Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiriye inama Abanyekongo b’Abanyamulenge bahuriye na Patrick Muyaya-Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC i Washington bakamubwira ko bari inyuma y’ubutegetsi bw’iki Gihugu, ko bari bakwiye gusura ibice bigenzurwa n’abarwanyi bwanirira leta ya Congo, bakirebera ibihabera.
Ni nyuma yuko Patrick Muyaya, Minisitiri w’Itangazamakuru n’Itumanaho akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, agaragaje yahuye n’aba Banyekongo, bahuriye i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America.
Muyaya wagaragaje ibyo yavuze ko byavuzwe n’aba Banyekongo bo mu muryango w’Abanyamulenge, yavuze ko ngo bamaganye umutwe wa wa M23 ngo ufashwa n’u Rwanda.
Yatangaje kandi ko ngo bavuze ko “bamwe mu bandimwe bacu bajyanwe n’Ingabo z’u Rwanda ku mbaraga, bahatiwe kuva muri Uvira.”
Muyaya kandi yavuze ko aba Banyekongo bashimye Perezida wabo Tshisekedi na Guverinoma y’Igihugu cyabo, ngo kuba babasha guhangana n’ibibazo bicyugarije.
Muyaya wavuze ko ibi aba Banyekongo b’Abanyamulenge babivugiye mu kiganiro bagiranye cy’isaha i Washington, yavuze ko abashimira ku bwo gukunda Igihugu n’imbaraga zabo mu guhangana n’ibibazo bicyugarije.
Ni mu gihe kuva cyera Abanyekongo b’Abanyamulenge, bagiye bakorerwa ibikorwa bibi n’ubutegetsi bw’Igihugu cyabo, n’ubu bigikomeje gukorwa ku bufatanye bwa FARDC n’umutwe w’iterabwoba wa FDLR.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, asubiza ku butumwa bwanditswe na Muyaya wanagaragaje amafoto ari kuganira na bariya Banyekongo, yabagiriye inama ko byaba byiza bigereye muri Congo bakirebera ibiri kuberayo.
Yagize ati “Inama yatangajwe mu itangazamakuru mu ruganiriro rwiza i Washington, ni byiza, ariko gusura ibice bigenzurwa n’abahuzamugambi FARDC-FDLR-Wazalendo-FDNB [ingabo z’u Burundi], byaba byiza kurushaho.”
Abanyekongo b’Abanyamulenge bari mu bakomeje kugirwaho ingaruka n’ibikorwa bibi by’ubutegetsi bwa Congo bufatanyije n’abasanzwe bafasha FARDC mu rugamba ihanganyemo na AFC/M23, aho bakomeje kugirirwa nabi, bamwe bakicwa, abandi bagasahurwa n’abatwikirwa inzu zabo ku manywa y’ihangu.



RADIOTV10






