Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mwaduhaye ibyuzuye ntitwabaha ibicagase- Abo mu Majyepfo bahaye Umukandida wa FPR isezerano ryuzuye

radiotv10by radiotv10
28/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Mwaduhaye ibyuzuye ntitwabaha ibicagase- Abo mu Majyepfo bahaye Umukandida wa FPR isezerano ryuzuye
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Ntara y’Amajyepfo, bagaragarije umukandida wa FPR-Inkotanyi iterambere bagezeho kubera we, bamusezeranya ko bazabimwitura igihe bazaba bagiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, bakazamutora 100%.

Ni mu gikorwa cyo kwiyamamaza k’Umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Perezida Paul Kagame, cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 27 Kamena yakomereje mu Ntara y’Amajyepfo by’umwihariko mu Karere ka Nyamagabe ahari hateraniye abaturage ibihumbi 120 barimo n’abari baturutse mu tundi Turere turimo aka Nyaruguru.

Munyantwali Alphonse, umunyamuryango wa FPR-Inkotanyi wavuze mu izina ry’abo muri aka gace, yagaragaje ibyagezweho muri iyi myaka 30 ishize, birimo ibikorwa by’iterambere byivugira, mu gihe aka gace kari mu twari twarasigaye inyuma.

Ati “Ntabwo twibagirwa ko twigeze kwitirirwa ibitebo. Umuntu akitwa izina ashingiye ku gitebo. Nyakubahwa ibyo mwarabidukijije, turabashimiye, ubu turitirirwa amajyambere, turitirirwa ibikorwa, turabitirirwa nyakubahwa Chairman.”

Yavuze ko aka gace kahoze gafite ubutaka busharira kateza imyaka, none ubu kubera politiki nziza yo kuzamura ubuhinzi, yatumye aka gace kari mu dukungayeho kugira ubuhinzi bw’ibihingwa ngengabukungu byahinduriye benshi imibereho.

Ati “Ubu butaka bwashariraga, ubu butatse amaterase, butase icyayi n’inganda zacyo, butatse ikawa n’inganda zayo, ikirere ni intsinga z’amashanyarazi zigana mu ngo zacu,…”

Ibikorwa remezo na byo ubu ni byose, by’umwihariko imihanda ya kaburimbo, aho Akarere ka Nyaruguru ubu kagezemo umuhanda w’umukara w’ibilometero birenga 60.

Ati “Iyi misozi itatse amavuriro meza mwaduhaye nyakubahwa Chairman, itatse amashuri meza, gahunda nziza zidaheeza n’umwe ziva ku mwana ukiri mu nda, na nyina umutwite, kugeza ku basaza n’abakecuru muri gahunda yo kubaherecyeza.”

Kimwe n’urubyiruko kandi, Munyantwali yavuze ko rwakuriye mu Gihugu kiruha byose, rugakura neza yaba mu gihagararo no mu bwonko, none ubu rwiteguye gukomeza guteza imbere Igihugu cyarwo.

Ati “Mwaduhaye ibyuzuye, ntitwabaha ibicagase. Tujya twumva hari abavuga ngo za 80% ngo ni amajwi menshi, twebwe tuzamutora twese, ababara bazatubwira, ariko natwe imibare turayizi, iyo twamutoye twese, bigomba kuba 100%.”

Munyantwali yizeje Umukandida wa FPR-Inkotanyi ko abatuye aka gace bazirikana ibyiza bagejejweho n’imiyoborere ye, bityo ko kubimwitura ntakundi uretse kuzamuhundagazaho amajwi.

Ab’i Nyamagabe bizeje Perezida kuzamutora 100%

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 4 =

Previous Post

Ibirambuye ku mpanuka yahitanye bane mu bari bagiye kwamamaza umukandida wa FPR-Inkotanyi

Next Post

MTN Rwanda Hosts their 2024 Annual General Meeting and Announces Strategic Resolutions and Dividend Payouts

Related Posts

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

by radiotv10
16/12/2025
0

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

16/12/2025
Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN Rwanda Hosts their 2024 Annual General Meeting and Announces Strategic Resolutions and Dividend Payouts

MTN Rwanda Hosts their 2024 Annual General Meeting and Announces Strategic Resolutions and Dividend Payouts

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.