Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhoozi yavuze ko RDF na UPDF ari aba mbere muri Afurika

radiotv10by radiotv10
03/10/2022
in MU RWANDA
0
Muhoozi yavuze ko RDF na UPDF ari aba mbere muri Afurika
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo zirwanira ku Butaka za Uganda, Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda, ari iza mbere zikomeye ku Mugabane wa Afurika.

Si ubwa mbere Lt Gen Muhoozi Kainerugaba agaragaje ko ingabo z’u Rwanda n’iza Uganda ari indashyikirwa, kuko no muri Gashyantare uyu mwaka, yari yavuze ko RDF na UPDF zishyize hamwe, zahita zitsinsura imitwe yitwaje intwaro iri muri Congo iguhanganya u Rwanda na Uganda.

Uyu musirikare ukomeye muri Uganda akaba n’Umujyanama wihariye wa Perezida Yoweri Museveni, yigeze gusaba umutwe wa FDLR kumanika amaboko vuba na bwangu ukishyikiriza ingabo ziwegereye yaba ari iza RDF cyangwa iza UPDF.

Ibi yavuze muri Gicurasi 2022 ubwo uyu mutwe wa FDLR wari ukomeje gufatanya n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda, avuga ko uyu mutwe nutishyikiriza izo ngabo (RDF cyangwa UPDF), uzacanwaho umuriro muri operasiyo yari yavuze ko izitwa Rudahigwa.

Gen Muhoozi Kainerugaba, yongeye gushyira ubutumwa kuri Twitter, avuga ko Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’iza Uganda (UPDF) ari indashyikirwa.

Mu butumwa bwo kuri iki Cyumweru tariki 02 Ukwakira 2022, Muhoozi yagize ati “UPDF na RDF ni zo ngabo nziza za mbere muri Afruka. Dufite ubushobozi bwo gukubita incuro [gutsinda] umwanzi watwenderanyaho. Urugamba rurakomeje.”

UPDF and RDF are the greatest armies in Africa. We can defeat any enemy that threatens us! Aluta Continua!! pic.twitter.com/qwXMycKt0n

— Muhoozi Kainerugaba (@mkainerugaba) October 2, 2022

Ni ubutumwa buherekejwe n’amafoto abiri arimo iya Perezida Paul Kagame ari kumwe na bamwe mu Bajenerani muri RDF,  ndetse n’iy’abasirikare ba UPDF bari mu myitozo y’urugamba.

Muhoozi yakomeje agaruka ku bikorwa bya gisirikare biriho bikorwa na UPDF muri DRCongo byo guhiga abarwanyi ba ADF, avuga ko mu mpera z’umwaka ushize yari yasezeranyije ko uyu mutwe ugiye kubona akazawubaho kandi ko isezerano ryaje kuba impamo. Ati “Ubu rero mwakwibaza ngo hakurikiyeho iki?”

Muhoozi Kainerugaba wagize uruhare mu kubura umubano hagati y’u Rwanda na Uganda, yakunze kuvuga ko kimwe mu byamushimishije mu rugendo rwa gisirikare, ari ukunga ubumuwe bwa RDF na UPDF.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 4 =

Previous Post

Bugesera: Uwafunzwe imyaka 12 kubera gusambanya umukobwa ubu akurikiranyweho gusambanya abana 9 b’abahundu

Next Post

Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage
AMAHANGA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Uw’i Nyabihu wari umaze iminsi ibiri i Rubavu yakuyemo inda abaturanyi baramutahura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.