Monday, July 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kwibuka29-Nyange: Hahishuwe ibindi bigaragaza urwango Padiri Seromba yangaga Abatutsi

radiotv10by radiotv10
18/04/2023
in MU RWANDA
0
Kwibuka29-Nyange: Hahishuwe ibindi bigaragaza urwango Padiri Seromba yangaga Abatutsi
Share on FacebookShare on Twitter

Ubwo hibukwaga inzirakarengane z’Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Nyange mu Karere ka Ngororero, bakayisenyerwaho, hongeye kugarukwa ku rwango Padiri Seromba Athanase yagiriraga Abatutsi, hahishurwa ko rwamuranze kuva cyera ndetse ko yabaye Padiri Mukuru abanje kwirukanisha uwari kuri uwo mwanya wari Umututsi. 

Tariki 16 Mata buri mwaka, hibukwa Abatutsi barenga 2 000 biciwe muri Kiliziya yari Paruwasi Gatulika ya Nyange, ku itegeko ryatanzwe na Padiri Seromba Athanase wari Padiri mukuru.

Ubwo hakorwa umuhango wo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi, kuri iyi Kiliziya, Rwamasirabo Aloys wari muri iyo kiliziya mbere y’iminsi ibiri ngo isenywe, avuga ko habanje gukoreshwa ibindi bitero ariko abari bahungiye mu kiliziya bakagerageza gusubiza inyuma abicanyi.

Yavuze ko nyuma abicanyi bagiye gutira imashini yakoraga umuhanda akaba ari yo bakoresha basenya inzu y’Imana yari yahungiyemo Abatutsi bagera ku 2000.

Agira ati “barabanje bateramo za gerenade, bazana esanse baratwika byanga gushya bazana ibyo bita dinamike baraturitsa, nabwo biranga bajya gutira imashini n’amakamyo byakoraga umuhanda, kuri 16 nyuma ya saa sita nibwo imashini yatangiye guhirika kiliziya, padiri Seromba yaravuze ngo bahere mu isakirisitiya.”

Kamanzi Inocent wabanye na Padiri Seromba mbere yo mu 1994, avuga ko na mbere uyu Musaseridoti yaranzwe no kwanga Abatutsi, kuko no kugira ngo abe Padiri mukuru yabanje kumenesha uwari umukuriye amuziza ko ari Umututsi.

Ati “Buriya mureba ntabwo padiri Seromba yari Padiri mukuru. Yabaye we kuko Padiri Karangwa Straton wari Padiri mukuru yamuhungiye ku Nyundo kwa Musenyeri kubera kumutoteza.”

Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascene wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango, na we avuga ko mu mwaka wa 1973 ubwo Seromba yari mu iseminari ya Nyakibanda nabwo yaranzwe no gutoteza Abatutsi.

Ahari kiriziya yasenyeweho inzirakarengane zigera ku 2 000, ubu hubatse urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi, rushyinguyemo ruruhukiyemo inzirakarengane 7 856 zishwe muri Jenoside.

Padiri Seromba wagize uruhare rukomeye muri Jenoside, yaje guhungira mu Butaliyani akomeza ubupadiri nyuma yo guhindura amazina akiyita Atanasio Sumba bura, yaje guhamywa icyaha cya Jenoside n’Urukukiko Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda, rumukatira igifungo ari kurangiriza mu Benin.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + ten =

Previous Post

Andi makuru yahise amenyekana ku itsinda ry’abagore b’ikimero ryanyeganyeje imbuga nkoranyambaga

Next Post

IFOTO: Perezida Ndayishimiye yasuye abahinzi yanga kugenda atabahaye umubyizi

Related Posts

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

by radiotv10
14/07/2025
0

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, yamenyesheje Abanyarwanda ko haherutse kuvumburwa urushinge umuntu ashobora guterwa rukamurinda kwandura Virusi Itera SIDA mu...

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

by radiotv10
14/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Health, Dr. Sabin Nsanzimana, has announced the recent discovery of an injection that can protect an individual...

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

LIBERATION vs INDEPENDENCE (ctd): Is the West fully responsible?

by radiotv10
14/07/2025
0

In our past article, we explained why and how Africa was maintained under domination by European countries. Should we keep...

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

Umugore ukurikiranyweho umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we havuzwe icyabimuteye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu akurikiranyweho gucura umugambi wo gushaka kwicisha umugabo we, afatanyije n’undi...

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

Arasaba abagiraneza kugoboka umugore we wasanganywe uburwayi bukomeye nyuma y’igihe bwarayoberanye

by radiotv10
14/07/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, arasaba abagiraneza gufasha umugore we kujya kwivuza indwara y’ibibyimba yasanganywe...

IZIHERUKA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama
AMAHANGA

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

by radiotv10
14/07/2025
0

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

14/07/2025
Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

14/07/2025
Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

Ifungurwa ry’Umupaka wa Bunagana riravugwaho kuzana kutavuga rumwe hagati ya Congo na Uganda

14/07/2025
Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

Eng.-US mentioned consequences if the agreement signed between Rwanda and DRC are not respected

14/07/2025
Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

Eng.-A new vaccine-like injection discovered to prevent individuals from contraction HIV

14/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Perezida Ndayishimiye yasuye abahinzi yanga kugenda atabahaye umubyizi

IFOTO: Perezida Ndayishimiye yasuye abahinzi yanga kugenda atabahaye umubyizi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Kuki utinyuka kubumbura amaguru ukennye?-Zari ntiyumva ukuntu umugore ukennye yatinyuka gusama

America yavuze inkurikizi zizabaho nihatubahirizwa amasezerano y’u Rwanda na DRC

Havumbuwe urushinge umuntu aterwa kabiri mu mwaka akawumara adashobora kwandura SIDA

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.