Thursday, June 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Menya amasezerano uruzinduko rwa Perezida Kagame rusize hagati y’u Rwanda na Türkiye

radiotv10by radiotv10
24/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Menya amasezerano uruzinduko rwa Perezida Kagame rusize hagati y’u Rwanda na Türkiye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu ruzinduko Perezida Paul Kagame yagiriraga muri Türkiye, Guverinoma y’u Rwanda n’iy’iki Gihugu, zasinye amasezerano ane y’ubufatanye, arimo ayasinywe hagati ya Minisiteri y’Ingabo mu Rwanda n’Urwego ruri mu zikomeye mu gisirikare muri Türkiye, ndetse n’ay’iperereza mu by’impanuka z’indege.

Ni amasezerano yasinywe na Guverinoma z’Ibihugu byombi kuri uyu wa Kane tariki 23 Mutarama 2025, umunsi wa nyuma w’uruzinduko rwa Perezida Paul Kagame.

Aya masezerano, harimo ay’ubufatanye n’imikoranire hagati y’u Rwanda na Türkiye mu rwego rw’ibijyanye n’itangazamakuru n’itumanaho (Media and Communication).

Hari kandi amasezerano y’ubufatanye hagati y’Urwego rushinzwe iby’amasoko y’ibya gisirikare ruzwi nka Presidency of Defence Industries (SSB) ndetse na Minisiteri y’Ingabo mu Rwanda.

Uru rwego rwa SSB rwashinzwe mu 1985, rugenzurwa n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Türkiye, rufite inshingano zo gushyira mu bikorwa ibyemezo byafashwe na Komite Nshingwabikorwa mu rwego rwa Gisirikare, ndetse rukaba rutegura gahunda zitanga ibisubizo bigamije gufasha igisirikare kugera ku ntego zacyo.

Uru rwego kandi rusanzwe runafite inshingano zo gukorana n’abafatanyabikorwa mpuzamahanga mu kubaka uruganda rwa gisirikare rujyanye n’igihe.

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Türkiye kandi zasinye andi masezerano y’imikoranire mu bijyanye n’itangazamakuru ry’isakazamajwi (radio) n’iry’isakazamashusho (Television).

Ni amasezerano yasinywe hagati y’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru mu Rwanda (Rwanda Broadcasting Agency-RBA) ndetse n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru muri Türkiye (Turkish Radio and Televesion Corporation-TRT).

Andi masezerano, ni ay’imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, mu bijyanye n’iperereza mu by’impanduka z’indege n’izindi mpanuka zikomeye.

Perezida wa Türkiye, Recep Tayyip Erdoğan yakiriye mugenzi we Paul Kagame

Perezida Kagame yavuze ko aya masezerano ashimangira imikoranire y’u Rwanda na Türkiye
Hasinywe amasezerano ari ayo mu rwego rwa gisirikare

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − two =

Previous Post

Amakuru agezweho ku bakinnyi nyamwamba ba Rayon baherutse kugira imvune

Next Post

Abahagarariye Igisirikare cy’Ibihugu byabo mu Rwanda bahishuriwe byinshi ku mikoranire ya FDLR na FARDC

Related Posts

Habaye indi mpanuka ya bisi itwara abagenzi mu zikoresha amashanyarazi zatangiye kwerecyeza mu Ntara

Habaye indi mpanuka ya bisi itwara abagenzi mu zikoresha amashanyarazi zatangiye kwerecyeza mu Ntara

by radiotv10
19/06/2025
0

Imodoka ya bisi ikoresha amashyarazi y’imwe muri sosiyete itwara abagenzi, yakoreye impanuka mu muhanda Kigali-Muhanga nyuma y’iminsi micye hari indi...

Icyo Polisi ivuga ku mumotari wagaragaye atwaye moto anahetse umwana mu mugongo bikarangaza benshi

Icyo Polisi ivuga ku mumotari wagaragaye atwaye moto anahetse umwana mu mugongo bikarangaza benshi

by radiotv10
19/06/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko umumotari wagaragaye atwaye moto anahetse umwana mu mugongo, yakoze ibitemewe, ndetse ko yatangiye kubazwa icyabimuteye....

Kamonyi: Abaturage barasaba kwegerezwa ibikorwaremezo

Eng- Controversial explanations by a school Head accused of selling student’s food

by radiotv10
19/06/2025
0

The head of Munoga Primary School in Ngamba Sector, Kamonyi District, Nsengimana, is accused of selling 150kgs of students’ food....

Amakuru mashya: Hamenyekanye itakiri yo gusinyaho amasezerano ya mbere y’amahoro y’u Rwanda na Congo

Amakuru mashya: Hamenyekanye itakiri yo gusinyaho amasezerano ya mbere y’amahoro y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
19/06/2025
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yatangaje mu biganiro byahuje iy’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zemeje...

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iz’ikindi Gihugu cy’abaturanyi

Ingabo z’u Rwanda zagiranye ibiganiro n’iz’ikindi Gihugu cy’abaturanyi

by radiotv10
19/06/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’ubw’iza Uganda (UPDF) ziri mu biganiro by’iminsi itatu bibaye ku nshuro ya gatanu bihuza abakuriye...

IZIHERUKA

Habaye indi mpanuka ya bisi itwara abagenzi mu zikoresha amashanyarazi zatangiye kwerecyeza mu Ntara
MU RWANDA

Habaye indi mpanuka ya bisi itwara abagenzi mu zikoresha amashanyarazi zatangiye kwerecyeza mu Ntara

by radiotv10
19/06/2025
0

Umwe mu bagize Guverinoma ya Congo yavuze ko adafite ubwoba bwo gufungwa

Resigned Congolese minister blames Rwanda for his prosecution

19/06/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

19/06/2025
Icyo Polisi ivuga ku mumotari wagaragaye atwaye moto anahetse umwana mu mugongo bikarangaza benshi

Icyo Polisi ivuga ku mumotari wagaragaye atwaye moto anahetse umwana mu mugongo bikarangaza benshi

19/06/2025
Minisitiri weguye muri Guverinoma ya Congo yabyegetse ku Rwanda

Minisitiri weguye muri Guverinoma ya Congo yabyegetse ku Rwanda

19/06/2025
Hamenyekanye amakuru ku wari wibye imodoka y’Umunyamakurukazi Bianca

Hamenyekanye amakuru ku wari wibye imodoka y’Umunyamakurukazi Bianca

19/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abahagarariye Igisirikare cy’Ibihugu byabo mu Rwanda bahishuriwe byinshi ku mikoranire ya FDLR na FARDC

Abahagarariye Igisirikare cy’Ibihugu byabo mu Rwanda bahishuriwe byinshi ku mikoranire ya FDLR na FARDC

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye indi mpanuka ya bisi itwara abagenzi mu zikoresha amashanyarazi zatangiye kwerecyeza mu Ntara

Resigned Congolese minister blames Rwanda for his prosecution

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.