Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Louise Mushikiwabo yahaye inshingano uwabaye Perezida w’u Burundi

radiotv10by radiotv10
08/10/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Louise Mushikiwabo yahaye inshingano uwabaye Perezida w’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF/Organisation Internationale de la Francophonie) yahaye inshingano Domitien Ndayizeye wigeze kuyobora u Burundi, zo kumubera Intumwa Yihariye yo gukurikirana ibyo muri Haïti.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’Ubuyobozi Bukuru bwa OIF kuri uyu wa Mbere tariki 07 Ukwakira 2024.

Iri tangazo ritangira rigira riti “Umunyamabanga Mukuru wa Francophonie, Louise Mushikiwabo, yagize Intumwa Yihariye yo gukurikirana ibibazo biri muri Haïti.”

Umuryango w’Ibihugu Bikoresha Ururimi rw’Igifaransa OIF uvuga ko Umunyapolitiki Domitien Ndayizeye, yabaye Perezida w’u Burundi.

OIF ivuga ko mu Ihuriro rya 19 ry’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma byo muri uyu Muryango yabaye hagati tariki 04 n’iya 05 Ukwakira, Abakuru b’Ibihugu bashimye uburyo uyu muryango ukoresha mu guhosha ibibazo ubinyujije mu nzira z’ibiganiro.

Igakomeza igira iti “Uku kumushyiraho [Domitien Ndayizeye] kuje gukurikira imbaraga za Francophonie n’Umunyamabanga Mukuru wayo mu kugarura ituze no gushyira ku murongo Demokarasi muri Haïti isanzwe ari Umunyamuryango w’ingenzi wa OIF.”

Iyi ntumwa Yihariye y’Umunyamabanga Mukuru wa OIF yahaye gukurikirana ibibazo byo muri Haïti izakorana bya hafi n’Ubuyobozi n’inzego zo muri iki Gihugu ndetse n’abanyapolitiki bacyo, kimwe n’imiryango itari iya Leta ikorera muri iki Gihugu.

Nanone kandi azakorana bya hafi n’imiryango ifite ihuriro irimo CARICOM, OEA, ndetse n’Umuryango w’Abibumbye n’indi Miryango Mpuzamahanga.

Domitien Ndayizeye wahawe izi nshingano zo guhagararira Mushikiwabo mu gukurikirana ibibazo byo muri Haïti, yabaye Perezida w’u Burundi hagati ya 2003 na 2005.

Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Louise Mushikiwabo
Domitien Ndaziye wabaye Perezida w’u Burundi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + thirteen =

Previous Post

Harumvikana kutavura rumwe hagati y’uruganda n’uwagiriye impanuka mu kazi uvuga ko byakurikiwe n’ibiteye agahinda

Next Post

Nyanza: Baribaza iherezo rya Gare igezweho bagombye kuba bamaranye umwaka

Related Posts

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyanza: Baribaza iherezo rya Gare igezweho bagombye kuba bamaranye umwaka

Nyanza: Baribaza iherezo rya Gare igezweho bagombye kuba bamaranye umwaka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.