Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Louise Mushikiwabo yahaye inshingano uwabaye Perezida w’u Burundi

radiotv10by radiotv10
08/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Louise Mushikiwabo yahaye inshingano uwabaye Perezida w’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF/Organisation Internationale de la Francophonie) yahaye inshingano Domitien Ndayizeye wigeze kuyobora u Burundi, zo kumubera Intumwa Yihariye yo gukurikirana ibyo muri Haïti.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi Bukuru bwa OIF kuri uyu wa Mbere tariki 07 Ukwakira 2024.

Iri tangazo ritangira rigira riti “Umunyamabanga Mukuru wa Francophonie, Louise Mushikiwabo, yagize Intumwa Yihariye yo gukurikirana ibibazo biri muri Haïti.”

Umuryango w’Ibihugu Bikoresha Ururimi rw’Igifaransa OIF uvuga ko Umunyapolitiki Domitien Ndayizeye, yabaye Perezida w’u Burundi.

OIF ivuga ko mu Ihuriro rya 19 ry’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma byo muri uyu Muryango yabaye hagati tariki 04 n’iya 05 Ukwakira, Abakuru b’Ibihugu bashimye uburyo uyu muryango ukoresha mu guhosha ibibazo ubinyujije mu nzira z’ibiganiro.

Igakomeza igira iti “Uku kumushyiraho [Domitien Ndayizeye] kuje gukurikira imbaraga za Francophonie n’Umunyamabanga Mukuru wayo mu kugarura ituze no gushyira ku murongo Demokarasi muri Haïti isanzwe ari Umunyamuryango w’ingenzi wa OIF.”

Iyi ntumwa Yihariye y’Umunyamabanga Mukuru wa OIF yahaye gukurikirana ibibazo byo muri Haïti izakorana bya hafi n’Ubuyobozi n’inzego zo muri iki Gihugu ndetse n’abanyapolitiki bacyo, kimwe n’imiryango itari iya Leta ikorera muri iki Gihugu.

Nanone kandi azakorana bya hafi n’imiryango ifite ihuriro irimo CARICOM, OEA, ndetse n’Umuryango w’Abibumbye n’indi Miryango Mpuzamahanga.

Domitien Ndayizeye wahawe izi nshingano zo guhagararira Mushikiwabo mu gukurikirana ibibazo byo muri Haïti, yabaye Perezida w’u Burundi hagati ya 2003 na 2005.

Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Louise Mushikiwabo
Domitien Ndaziye wabaye Perezida w’u Burundi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

Harumvikana kutavura rumwe hagati y’uruganda n’uwagiriye impanuka mu kazi uvuga ko byakurikiwe n’ibiteye agahinda

Next Post

Nyanza: Baribaza iherezo rya Gare igezweho bagombye kuba bamaranye umwaka

Related Posts

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

by radiotv10
26/12/2025
0

The President of the United States of America, Donald Trump, has confirmed that, in his capacity as Commander-in-Chief of the...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
26/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

IZIHERUKA

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye
FOOTBALL

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
27/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

27/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Baribaza iherezo rya Gare igezweho bagombye kuba bamaranye umwaka

Nyanza: Baribaza iherezo rya Gare igezweho bagombye kuba bamaranye umwaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.