Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kumenya aho ruhagaze mu ireme ry’uburezi ku Isi

radiotv10by radiotv10
24/02/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye kumenya aho ruhagaze mu ireme ry’uburezi ku Isi
Share on FacebookShare on Twitter

U Rwanda ruhanze amaso isuzuma mpuzamahanga ry’ubumenyi n’ubushobozi by’abanyeshuri ryitwa PISA (Programme for International Student Assessment), rizagaragaza uko ireme ry’ubumenyi rihagaze ku ruhando mpuzamahanga. Iri suzuma rikorwa ku banyeshuri bafite imyaka 15 biga mu mashuri yisumbuye.

Ni isuzuma mpuzamahanga rigamije gusuzuma ubumenyi n’ubushobozi bw’abanyeshuri bafite imyaka 15 mu gusoma, imibare na siyansi.

Iri suzuma rigamije gupima ubushobozi bw’abanyeshuri mu gukoresha ubumenyi bwabo mu buzima busanzwe, harebwa ibitekerezo byabo n’ubuhanga bafite bwo gukemura ibibazo.

Kuri iyi nshuro, u Rwanda narwo rwitabiriye gahunda ya PISA. Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) kivuga ko ari intambwe ikomeye mu kugereranya ibipimo ngenderwaho by’uburezi ku rwego rw’igihugu n’ibyo ku rwego mpuzamahanga, bikazafasha kuzamura ireme ry’uburezi.

Umuyobozi w’Ishuri ryisumbuye ryitiriwe Umwamikazi w’Amahoro riri mu Karere ka Nyamagabe, Padiri Jean Claude Nshimiyimana, avuga ko iri suzuma rizabereka urwego bariho, bityo bakamenya aho bashyira imbaraga mu kuzamura ireme ry’uburezi.

Aragira ati “Twabonaga bavugurura imyigishirize buri gihe tukayoberwa impamvu yabyo kuko tutari tuzi aho duhagaze. Ariko ubu bazajya bavugurura bipimye ku ruhando mpuzamahanga.”

Umwe mu babyeyi bo mu Karere ka Gicumbi, Cyprien, avuga ko iri suzuma mpuzamahanga rizereka Abanyarwanda aho ireme ry’uburezi rigeze, bityo bakamenya aho bahera basaba abayobozi kunoza aho bitagenda neza.

Aragira ati “Nkatwe nk’abayobozi b’amashuri, bizagenda bitwereka urwego abana bariho, bitume aho bafite intege nke turebe icyo twakora dukurikije ibyo twabonye, kugira ngo turusheho kuzamura ireme ry’uburezi.”

Amasuzuma yose yamaze kurangira, ubu hakaba harimo gusesengurwa ibibazo byagaragaye mu burezi kugira ngo bikemurwe.

Umuyobozi Mukuru wa NESA, Dr Bernard Bahati, avuga ko isuzuma rizafasha kureba aho u Rwanda ruhagaze, aho kurugereranya gusa n’ibihugu byateye imbere mu ireme ry’uburezi.

Aragira ati “Abantu benshi bareba ibivuyemo bakibaza bati ‘ndi uwa kangahe?’ Ariko kujya muri PISA si ukujya guhangana n’igihugu nka Singapore gihora ku mwanya wa mbere. Icy’ingenzi ni ukumenya aho duhagaze ku ruhando mpuzamahanga.”

Iri suzuma mpuzamahanga rya PISA rihurirwamo n’ibihugu bisaga 91. Ryatangijwe n’Umuryango Mpuzamahanga w’Ubukungu, Ubufatanye n’Iterambere (OECD) mu 1997.

Mu 2000 ni bwo ryatangiye gukorwa ku banyeshuri bafite imyaka 15. Kugeza ubu, buri myaka itatu ikizamini cya PISA kirakorwa, aho abanyeshuri bakora ibizamini byo gusoma, imibare na siyansi.

Ubuyobozi bwa NESA bwagaragaje ko iri suzuma rizagaragaza uko u Rwanda ruhagaze mu ireme ry’uburezi
Abafatanyabikorwa mu burezi bitabiriye ibi biganiro

NTAMBARA Garleon
RADIOTV 10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − eleven =

Previous Post

Korali Disciples ya EAR Remera yavuze intego y’indirimbo yabo nshya ‘Genda Ubabwire’ igezweho

Next Post

Ubutumwa bw’umuyobozi w’umukino w’amagare ku Isi ku mpanuka ikomeye yabaye muri Tour du Rwanda

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

Why You Must Share Your Idea and Get Honest Feedback

by radiotv10
08/04/2026
0

Every great business starts as an idea, but an idea alone isn’t enough. Turning it into something successful requires testing,...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubutumwa bw’umuyobozi w’umukino w’amagare ku Isi ku mpanuka ikomeye yabaye muri Tour du Rwanda

Ubutumwa bw'umuyobozi w’umukino w’amagare ku Isi ku mpanuka ikomeye yabaye muri Tour du Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.