• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

M23 yafashe akandi gace nyuma yo kurwana inkundura na FARDC

radiotv10by radiotv10
24/10/2022
in MU RWANDA
0
M23 yafashe akandi gace nyuma yo kurwana inkundura na FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wafashe agace kamwe ko muri Terirwari ya Rutshuru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’imirwano iremereye yahuje uyu mutwe na FARDC.

Aka gace kafashwe na M23, kitwa Ntamugenga, kafashwe n’uyu mutwe kuri iki Cyumweru tariki 23 Ukwakira 2022.

Ikinyamakuru Goma 24 News kivuga ko aka gace ka Ntamugenga kafashwe na M23 nyuma yuko uyu mutwe wafashe n’utundi duce twa Muhimbira na Nyaluhondo.

Ubutumwa bw’iki kinyamakuru bwanyuze kuri Twitter, buvuga ko “site ya Ntamugenga yamaze kugera mu maboko ya M23. Imirwano ikomereje mu gace ka Matebe/ Bugani. FARDC ikomeje kwihagararaho ku muhanda werecyeza Rutshuru, ariko ntibyababujije guhunga nkuko bisanzwe.”

Ikinyamakuru 7SUR7.CD cyo cyatangaje ko umutwe wa M23 wafashe kariya gace nyuma yo kurenga ku mabwiriza ukagaba igitero ku birindiro bya FARDC bigatuma n’abasivile bava mu byabo.

Ubuyobozi bw’Igisirikare cya Congo, bwabwiye iki kinyamakuru 7SUR7.CD ko abasirikare binjiye mu bitaro bya Ntamugenga ariko ko ikindi gice cy’aka gace kiri kugenzurwa na M23.

Umwe mu basirikare utifuje ko atangazwa, yagize ati “Twasubiye inyuma hafi y’Ibitaro. Aho ni ho twarasaniye, bari benshi. Bafashe agace ka Ntamugenga.”

Ntamugenga ni agace gateye neza ku bya gisirikare muri Teritwari ya Rutshuru kuko gafasha kugera byoroshye ku muhanda mukuru nimero ya 2. Ikinyamakuru 7SUR7.CD kivuga ko uyu mutwe wa M23 ushobora gukoresha aka gace, ugahagarika urujya n’uruza rwerecyeza mu Mujyi wa Goma.

Imirwano hagati ya M23 na FARDC yubuye ku wa Kane w’icyumweru gishize nyuma y’igihe hari agahenge, aho yubuye nyuma yuko FARDC igabye ibitero kuri M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × four =

Previous Post

Ubutumwa bw’ikiniga bwa Adil wuriye rutemikirere agasiga amenyesheje APR ikintu gikomeye

Next Post

Uganda: Uwashinjwaga kwibasira abo mu bwoko bwa Banyarwanda bamusanze yapfuye

Related Posts

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Next Post
Uganda: Uwashinjwaga kwibasira abo mu bwoko bwa Banyarwanda bamusanze yapfuye

Uganda: Uwashinjwaga kwibasira abo mu bwoko bwa Banyarwanda bamusanze yapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.