Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Msgr Smaragde yahishuye ko mu gihe cya vuba Sipiriyani Rugamba azemezwa nk’Umutagatifu

radiotv10by radiotv10
25/04/2022
in MU RWANDA
0
Msgr Smaragde yahishuye ko mu gihe cya vuba Sipiriyani Rugamba azemezwa nk’Umutagatifu
Share on FacebookShare on Twitter

Umushumba wa Diyoseze Gatulika ya Kabgayi, Musenyeri Smaragde Mbonyintege yavuze ko Dosiye yo kwinjiza Sipiriyani Rugamba na Madamu we mu Batagatifu, iri kugenda neza ku buryo mu gihe cya vuba bazemezwa, ahishura n’icyo azajya ahora asaba uyu Mutagatifu wa mbere u Rwanda ruzaba rugize.

Musenyeri Smaragde yabivuze kuri iki Cyumweru tariki 24 Mata 2022 nyuma y’igitambo cy’Ukarisitiya yaturiye kwa Yezu Nyirimpuhwe mu Ruhango, ku munsi mukuru w’Impuhwe z’Imana.

Yavuze ko mu bintu Abakristu Gatulika mu Rwanda bakwiye kwishimira ari uko igikorwa cyo kwemeza Sipiriyani na Daforoza Rugamba mu Batagatifu kiri kugenda neza.

Ati “Igihe cyo kwinjira mu rwego rw’Abatagatifu ntabwo kiri kure.”

Yavuze ko igishimishije ari uko Rugamba Sipiriyani azinjizwa mu Batagatifu nk’uwahowe ibikorwa byiza by’Imana kubera uko yitwaye ubwo yajyaga kwicwa muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Musenyeri Smaragde yavuze ko umunsi Sipiriyani Rugamba yashyizwe mu Batagatifu, ku giti cye hari icyo azamusaba

Ati “Ikintu cya mbere tuzamuragiza ni ingo z’abashakanye, njyewe ni cyo cya mbere wenda abandi bafite ikindi bazamusaba ariko njye mbona ari ingo z’abashakanye.”

Avuga ko kumusaba iki kintu hari icyo azaba ashingiye kubera uburyo Rugamba n’umufasha we Daforoza babanaga.

Ati “Nk’umuryango namenye bya hafi, twabanye, nkabona ingorane z’abashakanye kandi nkaboma n’ingabire z’abashakanye, ibyo byombi Sipiriyani Rugamba yabiciyemo ariko haza gutsinda urukundo rw’uwo bashakanye n’ukarisitiya basangiraga.”

Kiliziya Gatulika mu Rwanda, tariki 23 Nzeri 2021 yasoje icyiciro cya mbere cyo kwinjiza Rugamba Sipiriyani n’umugore we Rugamba Daphrose mu rwego rw’Abahire.

Muri uyu muhango wabereye muri Regina Pacis i Remera mu Mujyi wa Kigali, bamwe mu bazi amateka y’umuryango wa Rugamba Sipiriyani, bayagarutseho bavuga uburyo wabanje kunyura mu bigeragezo ariko bakaza kubitsindisha urukundo ubundi bakaza kubaka umuryango ushikamye ushingiye ku ijambo ry’Imana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 14 =

Previous Post

Perezida Museveni yashimiye Kagame witabiriye ubutumire bw’umuhungu we

Next Post

Rayon yubitse imbehe y’undi mutoza wa AS Kigali nyuma ya Eric Nshimiyimana

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye
AMAHANGA

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

by radiotv10
05/01/2026
0

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon yubitse imbehe y’undi mutoza wa AS Kigali nyuma ya Eric Nshimiyimana

Rayon yubitse imbehe y'undi mutoza wa AS Kigali nyuma ya Eric Nshimiyimana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.