Wednesday, June 18, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kwibuka29-Nyange: Hahishuwe ibindi bigaragaza urwango Padiri Seromba yangaga Abatutsi

radiotv10by radiotv10
18/04/2023
in MU RWANDA
0
Kwibuka29-Nyange: Hahishuwe ibindi bigaragaza urwango Padiri Seromba yangaga Abatutsi
Share on FacebookShare on Twitter

Ubwo hibukwaga inzirakarengane z’Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Nyange mu Karere ka Ngororero, bakayisenyerwaho, hongeye kugarukwa ku rwango Padiri Seromba Athanase yagiriraga Abatutsi, hahishurwa ko rwamuranze kuva cyera ndetse ko yabaye Padiri Mukuru abanje kwirukanisha uwari kuri uwo mwanya wari Umututsi. 

Tariki 16 Mata buri mwaka, hibukwa Abatutsi barenga 2 000 biciwe muri Kiliziya yari Paruwasi Gatulika ya Nyange, ku itegeko ryatanzwe na Padiri Seromba Athanase wari Padiri mukuru.

Ubwo hakorwa umuhango wo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi, kuri iyi Kiliziya, Rwamasirabo Aloys wari muri iyo kiliziya mbere y’iminsi ibiri ngo isenywe, avuga ko habanje gukoreshwa ibindi bitero ariko abari bahungiye mu kiliziya bakagerageza gusubiza inyuma abicanyi.

Yavuze ko nyuma abicanyi bagiye gutira imashini yakoraga umuhanda akaba ari yo bakoresha basenya inzu y’Imana yari yahungiyemo Abatutsi bagera ku 2000.

Agira ati “barabanje bateramo za gerenade, bazana esanse baratwika byanga gushya bazana ibyo bita dinamike baraturitsa, nabwo biranga bajya gutira imashini n’amakamyo byakoraga umuhanda, kuri 16 nyuma ya saa sita nibwo imashini yatangiye guhirika kiliziya, padiri Seromba yaravuze ngo bahere mu isakirisitiya.”

Kamanzi Inocent wabanye na Padiri Seromba mbere yo mu 1994, avuga ko na mbere uyu Musaseridoti yaranzwe no kwanga Abatutsi, kuko no kugira ngo abe Padiri mukuru yabanje kumenesha uwari umukuriye amuziza ko ari Umututsi.

Ati “Buriya mureba ntabwo padiri Seromba yari Padiri mukuru. Yabaye we kuko Padiri Karangwa Straton wari Padiri mukuru yamuhungiye ku Nyundo kwa Musenyeri kubera kumutoteza.”

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango, na we avuga ko mu mwaka wa 1973 ubwo Seromba yari mu iseminari ya Nyakibanda nabwo yaranzwe no gutoteza Abatutsi.

Ahari kiriziya yasenyeweho inzirakarengane zigera ku 2 000, ubu hubatse urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi, rushyinguyemo ruruhukiyemo inzirakarengane 7 856 zishwe muri Jenoside.

Padiri Seromba wagize uruhare rukomeye muri Jenoside, yaje guhungira mu Butaliyani akomeza ubupadiri nyuma yo guhindura amazina akiyita Atanasio Sumba bura, yaje guhamywa icyaha cya Jenoside n’Urukukiko Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda, rumukatira igifungo ari kurangiriza mu Benin.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Andi makuru yahise amenyekana ku itsinda ry’abagore b’ikimero ryanyeganyeje imbuga nkoranyambaga

Next Post

IFOTO: Perezida Ndayishimiye yasuye abahinzi yanga kugenda atabahaye umubyizi

Related Posts

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege-RwandAir yegukanye igihembo mu byatangiwe i Burayi

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege-RwandAir yegukanye igihembo mu byatangiwe i Burayi

by radiotv10
17/06/2025
0

Sosiyete y’ingendo z’inzege ya RwandAir, yatangaje ko yegukanye igihembo nka komanyi ya mbere nziza ku Mugabane wa Afurika zikora iby’ingendo...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

by radiotv10
17/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) has announced the initial trial phase for issuing the new digital ID cards will begin...

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

by radiotv10
17/06/2025
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Irangamuntu NIDA kiratangaza ko igerageza rya mbere ryo gutanga irangamuntu nshya ikoranye ikoranabuhanga, rizatangira mu kwezi gutaha...

Harimo no gucibwa Miliyani 10Frw: Hatangajwe ibihano ku bazajya bishyuza amafaranga y’amanyamahanga

Harimo no gucibwa Miliyani 10Frw: Hatangajwe ibihano ku bazajya bishyuza amafaranga y’amanyamahanga

by radiotv10
17/06/2025
0

Banki Nkuru y’u Rwanda yatangaje amabwiriza ajyanye n’imikoreshereze y’amadovize n’ibihano ku bayakoresha batarabiherewe uburenganzira, birimo kuzajya bacibwa amande ya miliyoni...

Ingabo z’u Rwanda zungutse undi Ofisiye Mukuru urangije amasomo hanze

Ingabo z’u Rwanda zungutse undi Ofisiye Mukuru urangije amasomo hanze

by radiotv10
17/06/2025
0

Major Faustin Kevin Kayumba wo mu Ngabo z’u Rwanda, yarangije amasomo mu Ishuri rya Gisirikare ryo muri Jordnia, nyuma y’icyumweru...

IZIHERUKA

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege-RwandAir yegukanye igihembo mu byatangiwe i Burayi
MU RWANDA

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege-RwandAir yegukanye igihembo mu byatangiwe i Burayi

by radiotv10
17/06/2025
0

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

17/06/2025
Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

17/06/2025
Umucyo ku bakinnyi bavugwa muri APR barimo n’abayikiniye bashobora kuyigarukamo

Umucyo ku bakinnyi bavugwa muri APR barimo n’abayikiniye bashobora kuyigarukamo

17/06/2025
Harimo no gucibwa Miliyani 10Frw: Hatangajwe ibihano ku bazajya bishyuza amafaranga y’amanyamahanga

Harimo no gucibwa Miliyani 10Frw: Hatangajwe ibihano ku bazajya bishyuza amafaranga y’amanyamahanga

17/06/2025
Nyuma y’iminsi micye Igisirikare cya Israel cyishe Abajenerali batatu ba Iran cyongeye kwigamba

Nyuma y’iminsi micye Igisirikare cya Israel cyishe Abajenerali batatu ba Iran cyongeye kwigamba

17/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Perezida Ndayishimiye yasuye abahinzi yanga kugenda atabahaye umubyizi

IFOTO: Perezida Ndayishimiye yasuye abahinzi yanga kugenda atabahaye umubyizi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Sosiyete y’u Rwanda y’Indege-RwandAir yegukanye igihembo mu byatangiwe i Burayi

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.