• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi

radiotv10by radiotv10
23/02/2026
in MU RWANDA
0
Inzu y’igorofa ituwemo n’umuryango muri Kigali yakubiswe n’inkuba ihita inafatwa n’inkongi
Share on FacebookShare on Twitter

Inzu y’igorofa y’umuryango utuye mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, yafashwe n’inkongi y’umuriro, nyuma yo gukubitwa n’inkuba.

Ibi byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 23 Gashyantare 2026 mu Mudugudu wa Rugari mu Kagari ka Nonko mu Murenge wa Nyarugunga.

Aya makuru yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire wavuze ko inkongi y’umuriro yibasiye iyi nyubako, bikekwa ko yatewe n’inkuba yakubise.

Yavuze ko igice cyangiritse ari icyo hejuru gisanzwe gifatirwamo amafunguro n’umuryango utuye muri iyi nzu, ku buryo nta muntu wahagiriye ikibazo.

Iyi nkongi kandi yangije ibikoresho byarimo, birimo imyambaro, ibiryamirwa ndetse n’ibindi bikoresho bakoreshaga mu gihe cyo gufata amafunguro, kimwe n’ikigega, bikaba byahiye.

Ni mu gihe kandi ishami rya Polisi y’u Rwanda ryihutiye kuzimya iyi nkongi, yari yamaze gufata igice cyo hejuru cy’iyi nyubako.

Muri iyi minsi hamaze iminsi humvikana ibiza bikomeje gusiga ingaruka zirimo no gutwara ubuzima bw’abantu, aho kuri iki Cyumweru tariki 22 Gashyantare, ibiza byatewe n’imvura nyinshi, byatumye umukingo uridukira inzu yari irimo Richard Kamanzi, wahoze afite ipeti rya CSP (Chief Superintendent of Police) muri Polisi y’u Rwanda wari mu kiruhuko, agahita ahasiga ubuzima.

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere Rwanda Meteo, giherutse gutangaza ko igice cya gatatu cy’ukwezi kwa kabiri kizagwamo imvura nyinshi, ugereranyije n’iyari isanzwe igwa muri iki gihe.

Minisiteri Ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi kandi iherutse kuburira Abaturarwanda kwitwararika ko imvura iri kugwa muri iki gihe irimo inkuba, bityo ko abantu bakwiye kwirinda gukora ingendo mu gihe imvura iri kugwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 5 =

Previous Post

Minisitiri Dr.Utumatwishima yanenze uwamenyekanye mu myidagaduro mu Rwanda watangaje ibinyoma byibasira Ubuyobozi

Next Post

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Related Posts

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Next Post
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z'INGENZI Z'IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.