Manchester City yakomeje umuvuduko wo kwirukankana na Arsenal nyuma yo gutsinda Manchester United igitego 1-0 muri Manchester Derby yabereye kuri Old Trafford.
Nyuma y’umunsi umwe Arsenal itsinze Sunderland ibitego 2-0, Manchester City na yo yabonye amanota atatu ayifasha gukomeza kuza ku mwanya wa mbere w’agateganyo muri Shampiyona y’ubwongereza.
Manchester City yakinnye iminota myinshi y’umukino ari abakinnyi 10, nyuma y’uko Phil Foden ahawe ikarita itukura ku munota wa 23, azira gukinira nabi Bruno Fernandes.
Nubwo yari ifite abakinnyi bake, Manchester City yakomeje guhangana na Manchester United, ndetse ihusha n’uburyo bw’ibitego gusa na Manchester United yagiye ihusha uburyo bw’ibitego nk’ubwa Marcus Rashford na Kobbie Mainoo bakubise ku mapoto.
Ku munota wa 60, Erling Haaland ni we waje guhindura ibintu, atsindira Manchester City igitego cy’intsinzi. Iki cyari igitego cye cya gatandatu mu mikino ine amaze gukina.
Erling Halland yahise anaba umwami wa Manchester Derby , kuko ariwe mukinnyi umaze gutsinda ibitego byinshi (9) muri iyi derby agahigo yari asangiye na Sergio Kun Aguëro nawe wakiniye Manchester City wari umaze gutsinda ibitego 8 yanganyaga na Wayne Rooney wakiniye Manchester United.
Manchester United yakomeje gushaka uko yishyura igitego, ariko umunyezamu Gianluigi Donnarumma ababera ibamba nko ku mupira wa Bryan Mbeumo yakuyemo mu minota ya nyuma.
Nyuma y’imikino ine ya Premier League, Arsenal na Manchester City ni zo ziyoboye urutonde, buri imwe ifite amanota 12 kuri 12.