Umukinnyi wa ruhago, Kimenyi Yves wabaye umunyezamu w’amakipe anyuranye mu Rwanda n’iy’Igihugu, yatangaje ko yasezeye burundu gukina nk’uwabigize umwuga, atangaza ko agiye gutangiza umushinga uzaba unarimo ibiganiro by’abakinnyi b’umupira w’amaguru.
Iri sezera rya Kimenyi Yves wakiniye amakipe akomeye mu Rwanda, rikubiye mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Gashyantare 2026.
Muri iri tangazo, Kimenyi avuga ko yifuje “gutangaza ku mugaragaro ko nsezeye mu mupira w’amaguru nk’ababigize umwuga.” anagaruka ku rugendo rwe muri ruhago.
Yavuze ko gukina ruhago nk’uwabigize umwuga, yabitangiye muri 2012, kandi ko wamufashije kuba uwo ari we uyu munsi. Ati “Natangiye umwuga wanjye muri Isonga FC, aho namaze imyaka ibiri y’ingenzi niga kandi nkura. Nyuma y’ibyo, nabonye amahirwe akomeye yo kwinjira muri APR FC, ikipe nagiriyemo intsinzi kandi nishimira kumarana imyaka itanu ntazibagirwa.”
Yakomereje umwuga we muri Rayon Sports, yagiyemo muri 2019, ayikinira amezi atandatu ahita yerecyeza Kiyovu Sports, yavuze ko iyi kipe na yo yayigiriyemo ibihe byiza kandi yishimira.
Nyuma yinjiye muri AS Kigali, ati “ariko ikibabaje ni uko nyuma y’amezi abiri gusa, nagize imvune ikomeye ya tibia. Iyo mvune yatumye ndeka gukina umupira w’amaguru, kandi nubwo nashyizeho imbaraga n’ibyiringiro byo kugaruka, byatumye ntakina kugeza uyu munsi.”
Kimenyi yatangaje ko nubwo ahagaritse gukina ruhago nk’uwabigize umwuga, ariko atagiye kure yayo. Ati “niyemeje gukomeza urugendo rwanjye mfasha, kuyobora no gushyigikira abandi, cyane cyane abakinnyi bakiri bato barota kugera ku byo nagezeho.”
Iri tangazo risezera ryasohokeye rimwe n’irivuga ko mu minsi micye iri imbere Kimenyi Yves agiye gutangiza ku mugaragaro umushinga wiswe BEYOND 90, uzakorwamo ibirimo ibiganiro (Podcast) by’abakinnyi bigaruka ku ngingo zinyuranye zijyanye n’iterambere rya ruhago.

RADIOTV10











