Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Louise Mushikiwabo yahaye inshingano uwabaye Perezida w’u Burundi

radiotv10by radiotv10
08/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Louise Mushikiwabo yahaye inshingano uwabaye Perezida w’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF/Organisation Internationale de la Francophonie) yahaye inshingano Domitien Ndayizeye wigeze kuyobora u Burundi, zo kumubera Intumwa Yihariye yo gukurikirana ibyo muri Haïti.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi Bukuru bwa OIF kuri uyu wa Mbere tariki 07 Ukwakira 2024.

Iri tangazo ritangira rigira riti “Umunyamabanga Mukuru wa Francophonie, Louise Mushikiwabo, yagize Intumwa Yihariye yo gukurikirana ibibazo biri muri Haïti.”

Umuryango w’Ibihugu Bikoresha Ururimi rw’Igifaransa OIF uvuga ko Umunyapolitiki Domitien Ndayizeye, yabaye Perezida w’u Burundi.

OIF ivuga ko mu Ihuriro rya 19 ry’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma byo muri uyu Muryango yabaye hagati tariki 04 n’iya 05 Ukwakira, Abakuru b’Ibihugu bashimye uburyo uyu muryango ukoresha mu guhosha ibibazo ubinyujije mu nzira z’ibiganiro.

Igakomeza igira iti “Uku kumushyiraho [Domitien Ndayizeye] kuje gukurikira imbaraga za Francophonie n’Umunyamabanga Mukuru wayo mu kugarura ituze no gushyira ku murongo Demokarasi muri Haïti isanzwe ari Umunyamuryango w’ingenzi wa OIF.”

Iyi ntumwa Yihariye y’Umunyamabanga Mukuru wa OIF yahaye gukurikirana ibibazo byo muri Haïti izakorana bya hafi n’Ubuyobozi n’inzego zo muri iki Gihugu ndetse n’abanyapolitiki bacyo, kimwe n’imiryango itari iya Leta ikorera muri iki Gihugu.

Nanone kandi azakorana bya hafi n’imiryango ifite ihuriro irimo CARICOM, OEA, ndetse n’Umuryango w’Abibumbye n’indi Miryango Mpuzamahanga.

Domitien Ndayizeye wahawe izi nshingano zo guhagararira Mushikiwabo mu gukurikirana ibibazo byo muri Haïti, yabaye Perezida w’u Burundi hagati ya 2003 na 2005.

Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Louise Mushikiwabo
Domitien Ndaziye wabaye Perezida w’u Burundi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 6 =

Previous Post

Harumvikana kutavura rumwe hagati y’uruganda n’uwagiriye impanuka mu kazi uvuga ko byakurikiwe n’ibiteye agahinda

Next Post

Nyanza: Baribaza iherezo rya Gare igezweho bagombye kuba bamaranye umwaka

Related Posts

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragarije Felix Tshisekedi wamusimbuye, ko asigaranye amahitamo atatu, arimo...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Baribaza iherezo rya Gare igezweho bagombye kuba bamaranye umwaka

Nyanza: Baribaza iherezo rya Gare igezweho bagombye kuba bamaranye umwaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.