Tuesday, February 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kumenya aho ruhagaze mu ireme ry’uburezi ku Isi

radiotv10by radiotv10
24/02/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kumenya aho ruhagaze mu ireme ry’uburezi ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda ruhanze amaso isuzuma mpuzamahanga ry’ubumenyi n’ubushobozi by’abanyeshuri ryitwa PISA (Programme for International Student Assessment), rizagaragaza uko ireme ry’ubumenyi rihagaze ku ruhando mpuzamahanga. Iri suzuma rikorwa ku banyeshuri bafite imyaka 15 biga mu mashuri yisumbuye.

Ni isuzuma mpuzamahanga rigamije gusuzuma ubumenyi n’ubushobozi bw’abanyeshuri bafite imyaka 15 mu gusoma, imibare na siyansi.

Iri suzuma rigamije gupima ubushobozi bw’abanyeshuri mu gukoresha ubumenyi bwabo mu buzima busanzwe, harebwa ibitekerezo byabo n’ubuhanga bafite bwo gukemura ibibazo.

Kuri iyi nshuro, u Rwanda narwo rwitabiriye gahunda ya PISA. Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) kivuga ko ari intambwe ikomeye mu kugereranya ibipimo ngenderwaho by’uburezi ku rwego rw’igihugu n’ibyo ku rwego mpuzamahanga, bikazafasha kuzamura ireme ry’uburezi.

Umuyobozi w’Ishuri ryisumbuye ryitiriwe Umwamikazi w’Amahoro riri mu Karere ka Nyamagabe, Padiri Jean Claude Nshimiyimana, avuga ko iri suzuma rizabereka urwego bariho, bityo bakamenya aho bashyira imbaraga mu kuzamura ireme ry’uburezi.

Aragira ati “Twabonaga bavugurura imyigishirize buri gihe tukayoberwa impamvu yabyo kuko tutari tuzi aho duhagaze. Ariko ubu bazajya bavugurura bipimye ku ruhando mpuzamahanga.”

Umwe mu babyeyi bo mu Karere ka Gicumbi, Cyprien, avuga ko iri suzuma mpuzamahanga rizereka Abanyarwanda aho ireme ry’uburezi rigeze, bityo bakamenya aho bahera basaba abayobozi kunoza aho bitagenda neza.

Aragira ati “Nkatwe nk’abayobozi b’amashuri, bizagenda bitwereka urwego abana bariho, bitume aho bafite intege nke turebe icyo twakora dukurikije ibyo twabonye, kugira ngo turusheho kuzamura ireme ry’uburezi.”

Amasuzuma yose yamaze kurangira, ubu hakaba harimo gusesengurwa ibibazo byagaragaye mu burezi kugira ngo bikemurwe.

Umuyobozi Mukuru wa NESA, Dr Bernard Bahati, avuga ko isuzuma rizafasha kureba aho u Rwanda ruhagaze, aho kurugereranya gusa n’ibihugu byateye imbere mu ireme ry’uburezi.

Aragira ati “Abantu benshi bareba ibivuyemo bakibaza bati ‘ndi uwa kangahe?’ Ariko kujya muri PISA si ukujya guhangana n’igihugu nka Singapore gihora ku mwanya wa mbere. Icy’ingenzi ni ukumenya aho duhagaze ku ruhando mpuzamahanga.”

Iri suzuma mpuzamahanga rya PISA rihurirwamo n’ibihugu bisaga 91. Ryatangijwe n’Umuryango Mpuzamahanga w’Ubukungu, Ubufatanye n’Iterambere (OECD) mu 1997.

Mu 2000 ni bwo ryatangiye gukorwa ku banyeshuri bafite imyaka 15. Kugeza ubu, buri myaka itatu ikizamini cya PISA kirakorwa, aho abanyeshuri bakora ibizamini byo gusoma, imibare na siyansi.

Ubuyobozi bwa NESA bwagaragaje ko iri suzuma rizagaragaza uko u Rwanda ruhagaze mu ireme ry’uburezi
Abafatanyabikorwa mu burezi bitabiriye ibi biganiro

NTAMBARA Garleon
RADIOTV 10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 + sixteen =

Previous Post

Nyamagabe: Ubuyobozi buhaye igisubizo abatuye mu cyaro ku cyifuzo bari babugejejeho ku imurikabikorwa

Next Post

Ubutumwa bw’umuyobozi w’umukino w’amagare ku Isi ku mpanuka ikomeye yabaye muri Tour du Rwanda

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

by radiotv10
24/02/2026
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars yatangaje uru rwego rwamaze kumenya amakuru arebana n'urugomo...

Nyamagabe: Ubuyobozi buhaye igisubizo abatuye mu cyaro ku cyifuzo bari babugejejeho ku imurikabikorwa

Nyamagabe: Ubuyobozi buhaye igisubizo abatuye mu cyaro ku cyifuzo bari babugejejeho ku imurikabikorwa

by radiotv10
24/02/2026
0

Bamwe mu baturage batuye mu bice by’icyaro mu Karere ka Nyamagabe, barasaba ubuyobozi ko imurikabikorwa risanzwe ribera ku rwego rw’Akarere...

Think before you share: Using AI wisely in a Digital World

Think before you share: Using AI wisely in a Digital World

by radiotv10
24/02/2026
0

We are living in a fast-moving technology world where help is just one click away. Today, you can open your...

Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi

Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi

by radiotv10
23/02/2026
0

Inzu y’igorofa y’umuryango utuye mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, yafashwe n’inkongi y’umuriro, nyuma...

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yatangaje urupfu rwa Padiri Faustin Rutembesa unazwi mu Burezi

Kiliziya Gatulika mu Rwanda yatangaje urupfu rwa Padiri Faustin Rutembesa unazwi mu Burezi

by radiotv10
23/02/2026
0

Umushumba wa Diyoseze Gatulika ya Butare, Musenyeri Jean Bosco NTAGUNGIRA yatangaje urupfu rwa Padiri Faustin Rutembesa wanabaye mu Buyobozi bwa...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo
MU RWANDA

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

by radiotv10
24/02/2026
0

Ubutumwa bw’umuyobozi w’umukino w’amagare ku Isi ku mpanuka ikomeye yabaye muri Tour du Rwanda

Ubutumwa bw’umuyobozi w’umukino w’amagare ku Isi ku mpanuka ikomeye yabaye muri Tour du Rwanda

24/02/2026
Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kumenya aho ruhagaze mu ireme ry’uburezi ku Isi

Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kumenya aho ruhagaze mu ireme ry’uburezi ku Isi

24/02/2026
Nyamagabe: Ubuyobozi buhaye igisubizo abatuye mu cyaro ku cyifuzo bari babugejejeho ku imurikabikorwa

Nyamagabe: Ubuyobozi buhaye igisubizo abatuye mu cyaro ku cyifuzo bari babugejejeho ku imurikabikorwa

24/02/2026
Think before you share: Using AI wisely in a Digital World

Think before you share: Using AI wisely in a Digital World

24/02/2026
Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi

Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi

23/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bw’umuyobozi w’umukino w’amagare ku Isi ku mpanuka ikomeye yabaye muri Tour du Rwanda

Ubutumwa bw'umuyobozi w’umukino w’amagare ku Isi ku mpanuka ikomeye yabaye muri Tour du Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamenye amakuru azatuma hafatwa umugore wagaragaye akubita inshyi umugabo

Ubutumwa bw’umuyobozi w’umukino w’amagare ku Isi ku mpanuka ikomeye yabaye muri Tour du Rwanda

Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kumenya aho ruhagaze mu ireme ry’uburezi ku Isi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.