Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Msgr Smaragde yahishuye ko mu gihe cya vuba Sipiriyani Rugamba azemezwa nk’Umutagatifu

radiotv10by radiotv10
25/04/2022
in MU RWANDA
0
Msgr Smaragde yahishuye ko mu gihe cya vuba Sipiriyani Rugamba azemezwa nk’Umutagatifu
Share on FacebookShare on Twitter

Umushumba wa Diyoseze Gatulika ya Kabgayi, Musenyeri Smaragde Mbonyintege yavuze ko Dosiye yo kwinjiza Sipiriyani Rugamba na Madamu we mu Batagatifu, iri kugenda neza ku buryo mu gihe cya vuba bazemezwa, ahishura n’icyo azajya ahora asaba uyu Mutagatifu wa mbere u Rwanda ruzaba rugize.

Musenyeri Smaragde yabivuze kuri iki Cyumweru tariki 24 Mata 2022 nyuma y’igitambo cy’Ukarisitiya yaturiye kwa Yezu Nyirimpuhwe mu Ruhango, ku munsi mukuru w’Impuhwe z’Imana.

Yavuze ko mu bintu Abakristu Gatulika mu Rwanda bakwiye kwishimira ari uko igikorwa cyo kwemeza Sipiriyani na Daforoza Rugamba mu Batagatifu kiri kugenda neza.

Ati “Igihe cyo kwinjira mu rwego rw’Abatagatifu ntabwo kiri kure.”

Yavuze ko igishimishije ari uko Rugamba Sipiriyani azinjizwa mu Batagatifu nk’uwahowe ibikorwa byiza by’Imana kubera uko yitwaye ubwo yajyaga kwicwa muri Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Musenyeri Smaragde yavuze ko umunsi Sipiriyani Rugamba yashyizwe mu Batagatifu, ku giti cye hari icyo azamusaba

Ati “Ikintu cya mbere tuzamuragiza ni ingo z’abashakanye, njyewe ni cyo cya mbere wenda abandi bafite ikindi bazamusaba ariko njye mbona ari ingo z’abashakanye.”

Avuga ko kumusaba iki kintu hari icyo azaba ashingiye kubera uburyo Rugamba n’umufasha we Daforoza babanaga.

Ati “Nk’umuryango namenye bya hafi, twabanye, nkabona ingorane z’abashakanye kandi nkaboma n’ingabire z’abashakanye, ibyo byombi Sipiriyani Rugamba yabiciyemo ariko haza gutsinda urukundo rw’uwo bashakanye n’ukarisitiya basangiraga.”

Kiliziya Gatulika mu Rwanda, tariki 23 Nzeri 2021 yasoje icyiciro cya mbere cyo kwinjiza Rugamba Sipiriyani n’umugore we Rugamba Daphrose mu rwego rw’Abahire.

Muri uyu muhango wabereye muri Regina Pacis i Remera mu Mujyi wa Kigali, bamwe mu bazi amateka y’umuryango wa Rugamba Sipiriyani, bayagarutseho bavuga uburyo wabanje kunyura mu bigeragezo ariko bakaza kubitsindisha urukundo ubundi bakaza kubaka umuryango ushikamye ushingiye ku ijambo ry’Imana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 − 7 =

Previous Post

Perezida Museveni yashimiye Kagame witabiriye ubutumire bw’umuhungu we

Next Post

Rayon yubitse imbehe y’undi mutoza wa AS Kigali nyuma ya Eric Nshimiyimana

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rayon yubitse imbehe y’undi mutoza wa AS Kigali nyuma ya Eric Nshimiyimana

Rayon yubitse imbehe y'undi mutoza wa AS Kigali nyuma ya Eric Nshimiyimana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.