Friday, November 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Amakuru atari meza ku wavurwaga ibikomere yatewe n’Imbogo yatorotse Ibirunga

radiotv10by radiotv10
26/09/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Amakuru atari meza ku wavurwaga ibikomere yatewe n’Imbogo yatorotse Ibirunga
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 70 y’amavuko wo mu Karere ka Musanze, wavurirwaga muri CHUK nyuma yo gukomeretswa n’imbogo yatorotse mu Birunga, byamanyekanye ko yitabye Imana.

Inkuru y’isanganya ry’umugabo wakomerekejwe n’imbogo zatorotse Pariki y’Igihugu y’Ibirunga zikajya mu baturage mu bice binyuranye birimo ibyo mu Murenge wa Shingiro n’uwa Musanze mu Karere ka Musanze, yamenyekanye ku wa Gatandatu.

Imwe muri izi mbogo ebyiri, yakomerekeje bikomeye umugabo witwa Semivumbi Felicien w’imyaka 70 ahita ajyanwa mu Bitaro.

Izo mbogo ebyiri na zo kubera ibyo zari zimaze gukora kandi bigaragara ko ziteje impungenge mu baturage, na zo zahise ziraswa zirapfa.

Semivumbi wari uri kuvurirwa mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali (CHUK), yitabye Imana kuri iki Cyumweru tariki 25 Nzeri 2022 nyuma y’umunsi umwe, akomerekejwe n’iyi mbogo.

Mbere yo kujyanwa muri CHUK, yabanje kujyanywa mu Bitaro bya Ruhenderi ariko bahita bamworohereza muri CHUK kubera uburyo yari yakomeretse bikabije.

Urupfu rwa nyakwigendera rwemejwe n’ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’Amajyaruguru, SP Alex Ndayisenga, wavuze ko yaguye muri CHUK mu gitondo cyo kuri uyu wa 25 Nzeri 2022.

Uyu muturage yishwe n’Imbogo nyuma y’amezi macye izi nyamaswa zishe undi kuko mu mpera za Gicurasi, uwitwa Mukarugwiza Agnes w’imyaka 34 wo mu Kagari ka Cyabagarura mu Murenge wa Musanze, na we yitabye Imana nyuma yo gukomeretswa bikabije n’Imbogo yari yatorotse mu Birunga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − 14 =

Previous Post

Nta minota, ni pikupiku yarangiza agahita yigendera- Abagore baranenga abagabo batakibashimisha mu buriri

Next Post

Umusirikare wa DRCongo yafatiwe ku butaka bw’u Rwanda afite n’imbunda

Related Posts

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

by radiotv10
14/11/2025
0

Investor Eugene Nyagahene, founder of Tele 10 Group and owner of a five-star hotel in Karongi District, has announced a...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice by’Uturere dutatu mu Rwanda

by radiotv10
14/11/2025
0

Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu REG, yateguje ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice bimwe byo mu Turere twa Nyarugenge, Nyamasheke na...

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

by radiotv10
14/11/2025
0

Abakoresha Gare ya Nyanza barasaba ko yakongerwa cyangwa igasanwa, kuko yabaye nto cyane ugereranyije n’umubare w’ibinyabiziga n’abagenzi biyongereye muri iyi...

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwakoze mu nzego za Leta wanifuzaga kuba Umudepite uregwa Jenoside

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwakoze mu nzego za Leta wanifuzaga kuba Umudepite uregwa Jenoside

by radiotv10
14/11/2025
0

Musonera Germain wakoze mu biro bya Minisitiri w’Intebe, wanifuzaga kuba Umudepite akaza gutabwa muri yombi akurikiranyweho ibyaha bya Jenoside, yakatiwe...

IZIHERUKA

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga
MU RWANDA

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

14/11/2025
Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

14/11/2025
Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu bice by’Uturere dutatu mu Rwanda

14/11/2025
Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

Ab’i Nyanza nyuma yo kunguka igikorwa remezo kibahuza na Bugesera-Kigali baratanga ikindi cyifuzo

14/11/2025
Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

Umunyarwenya ugezweho mu Rwanda yagiye gusetsa abantu aharirira amarira y’ibyishimo ataha amwenyura

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusirikare wa DRCongo yafatiwe ku butaka bw’u Rwanda afite n’imbunda

Umusirikare wa DRCongo yafatiwe ku butaka bw’u Rwanda afite n’imbunda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Byahinduye isura nyuma yuko Perezida wa Rayon yemeje ko batandukanye burundu n’umutoza Lotfi

Eng.-Eugene Nyagahene, Owner of a Five-Star Hotel in Karongi, plans to build 100 apartments

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.