Friday, August 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Musanze: Amakuru atari meza ku wavurwaga ibikomere yatewe n’Imbogo yatorotse Ibirunga

radiotv10by radiotv10
26/09/2022
in MU RWANDA
0
Musanze: Amakuru atari meza ku wavurwaga ibikomere yatewe n’Imbogo yatorotse Ibirunga
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 70 y’amavuko wo mu Karere ka Musanze, wavurirwaga muri CHUK nyuma yo gukomeretswa n’imbogo yatorotse mu Birunga, byamanyekanye ko yitabye Imana.

Inkuru y’isanganya ry’umugabo wakomerekejwe n’imbogo zatorotse Pariki y’Igihugu y’Ibirunga zikajya mu baturage mu bice binyuranye birimo ibyo mu Murenge wa Shingiro n’uwa Musanze mu Karere ka Musanze, yamenyekanye ku wa Gatandatu.

Imwe muri izi mbogo ebyiri, yakomerekeje bikomeye umugabo witwa Semivumbi Felicien w’imyaka 70 ahita ajyanwa mu Bitaro.

Izo mbogo ebyiri na zo kubera ibyo zari zimaze gukora kandi bigaragara ko ziteje impungenge mu baturage, na zo zahise ziraswa zirapfa.

Semivumbi wari uri kuvurirwa mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali (CHUK), yitabye Imana kuri iki Cyumweru tariki 25 Nzeri 2022 nyuma y’umunsi umwe, akomerekejwe n’iyi mbogo.

Mbere yo kujyanwa muri CHUK, yabanje kujyanywa mu Bitaro bya Ruhenderi ariko bahita bamworohereza muri CHUK kubera uburyo yari yakomeretse bikabije.

Urupfu rwa nyakwigendera rwemejwe n’ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’Amajyaruguru, SP Alex Ndayisenga, wavuze ko yaguye muri CHUK mu gitondo cyo kuri uyu wa 25 Nzeri 2022.

Uyu muturage yishwe n’Imbogo nyuma y’amezi macye izi nyamaswa zishe undi kuko mu mpera za Gicurasi, uwitwa Mukarugwiza Agnes w’imyaka 34 wo mu Kagari ka Cyabagarura mu Murenge wa Musanze, na we yitabye Imana nyuma yo gukomeretswa bikabije n’Imbogo yari yatorotse mu Birunga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − 3 =

Previous Post

Nta minota, ni pikupiku yarangiza agahita yigendera- Abagore baranenga abagabo batakibashimisha mu buriri

Next Post

Umusirikare wa DRCongo yafatiwe ku butaka bw’u Rwanda afite n’imbunda

Related Posts

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda

Mu Rwanda hatangijwe serivisi zizatuma hatangwa irangamuntu Koranabuhanga

by radiotv10
07/08/2025
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Irangamuntu, cyatangije ubukangurambaga buzatuma abantu bitabira gahunda zo kwibaruza kugira ngo bazahabwe irangamuntu koranabuhanga, izahabwa Abanyarwanda, impunzi...

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

by radiotv10
07/08/2025
0

Umunyamakuru Aissa Cyiza ukorera Radio imwe yo mu Rwanda, yagizwe Umuyobozi Mukuru wayo nyuma y’amezi atatu n’ubundi azamuwe mu ntera...

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

Abakekwaho urupfu rw’uwamaze icyumweru yarabuze barimo uwo yari agiye kwishyuza ibiceri 600Frw

by radiotv10
07/08/2025
1

Inzego z'iperereza mu Karere ka Nyanza zicumbikiye abantu batatu bakekwaho uruhare mu rupfu rw’umusore wo mu Murenge wa Rwabicuma muri...

What Rwandan students really think about AI in education

What Rwandan students really think about AI in education

by radiotv10
07/08/2025
0

Across university campuses in Rwanda, a quiet revolution is taking place one powered by Artificial Intelligence (AI). Tools like ChatGPT...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

by radiotv10
06/08/2025
0

The Chief of Defence Staff (CDS) of the Rwanda Defence Force, General MK Mubarakh, today hosted a delegation from the...

IZIHERUKA

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda hatangijwe serivisi zizatuma hatangwa irangamuntu Koranabuhanga

by radiotv10
07/08/2025
0

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

07/08/2025
Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

07/08/2025
Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

07/08/2025
Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

07/08/2025
Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

07/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umusirikare wa DRCongo yafatiwe ku butaka bw’u Rwanda afite n’imbunda

Umusirikare wa DRCongo yafatiwe ku butaka bw’u Rwanda afite n’imbunda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu Rwanda hatangijwe serivisi zizatuma hatangwa irangamuntu Koranabuhanga

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.