko nubwo ahagaritse gukina ruhago nk’uwabigize umwuga, ariko atagiye kure yayo. Ati “niyemeje gukomeza urugendo rwanjye mfasha, kuyobora no gushyigikira abandi, cyane cyane abakinnyi bakiri bato barota kugera ku byo nagezeho.”

Iri tangazo risezera ryasohokeye rimwe n’irivuga ko mu minsi micye iri imbere Kimenyi Yves agiye gutangiza ku mugaragaro umushinga wiswe BEYOND 90, uzakorwamo ibirimo ibiganiro (Podcast) by’abakinnyi bigaruka ku ngingo zinyuranye zijyanye n’iterambere rya ruhago.

Kimenyi Yves na bagenzi be bakinanye mu ikipe y’Igihugu

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

Ibyakurikiye ikibazo cy’umugabo wasanze undi amuca inyuma n’umugore we iwe kuri ‘Saint Valentin’

Next Post

Umugabo n’umugore bari bagiye gushakisha imibereho batahiye ku nkuru y’icamugongo y’abana babo bapfuye

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rutsiro: Bizejwe ibitangaza nabo bicinya icyara ko bagiye gukira none ubukene n’inzara birabarembeje

Umugabo n’umugore bari bagiye gushakisha imibereho batahiye ku nkuru y’icamugongo y’abana babo bapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.