Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mwaduhaye ibyuzuye ntitwabaha ibicagase- Abo mu Majyepfo bahaye Umukandida wa FPR isezerano ryuzuye

radiotv10by radiotv10
28/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Mwaduhaye ibyuzuye ntitwabaha ibicagase- Abo mu Majyepfo bahaye Umukandida wa FPR isezerano ryuzuye
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Ntara y’Amajyepfo, bagaragarije umukandida wa FPR-Inkotanyi iterambere bagezeho kubera we, bamusezeranya ko bazabimwitura igihe bazaba bagiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, bakazamutora 100%.

Ni mu gikorwa cyo kwiyamamaza k’Umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Perezida Paul Kagame, cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 27 Kamena yakomereje mu Ntara y’Amajyepfo by’umwihariko mu Karere ka Nyamagabe ahari hateraniye abaturage ibihumbi 120 barimo n’abari baturutse mu tundi Turere turimo aka Nyaruguru.

Munyantwali Alphonse, umunyamuryango wa FPR-Inkotanyi wavuze mu izina ry’abo muri aka gace, yagaragaje ibyagezweho muri iyi myaka 30 ishize, birimo ibikorwa by’iterambere byivugira, mu gihe aka gace kari mu twari twarasigaye inyuma.

Ati “Ntabwo twibagirwa ko twigeze kwitirirwa ibitebo. Umuntu akitwa izina ashingiye ku gitebo. Nyakubahwa ibyo mwarabidukijije, turabashimiye, ubu turitirirwa amajyambere, turitirirwa ibikorwa, turabitirirwa nyakubahwa Chairman.”

Yavuze ko aka gace kahoze gafite ubutaka busharira kateza imyaka, none ubu kubera politiki nziza yo kuzamura ubuhinzi, yatumye aka gace kari mu dukungayeho kugira ubuhinzi bw’ibihingwa ngengabukungu byahinduriye benshi imibereho.

Ati “Ubu butaka bwashariraga, ubu butatse amaterase, butase icyayi n’inganda zacyo, butatse ikawa n’inganda zayo, ikirere ni intsinga z’amashanyarazi zigana mu ngo zacu,…”

Ibikorwa remezo na byo ubu ni byose, by’umwihariko imihanda ya kaburimbo, aho Akarere ka Nyaruguru ubu kagezemo umuhanda w’umukara w’ibilometero birenga 60.

Ati “Iyi misozi itatse amavuriro meza mwaduhaye nyakubahwa Chairman, itatse amashuri meza, gahunda nziza zidaheeza n’umwe ziva ku mwana ukiri mu nda, na nyina umutwite, kugeza ku basaza n’abakecuru muri gahunda yo kubaherecyeza.”

Kimwe n’urubyiruko kandi, Munyantwali yavuze ko rwakuriye mu Gihugu kiruha byose, rugakura neza yaba mu gihagararo no mu bwonko, none ubu rwiteguye gukomeza guteza imbere Igihugu cyarwo.

Ati “Mwaduhaye ibyuzuye, ntitwabaha ibicagase. Tujya twumva hari abavuga ngo za 80% ngo ni amajwi menshi, twebwe tuzamutora twese, ababara bazatubwira, ariko natwe imibare turayizi, iyo twamutoye twese, bigomba kuba 100%.”

Munyantwali yizeje Umukandida wa FPR-Inkotanyi ko abatuye aka gace bazirikana ibyiza bagejejweho n’imiyoborere ye, bityo ko kubimwitura ntakundi uretse kuzamuhundagazaho amajwi.

Ab’i Nyamagabe bizeje Perezida kuzamutora 100%

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + ten =

Previous Post

Ibirambuye ku mpanuka yahitanye bane mu bari bagiye kwamamaza umukandida wa FPR-Inkotanyi

Next Post

MTN Rwanda Hosts their 2024 Annual General Meeting and Announces Strategic Resolutions and Dividend Payouts

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN Rwanda Hosts their 2024 Annual General Meeting and Announces Strategic Resolutions and Dividend Payouts

MTN Rwanda Hosts their 2024 Annual General Meeting and Announces Strategic Resolutions and Dividend Payouts

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.