Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

radiotv10by radiotv10
31/01/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n’abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu buryo bwo kwikemurira ibibazo nk’Abanyarwanda ndetse no kwiyubakira Igihugu, bityo ko ukwiye kubabera inzira yo kwishakamo ibisubizo.

Ni Umuganda wo gukora umuhanda uturuka mu mujyi wa Kayonza ukerekeza ahitwa Giperefe, mu Kagari ka Kahi mu Mudugudu wa Nyamiyaga. Umuyobozi w’Akarere ka Kayonza w’Agateganyo, Hategekimana Fred, arasobanura ko kuba uyu muhanda warangiritse byabangamiraga ubworozi n’ubuhinzi bikorerwa muri aka gace.

Ati “Wari umuhanda wangiritse cyane ku buryo byabonekeraga buri wese. Ariko nanone ku bufatanye n’abaturage n’ubuyobozi bwite bwa Leta twiyemeje kuwukorera umuganda. Warabangamiye cyane kuko umukamo uturuka hano, nk’igice cy’ubuhinzi n’ubworozi, yaba umukamo n’umusaruro ukomoka ku buhinzi, kugira ngo bigere ku isoko wabonaga ko bigorana cyane.”

Bamwe mu baturage banavuga ko, usibye kuba uyu muhanda watumaga umusaruro n’umukamo bigera ku masoko mu buryo bugoranye, mu gihe cy’imvura ibinyabiziga byahangirikaga.

Minisitiri w’Intebe, Dr. Justin Nsengiyumva, wifatanyije n’abaturage b’Umurenge wa Gahini mu gusana uyu muhanda, yabahaye intashyo z’Umukuru w’Igihugu, anibutsa abaturage ko umuganda ari kimwe mu buryo Abanyarwanda bakoresha bwo kwishakamo ibisubizo.

Ati: “Igikorwa cy’umuganda ni uburyo bumwe Abanyarwanda twabonye bwo kwikemurira ibibazo, tukishakamo ibisubizo nk’intore ziyubaha. Iyo dukoze umuhanda nk’uyu tuba tubyikoreye tudategereje ko abandi bazaza kubidukorera. Ni yo mpamvu imbaraga zacu zose tuzazikoresha kugira ngo twubake iki Gihugu dufatanije.”

Minisitiri w’Intebe yibukije kandi ko umuganda ari kimwe mu biranga ubutwari bukomoka ku Ntwari z’Igihugu.

Ati “Ibi dukoze hano ni igikorwa cy’ubutwari. Iyo dukoze nk’ibi, twibuka ziriya Ntwari zacu, ruriya rubyiruko rw’abahungu n’abakobwa rwitanze rugatanga n’amaraso yarwo, byari ukugira ngo natwe tube twakwishakamo ibisubizo nk’ibi, dutere imbere bituvuyemo.”

Ni umuhanda uhuza Umurenge wa Gahini na Giperefe, ufite uburebure bwa kilometero 36, muri zo kilometero 19 zari zarangiritse.

Minisitiri w’Intebe yakoranye umuganda n’abaturage b’i Kayonza

Yabibukie ko Umuganda ukwiye kubabera inzira yo kwikemurira ibibazo badategereje abandi

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 6 =

Previous Post

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.