Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Msgr Smaragde yahishuye ko mu gihe cya vuba Sipiriyani Rugamba azemezwa nk’Umutagatifu

radiotv10by radiotv10
25/04/2022
in MU RWANDA
0
Msgr Smaragde yahishuye ko mu gihe cya vuba Sipiriyani Rugamba azemezwa nk’Umutagatifu
Share on FacebookShare on Twitter

Umushumba wa Diyoseze Gatulika ya Kabgayi, Musenyeri Smaragde Mbonyintege yavuze ko Dosiye yo kwinjiza Sipiriyani Rugamba na Madamu we mu Batagatifu, iri kugenda neza ku buryo mu gihe cya vuba bazemezwa, ahishura n’icyo azajya ahora asaba uyu Mutagatifu wa mbere u Rwanda ruzaba rugize.

Musenyeri Smaragde yabivuze kuri iki Cyumweru tariki 24 Mata 2022 nyuma y’igitambo cy’Ukarisitiya yaturiye kwa Yezu Nyirimpuhwe mu Ruhango, ku munsi mukuru w’Impuhwe z’Imana.

Yavuze ko mu bintu Abakristu Gatulika mu Rwanda bakwiye kwishimira ari uko igikorwa cyo kwemeza Sipiriyani na Daforoza Rugamba mu Batagatifu kiri kugenda neza.

Ati “Igihe cyo kwinjira mu rwego rw’Abatagatifu ntabwo kiri kure.”

Yavuze ko igishimishije ari uko Rugamba Sipiriyani azinjizwa mu Batagatifu nk’uwahowe ibikorwa byiza by’Imana kubera uko yitwaye ubwo yajyaga kwicwa muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Musenyeri Smaragde yavuze ko umunsi Sipiriyani Rugamba yashyizwe mu Batagatifu, ku giti cye hari icyo azamusaba

Ati “Ikintu cya mbere tuzamuragiza ni ingo z’abashakanye, njyewe ni cyo cya mbere wenda abandi bafite ikindi bazamusaba ariko njye mbona ari ingo z’abashakanye.”

Avuga ko kumusaba iki kintu hari icyo azaba ashingiye kubera uburyo Rugamba n’umufasha we Daforoza babanaga.

Ati “Nk’umuryango namenye bya hafi, twabanye, nkabona ingorane z’abashakanye kandi nkaboma n’ingabire z’abashakanye, ibyo byombi Sipiriyani Rugamba yabiciyemo ariko haza gutsinda urukundo rw’uwo bashakanye n’ukarisitiya basangiraga.”

Kiliziya Gatulika mu Rwanda, tariki 23 Nzeri 2021 yasoje icyiciro cya mbere cyo kwinjiza Rugamba Sipiriyani n’umugore we Rugamba Daphrose mu rwego rw’Abahire.

Muri uyu muhango wabereye muri Regina Pacis i Remera mu Mujyi wa Kigali, bamwe mu bazi amateka y’umuryango wa Rugamba Sipiriyani, bayagarutseho bavuga uburyo wabanje kunyura mu bigeragezo ariko bakaza kubitsindisha urukundo ubundi bakaza kubaka umuryango ushikamye ushingiye ku ijambo ry’Imana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Perezida Museveni yashimiye Kagame witabiriye ubutumire bw’umuhungu we

Next Post

Rayon yubitse imbehe y’undi mutoza wa AS Kigali nyuma ya Eric Nshimiyimana

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon yubitse imbehe y’undi mutoza wa AS Kigali nyuma ya Eric Nshimiyimana

Rayon yubitse imbehe y'undi mutoza wa AS Kigali nyuma ya Eric Nshimiyimana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.