U Rwanda ruhanze amaso isuzuma mpuzamahanga ry’ubumenyi n’ubushobozi by’abanyeshuri ryitwa PISA (Programme for International Student Assessment), rizagaragaza uko ireme ry’ubumenyi rihagaze ku ruhando mpuzamahanga. Iri suzuma rikorwa ku banyeshuri bafite imyaka 15 biga mu mashuri yisumbuye.
Ni isuzuma mpuzamahanga rigamije gusuzuma ubumenyi n’ubushobozi bw’abanyeshuri bafite imyaka 15 mu gusoma, imibare na siyansi.
Iri suzuma rigamije gupima ubushobozi bw’abanyeshuri mu gukoresha ubumenyi bwabo mu buzima busanzwe, harebwa ibitekerezo byabo n’ubuhanga bafite bwo gukemura ibibazo.
Kuri iyi nshuro, u Rwanda narwo rwitabiriye gahunda ya PISA. Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) kivuga ko ari intambwe ikomeye mu kugereranya ibipimo ngenderwaho by’uburezi ku rwego rw’igihugu n’ibyo ku rwego mpuzamahanga, bikazafasha kuzamura ireme ry’uburezi.
Umuyobozi w’Ishuri ryisumbuye ryitiriwe Umwamikazi w’Amahoro riri mu Karere ka Nyamagabe, Padiri Jean Claude Nshimiyimana, avuga ko iri suzuma rizabereka urwego bariho, bityo bakamenya aho bashyira imbaraga mu kuzamura ireme ry’uburezi.
Aragira ati “Twabonaga bavugurura imyigishirize buri gihe tukayoberwa impamvu yabyo kuko tutari tuzi aho duhagaze. Ariko ubu bazajya bavugurura bipimye ku ruhando mpuzamahanga.”
Umwe mu babyeyi bo mu Karere ka Gicumbi, Cyprien, avuga ko iri suzuma mpuzamahanga rizereka Abanyarwanda aho ireme ry’uburezi rigeze, bityo bakamenya aho bahera basaba abayobozi kunoza aho bitagenda neza.
Aragira ati “Nkatwe nk’abayobozi b’amashuri, bizagenda bitwereka urwego abana bariho, bitume aho bafite intege nke turebe icyo twakora dukurikije ibyo twabonye, kugira ngo turusheho kuzamura ireme ry’uburezi.”
Amasuzuma yose yamaze kurangira, ubu hakaba harimo gusesengurwa ibibazo byagaragaye mu burezi kugira ngo bikemurwe.
Umuyobozi Mukuru wa NESA, Dr Bernard Bahati, avuga ko isuzuma rizafasha kureba aho u Rwanda ruhagaze, aho kurugereranya gusa n’ibihugu byateye imbere mu ireme ry’uburezi.
Aragira ati “Abantu benshi bareba ibivuyemo bakibaza bati ‘ndi uwa kangahe?’ Ariko kujya muri PISA si ukujya guhangana n’igihugu nka Singapore gihora ku mwanya wa mbere. Icy’ingenzi ni ukumenya aho duhagaze ku ruhando mpuzamahanga.”
Iri suzuma mpuzamahanga rya PISA rihurirwamo n’ibihugu bisaga 91. Ryatangijwe n’Umuryango Mpuzamahanga w’Ubukungu, Ubufatanye n’Iterambere (OECD) mu 1997.
Mu 2000 ni bwo ryatangiye gukorwa ku banyeshuri bafite imyaka 15. Kugeza ubu, buri myaka itatu ikizamini cya PISA kirakorwa, aho abanyeshuri bakora ibizamini byo gusoma, imibare na siyansi.



NTAMBARA Garleon
RADIOTV 10







