Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

M23 yafashe akandi gace nyuma yo kurwana inkundura na FARDC

radiotv10by radiotv10
24/10/2022
in MU RWANDA
0
M23 yafashe akandi gace nyuma yo kurwana inkundura na FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wafashe agace kamwe ko muri Terirwari ya Rutshuru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’imirwano iremereye yahuje uyu mutwe na FARDC.

Aka gace kafashwe na M23, kitwa Ntamugenga, kafashwe n’uyu mutwe kuri iki Cyumweru tariki 23 Ukwakira 2022.

Ikinyamakuru Goma 24 News kivuga ko aka gace ka Ntamugenga kafashwe na M23 nyuma yuko uyu mutwe wafashe n’utundi duce twa Muhimbira na Nyaluhondo.

Ubutumwa bw’iki kinyamakuru bwanyuze kuri Twitter, buvuga ko “site ya Ntamugenga yamaze kugera mu maboko ya M23. Imirwano ikomereje mu gace ka Matebe/ Bugani. FARDC ikomeje kwihagararaho ku muhanda werecyeza Rutshuru, ariko ntibyababujije guhunga nkuko bisanzwe.”

Ikinyamakuru 7SUR7.CD cyo cyatangaje ko umutwe wa M23 wafashe kariya gace nyuma yo kurenga ku mabwiriza ukagaba igitero ku birindiro bya FARDC bigatuma n’abasivile bava mu byabo.

Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Congo, bwabwiye iki kinyamakuru 7SUR7.CD ko abasirikare binjiye mu bitaro bya Ntamugenga ariko ko ikindi gice cy’aka gace kiri kugenzurwa na M23.

Umwe mu basirikare utifuje ko atangazwa, yagize ati “Twasubiye inyuma hafi y’Ibitaro. Aho ni ho twarasaniye, bari benshi. Bafashe agace ka Ntamugenga.”

Ntamugenga ni agace gateye neza ku bya gisirikare muri Teritwari ya Rutshuru kuko gafasha kugera byoroshye ku muhanda mukuru nimero ya 2. Ikinyamakuru 7SUR7.CD kivuga ko uyu mutwe wa M23 ushobora gukoresha aka gace, ugahagarika urujya n’uruza rwerecyeza mu Mujyi wa Goma.

Imirwano hagati ya M23 na FARDC yubuye ku wa Kane w’icyumweru gishize nyuma y’igihe hari agahenge, aho yubuye nyuma yuko FARDC igabye ibitero kuri M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 1 =

Previous Post

Ubutumwa bw’ikiniga bwa Adil wuriye rutemikirere agasiga amenyesheje APR ikintu gikomeye

Next Post

Uganda: Uwashinjwaga kwibasira abo mu bwoko bwa Banyarwanda bamusanze yapfuye

Related Posts

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

by radiotv10
11/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yagenewe igihembo n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) ku bw’uruhare rwe mu miyoborere ishyira imbere ubuvugizi...

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

by radiotv10
11/07/2025
0

Mu Murenge wa Muhura mu Karere ka Gatsibo, haravugwa umusore ukekwaho kwica umubyeyi we (Nyina) amuhoye kuba yamubuzaga gutereta umugore...

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

by radiotv10
11/07/2025
0

In today’s world, parents get so busy with work which makes it hard to spend quality time and raise their...

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo rwo mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, uregwa gushaka kuroga abo babanaga, yemeye icyaha,...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

The Government of Rwanda has announced that, in partnership with Hashemite Kingdom of Jordan, it has donated 40 tons of...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

by radiotv10
11/07/2025
0

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

11/07/2025
Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

11/07/2025
Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

10/07/2025
Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uganda: Uwashinjwaga kwibasira abo mu bwoko bwa Banyarwanda bamusanze yapfuye

Uganda: Uwashinjwaga kwibasira abo mu bwoko bwa Banyarwanda bamusanze yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.