• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Lionel Messi yegukanye Ballon d’Or, Cristiano Ronaldo aza ku mwanya wa 7 (Amafoto)

radiotv10by radiotv10
30/11/2021
in SIPORO
0
Lionel Messi yegukanye Ballon d’Or, Cristiano Ronaldo aza ku mwanya wa 7 (Amafoto)
Share on FacebookShare on Twitter

Lionel Messi yegukanye Ballon d’Or ye ya karindwi mu mateka, ahigitse abo bari bahanganye barimo Benzema, Cristiano Ronaldo na Robert Lewandowski.

Byari ibirori ubwo Lionel Messi yahabwaga Ballon d’Or ya karindwi mu mateka nk’umukinnyi wahize abandi mu mwaka w’imikino wa 2020/21, ibirori byabereye mu mujyi wa Paris.

Mbere y’umuhango wo gutanga ibi bihembo Lionel Messi waje uherekejwe n’umuryango we ni we wahabwaga amahirwe yo kwegukana Ballon d’Or nyuma yo gufasha ikipe y’igihugu ya Argentine, abeye Kapiteni kwegukana igikombe cya Copa America.

Lionel Messi wegukanye Ballon d’Or yaherukaga kuyitwara muri 2019 ahigitse Rutahizamu wa Man United, akaba na mucyeba we Criastono Ronaldo.
Messi amaze gutwara Ballon d’Or zirindwi mu myaka itandukanye harimo esheshatu yatwaye akinira FC Barcelona, n’imwe yatwaye ari umukinnyi wa PSG. Yagiye azitwara mu myaka itandukanye ariyo : 2009, 2010, 2011, 2012, 2015, 2019 na 2021.
Mu bagore Kapiteni wa FC Barcelona akaba na Rutahizamu w’iyi kipe, Alexia Putellas, yatowe nk’umukinnyi mwiza w’umugore mu mwaka wa 2020/21, yegukana Ballon d’Or.

                                           Alexia Putellas ukinira FC Barcelone

Uko ibihembo byatanzwe by’abakinnyi bitwaye neza muri 2020/21

Usibye Messi wegukanye Ballon d’Or, Umutaliyani Gianluigi Donnarumma ukinira Paris Saint-Germain yegukanye ‘Trophée Yachine’ nk’umuzamu mwiza w’umwaka 2020/21.
Alexia Putellas ukinira FC Barcelone yatowe nk’umukinnyi mwiza w’umugore mu mwaka wa 2020/21, yegukana Ballon d’Or.

Robert Lewandowski yatowe nka rutahizamu w’umwaka 2020/21 mu birori byo gutanga Ballon d’Or biri kubera mu Bufaransa.

Pedro González López ‘Pedri’ ukinira FC Barcelone yatowe nk’umukinnyi mwiza mu batarengeje imyaka 21, ahabwa igihembo cyitwa ‘Kopa’. Pedro González López ukinira FC Barcelone niwe watowe nk’umukinnyi mwiza mubatarengeje imyaka 21

Ikipe ya Chelsea FC yo mu Bwongereza, iheruka gutwara igikombe cyo ku mugabane w’Uburayi “Champions League”  niyo yahawe igihembo cy’ikipe y’umwaka 2020/21.

                                                     Gianluigi Donnarumma yegukanye ‘Trophée Yachine’ Lewandowski yatowe nka rutahizamu w’umwaka 2020/21                       Chelsea FC yo mu Bwongereza niyo kipe nziza y’umwaka wa 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 8 =

Previous Post

Ni Messi cyangwa Robert Lewandowski- Ballon d’Or 2021 irarara mu maboko yande?

Next Post

COVID-19: Kuki Abaturarwanda bagiye guterwa urukingo rwa gatatu? Hari impungenge biteye?

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
COVID-19: Kuki Abaturarwanda bagiye guterwa urukingo rwa gatatu? Hari impungenge biteye?

COVID-19: Kuki Abaturarwanda bagiye guterwa urukingo rwa gatatu? Hari impungenge biteye?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.