Monday, February 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC

radiotv10by radiotv10
05/02/2026
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bahuriye na Patrick Muyaya-Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC i Washington bakamubwira ko bari inyuma y’ubutegetsi bw’iki Gihugu, ko bari bakwiye gusura ibice bigenzurwa n’abarwanyi bwanirira leta ya Congo, bakirebera ibihabera.

Ni nyuma yuko Patrick Muyaya, Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, agaragaje yahuye n’aba Banyekongo, bahuriye i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America.

Muyaya wagaragaje ibyo yavuze ko byavuzwe n’aba Banyekongo bo mu muryango w’Abanyamulenge, yavuze ko ngo bamaganye umutwe wa wa M23 ngo ufashwa n’u Rwanda.

Yatangaje kandi ko ngo bavuze ko “bamwe mu bandimwe bacu bajyanwe n’Ingabo z’u Rwanda ku mbaraga, bahatiwe kuva muri Uvira.”

Muyaya kandi yavuze ko aba Banyekongo bashimye Perezida wabo Tshisekedi na Guverinoma y’Igihugu cyabo, ngo kuba babasha guhangana n’ibibazo bicyugarije.

Muyaya wavuze ko ibi aba Banyekongo b’Abanyamulenge babivugiye mu kiganiro bagiranye cy’isaha i Washington, yavuze ko abashimira ku bwo gukunda Igihugu n’imbaraga zabo mu guhangana n’ibibazo bicyugarije.

Ni mu gihe kuva cyera Abanyekongo b’Abanyamulenge, bagiye bakorerwa ibikorwa bibi n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo, n’ubu bigikomeje gukorwa ku bufatanye bwa FARDC n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, asubiza ku butumwa bwanditswe na Muyaya wanagaragaje amafoto ari kuganira na bariya Banyekongo, yabagiriye inama ko byaba byiza bigereye muri Congo bakirebera ibiri kuberayo.

Yagize ati “Inama yatangajwe mu itangazamakuru mu ruganiriro rwiza i Washington, ni byiza, ariko gusura ibice bigenzurwa n’abahuzamugambi FARDC-FDLR-Wazalendo-FDNB [ingabo z’u Burundi], byaba byiza kurushaho.”

Abanyekongo b’Abanyamulenge bari mu bakomeje kugirwaho ingaruka n’ibikorwa bibi by’ubutegetsi bwa Congo bufatanyije n’abasanzwe bafasha FARDC mu rugamba ihanganyemo na AFC/M23, aho bakomeje kugirirwa nabi, bamwe bakicwa, abandi bagasahurwa n’abatwikirwa inzu zabo ku manywa y’ihangu.

Minisitiri Nduhungirehe
Patrick Muyaya ubwo yaganiraga n’aba Banyekongo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Hari abatangiriye nk’aho turi cyangwa nyuma yaho-Perezida Kagame yibukije Abanyarwanda ko baremwe nk’abo bafatiraho ingero

Next Post

Ubundi Abanyarwanda n’Abarundi batwitaga impanga- Perezida Kagame yagarutse ku mahitamo mabi u Burundi bwakoze

Related Posts

Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC

Minisiter Nduhungirehe raises concerns over journalist Hariana’s impartiality and potential conflicts of interest

by radiotv10
09/02/2026
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, said it is questionable for Hariana to claim that...

Ibinengwa n’ibidasobanutse ku munyamakuru Hariana wagaragaye abaza Trump ibibazo ku by’u Rwanda na DRC

Ibinengwa n’ibidasobanutse ku munyamakuru Hariana wagaragaye abaza Trump ibibazo ku by’u Rwanda na DRC

by radiotv10
09/02/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bidasobanutse kuba umunyamakuru Hariana Verás Victória avuga ko avuganirana Abanyafurika muri...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ko hari ibice bigiye kuzaburamo umuriro w’amashanyarazi mu Rwanda

by radiotv10
09/02/2026
0

Sosiyete y’Igihugu ishinzwe Ingufu REG, yagaragaje ibice bizagaragaramo ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bihe bitandukanye hagati ya tariki 09 n’iya 17...

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare bigiye kujya bivura indwara zikomeze zirimo kanseri

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare bigiye kujya bivura indwara zikomeze zirimo kanseri

by radiotv10
09/02/2026
0

Ubuyobozi bw'Ibitaro Bikuru bya Kaminuza bya Butare CHUB bwatangaje ko bwamaze kubona ibikoresho bigezweho by’ubuvuzi birimo ibipima kanseri, ibyuma byo...

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

Rwanda’s new Digital ID registration officially kicks off in Kigali

by radiotv10
08/02/2026
0

Rwanda’s new digital identification registration has officially begun in Kigali, marking a major step in the nationwide rollout of the...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bigaragaje muri America nk’abashyigikiye ubutegetsi bwa DRC
MU RWANDA

Minisiter Nduhungirehe raises concerns over journalist Hariana’s impartiality and potential conflicts of interest

by radiotv10
09/02/2026
0

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

09/02/2026
Kim Kardashian na Lewis Hamilton bagaragaye barebana akana ko mu jisho nyuma yuko havuzwe urukundo rw’ibanga

Kim Kardashian na Lewis Hamilton bagaragaye barebana akana ko mu jisho nyuma yuko havuzwe urukundo rw’ibanga

09/02/2026
Ibinengwa n’ibidasobanutse ku munyamakuru Hariana wagaragaye abaza Trump ibibazo ku by’u Rwanda na DRC

Ibinengwa n’ibidasobanutse ku munyamakuru Hariana wagaragaye abaza Trump ibibazo ku by’u Rwanda na DRC

09/02/2026
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ko hari ibice bigiye kuzaburamo umuriro w’amashanyarazi mu Rwanda

09/02/2026
Ibitaro bya Kaminuza bya Butare bigiye kujya bivura indwara zikomeze zirimo kanseri

Ibitaro bya Kaminuza bya Butare bigiye kujya bivura indwara zikomeze zirimo kanseri

09/02/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubundi Abanyarwanda n’Abarundi batwitaga impanga- Perezida Kagame yagarutse ku mahitamo mabi u Burundi bwakoze

Ubundi Abanyarwanda n'Abarundi batwitaga impanga- Perezida Kagame yagarutse ku mahitamo mabi u Burundi bwakoze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisiter Nduhungirehe raises concerns over journalist Hariana’s impartiality and potential conflicts of interest

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Kim Kardashian na Lewis Hamilton bagaragaye barebana akana ko mu jisho nyuma yuko havuzwe urukundo rw’ibanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.