Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Konji za Noheli n’Ubunani mu Rwanda zarumbutse kubera impamvu ishimishije

radiotv10by radiotv10
24/12/2022
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Konji za Noheli n’Ubunani mu Rwanda zarumbutse kubera impamvu ishimishije
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yashyizeho iminsi y’ikiruhuko rusange kidasanzwe mu rwego rwo gufasha Abanyarwanda kuzabona umwanya uhagije wo kwizihiza iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani.

Ni icyemezo cya Guverinoma y’u Rwanda nkuko byatangajwe na Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo mu itangazo yashyize hanze kuri uyu wa Gatanu tariki 23 Ukuboza 2022.

Iri tangazo rigaragaza ko iminsi y’ikiruhuko yari iteganyijwe mu kwizihiza iminsi mikuru irimo Noheli ndetse n’ubunani bwa 2023, yikubye kabiri ikava kuri ibiri ikaba ine.

Iri tangazo rivuga ko nkuko biteganywa n’iteka rya Perezida ryerekeye iminsi y’ikiruhuko rusange, ku wa Mbere w’icyumweru gitaha tariki 26 Ukuboza 2022 ari umunsi w’ikiruhuko rusange mu rwego rwo kwizihiza umunsi ukurikira Noheli.

Nanone kandi tariki 02 Mutarama 2023 na bwo ni umunsi w’ikiruhuko rusange mu rwego rwo kwizihiza umunsi ukurikira Ubunani buzizihizwa tariki 01 Mutarama 2023 ariko ukazaba ari ku Cyumweru nk’umunsi uri mu isoza icyumweru.

Ubusanzwe iri teka riteganya ko umunsi w’Ikiruhuko ubaye mu minsi igize impera z’icyumweru (Wekeend-Kuwa Gatandatu no ku Cyumweru), ushyirwa ku munsi ukurikiyeho mu minsi y’akazi.

Iri tangazo risoza rigira riti “Nanone kandi, Guverinoma uyu mwaka yemeje ikiruhuko rusange kidasanzwe ku wa Kabiri tariki ya 27 Ukuboza 2022 no ku wa Kabiri tariki 03 Mutarama 2023 nk’ikiruhuko rusange cy’inyongera kugira ngo babashe kwizihiza iminsi mikuru.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − seven =

Previous Post

Abasirikare bashya ba RDF bagaragaje imyitozo idasanzwe ya gikomando irimo n’iy’urugamba binjiranyemo

Next Post

IFOTO: Abarwanyi ba M23 bagaragaye bava mu birindiro mu gace yarekuye

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Abarwanyi ba M23 bagaragaye bava mu birindiro mu gace yarekuye

IFOTO: Abarwanyi ba M23 bagaragaye bava mu birindiro mu gace yarekuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.