Wednesday, August 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda

radiotv10by radiotv10
15/07/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Menya izindi mpinduka zigiye kuba mu burezi bw’u Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Inzego z’uburezi mu Rwanda zitangaza ko umwaka w’amashuri utaha, uzatangirana n’impinduka zirimo kuba abiga mu cyiro cya mbere cy’amashuri abanza, bazajya batangira amasomo saa mbiri za mu gitondo, ndetse no kuba amashami yigishwa mu mashuri yisumbuye, azahuzwa hagendewe ku masomo y’ingenzi atangwamo.

Izi mpinduka zizatangirana n’umuwaka w’amashuri wa 2025-2026, zigaragaza ko amashami asanzwe ahujwe (combinations) mu masomo y’ubumenyi (science), yagiye ahuzwa, ku buryo abigaga mu mashami arenze abiri bazajya bahuzwa bakigira hamwe.

Umuyobozi Wungirije w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi REB, Mutezigaju Flora yagaragaje izi mpinduka, aho yavuze ko nk’abigaga amashami ya MCB (Mathematics Chemistry and Biology), PCB (Physics Chemistry and Biology), na PCM (Physics Chemistry and Mathematics), bazahuzwa bashyirwe mu gice cy’Imibare n’Ubumenyi ku rwego rwa mbere (Mathematics and Science-Stream 1).

Naho abigaga andi mashami, nka MEG (Mathematics Economics and Geography), MCE (Mathematics Chemistry and Economics), MPC (Mathematics Physics and Chemistry), MPG (Mathematics Physics and Geography) na bo bazahuzwa bajye mu Mibare n’Ubumenyi ariko byo ku cyiciro cya kabiri (Mathematics and Science-Stream 2).

Naho abigaga amashami nka HGLE (History Geography and Literature in English) na HLP (History Literature and Psychology) bazajya biga ishami ryiswe Arts in Humanities.

Hari kandi abigaga amashami ahujwe ajyanye n’indimi, nk’abigaga combination ya LEFK (Literature in English, French and Kinyarwanda) ndetse hakaba n’abigaga ishami rya English, French and Kiswahili, aho ubu nabo bazajya bafata ishami ry’indimi zose (Kinyarwanda, English, French and Kiswahili) bakazigira hamwe.

 

Amavugurura akomeye mu bihe byo kwiga

Uretse izi mpinduka zizagaragara mu mashami yigishwa mu mashuri yisumbuye, mu mwaka w’amashuri utaha, isaha yo gutangiriraho amasomo izajya iba ari saa mbiri za mu gitondo ku banyeshuri biga mu cyiciro cya mbere cy’amashuri abanza.

Mutezigaju Flora avuga ko kwigiza imbere amasaha yo gutangiriraho amasomo, byatewe n’imbogamizi zagaragaraga mu bigo bimwe by’amashuri z’umwanya muto wo kwiga.

Ati “Aha habaye amavugurura navuga ko akomeye na byo bitewe n’ibyo abarimu batubwiraga, baratubwiraga bati ‘integanyagisho ntabwo umwana ashobora kuzayirangiza habe na gato, ni ndende cyane’, dusanga rero amashuri menshi dufite yiga mu cyo twita ingunga ebyiri, kwiga ingunga ebyiri ntabwo wabasha kubona periode 40 [igihe gitangirwamo isomo rimwe] mu cyumweru cyangwa se umunani ku munsi.”

Avuga ko iyo abanyeshuri biga ingunga ebyiri ku munsi, nibura bashobora kwiga periode 25 mu cyumweru cyangwa eshanu ku munsi.

Ati “Turavuga tuti ‘kugira ngo rero tubone amasaha atatu n’igice ku munsi kugira ngo umwana yige, biradusaba gutangira ryari?’ dusanga kugira ngo tubone ayo masaha, amashuro yo muri iki cyiciro abana bagomba gutangira saa mbiri za mu gitondo bakageza saa tanu na mirongo ine, ikindi cyiciro kigatangira saa saba n’iminota icumi kikageza saa saa kumi na mirongo itanu.”

Inzego z’uburezi zivuga ko izi mpinduka zose zigamije kunoza ireme ry’uburezi bugifite byinshi byo kongerwamo, bitewe n’ibibazo bikigaragara muri uru rwego rusanzwe ari inkingi nyamwamba mu buzima bw’Igihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 4 =

Previous Post

Crystal Ventures, one of the major investment companies in Rwanda now has a new CEO

Next Post

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Related Posts

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

by radiotv10
06/08/2025
0

Umuryango w’Abibumbye wavuze ko Ibihugu 32 birimo n’u Rwanda; bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro, bikwiye koroherezwa...

Umwarimu arashinja umuyobozi w’ikigo ubuhemu bwatumye amara amezi 11 nta n’ijana acyura mu rugo

Umwarimu arashinja umuyobozi w’ikigo ubuhemu bwatumye amara amezi 11 nta n’ijana acyura mu rugo

by radiotv10
06/08/2025
0

Umwarimu wigisha mu Rwunge rw’Amashuri rwa Nyakabwende mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusisi, arashinja umuyobozi w’iri shuri ubuhemu...

Eng.-Rwanda among 32 countries with untapped wealth

Eng.-Rwanda among 32 countries with untapped wealth

by radiotv10
06/08/2025
0

The United Nations has reported that 32 countries, including Rwanda, possess wealth but lack the capacity to fully exploit it,...

Why is therapy considered a weakness among Africans?

Why is therapy considered a weakness among Africans?

by radiotv10
06/08/2025
0

In many African societies, seeking therapy is often viewed not as a step toward healing, but as a sign of...

Will our generation be remembered for anything apart from vibes?

Will our generation be remembered for anything apart from vibes?

by radiotv10
06/08/2025
0

Every generation leaves a footprint some defining moment, movement, or innovation that becomes its legacy. The Baby Boomers had the...

IZIHERUKA

Mashami Vincent yamaze kwemezwa nk’umutoza w’ikipe yo hanze y’u Rwanda
FOOTBALL

Mashami Vincent yamaze kwemezwa nk’umutoza w’ikipe yo hanze y’u Rwanda

by radiotv10
06/08/2025
0

Muhoozi yavuze Umujenerali umwe rukumbi yemera ko amurenze

General Muhoozi yatanze umucyo ku bo yise abanzi ba Uganda baherutse kwinjirayo rwihishwa

06/08/2025
U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

06/08/2025
DRCongo: Perezida Tshisekedi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’Urwego rushinzwe Iperereza

DRCongo: Perezida Tshisekedi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’Urwego rushinzwe Iperereza

06/08/2025
Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

06/08/2025
Umwarimu arashinja umuyobozi w’ikigo ubuhemu bwatumye amara amezi 11 nta n’ijana acyura mu rugo

Umwarimu arashinja umuyobozi w’ikigo ubuhemu bwatumye amara amezi 11 nta n’ijana acyura mu rugo

06/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Uko Ingabire Victoire yasubije mu Rukiko abajijwe niba yemera ibyaha bikomeye akurikiranyweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mashami Vincent yamaze kwemezwa nk’umutoza w’ikipe yo hanze y’u Rwanda

General Muhoozi yatanze umucyo ku bo yise abanzi ba Uganda baherutse kwinjirayo rwihishwa

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.