Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Mwaduhaye ibyuzuye ntitwabaha ibicagase- Abo mu Majyepfo bahaye Umukandida wa FPR isezerano ryuzuye

radiotv10by radiotv10
28/06/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Mwaduhaye ibyuzuye ntitwabaha ibicagase- Abo mu Majyepfo bahaye Umukandida wa FPR isezerano ryuzuye
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Ntara y’Amajyepfo, bagaragarije umukandida wa FPR-Inkotanyi iterambere bagezeho kubera we, bamusezeranya ko bazabimwitura igihe bazaba bagiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu, bakazamutora 100%.

Ni mu gikorwa cyo kwiyamamaza k’Umukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Perezida Paul Kagame, cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 27 Kamena yakomereje mu Ntara y’Amajyepfo by’umwihariko mu Karere ka Nyamagabe ahari hateraniye abaturage ibihumbi 120 barimo n’abari baturutse mu tundi Turere turimo aka Nyaruguru.

Munyantwali Alphonse, umunyamuryango wa FPR-Inkotanyi wavuze mu izina ry’abo muri aka gace, yagaragaje ibyagezweho muri iyi myaka 30 ishize, birimo ibikorwa by’iterambere byivugira, mu gihe aka gace kari mu twari twarasigaye inyuma.

Ati “Ntabwo twibagirwa ko twigeze kwitirirwa ibitebo. Umuntu akitwa izina ashingiye ku gitebo. Nyakubahwa ibyo mwarabidukijije, turabashimiye, ubu turitirirwa amajyambere, turitirirwa ibikorwa, turabitirirwa nyakubahwa Chairman.”

Yavuze ko aka gace kahoze gafite ubutaka busharira kateza imyaka, none ubu kubera politiki nziza yo kuzamura ubuhinzi, yatumye aka gace kari mu dukungayeho kugira ubuhinzi bw’ibihingwa ngengabukungu byahinduriye benshi imibereho.

Ati “Ubu butaka bwashariraga, ubu butatse amaterase, butase icyayi n’inganda zacyo, butatse ikawa n’inganda zayo, ikirere ni intsinga z’amashanyarazi zigana mu ngo zacu,…”

Ibikorwa remezo na byo ubu ni byose, by’umwihariko imihanda ya kaburimbo, aho Akarere ka Nyaruguru ubu kagezemo umuhanda w’umukara w’ibilometero birenga 60.

Ati “Iyi misozi itatse amavuriro meza mwaduhaye nyakubahwa Chairman, itatse amashuri meza, gahunda nziza zidaheeza n’umwe ziva ku mwana ukiri mu nda, na nyina umutwite, kugeza ku basaza n’abakecuru muri gahunda yo kubaherecyeza.”

Kimwe n’urubyiruko kandi, Munyantwali yavuze ko rwakuriye mu Gihugu kiruha byose, rugakura neza yaba mu gihagararo no mu bwonko, none ubu rwiteguye gukomeza guteza imbere Igihugu cyarwo.

Ati “Mwaduhaye ibyuzuye, ntitwabaha ibicagase. Tujya twumva hari abavuga ngo za 80% ngo ni amajwi menshi, twebwe tuzamutora twese, ababara bazatubwira, ariko natwe imibare turayizi, iyo twamutoye twese, bigomba kuba 100%.”

Munyantwali yizeje Umukandida wa FPR-Inkotanyi ko abatuye aka gace bazirikana ibyiza bagejejweho n’imiyoborere ye, bityo ko kubimwitura ntakundi uretse kuzamuhundagazaho amajwi.

Ab’i Nyamagabe bizeje Perezida kuzamutora 100%

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 1 =

Previous Post

Ibirambuye ku mpanuka yahitanye bane mu bari bagiye kwamamaza umukandida wa FPR-Inkotanyi

Next Post

MTN Rwanda Hosts their 2024 Annual General Meeting and Announces Strategic Resolutions and Dividend Payouts

Related Posts

Perezida Kagame yihanganishije General Doumbouya wa Guinea ku bw’ibyago byabaye mu Gihugu cye

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we Mamadi Doumbouya watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Guinea, amwizeza ko u Rwanda ruzakomeza gukorana...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

Eng.-President Kagame Congratulates His Counterpart Doumbouya on Winning Elections in Guinea

by radiotv10
05/01/2026
0

President Paul Kagame has congratulated his counterpart, Mamadi Doumbouya, on winning the presidential elections in Guinea, assuring him that Rwanda...

How to reset your life after the holidays without pressure

How to reset your life after the holidays without pressure

by radiotv10
05/01/2026
0

The holidays are beautiful. Late nights, good food, family time, travel, laughter, rest and a break from alarms and deadlines....

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

IZIHERUKA

Perezida wa Venezuela na Madamu we bagaragaye bacunzwe bidasanzwe muri America boherejwe mu Rukiko
AMAHANGA

Perezida wa Venezuela na Madamu we bagaragaye bacunzwe bidasanzwe muri America boherejwe mu Rukiko

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida Kagame yihanganishije General Doumbouya wa Guinea ku bw’ibyago byabaye mu Gihugu cye

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

05/01/2026
Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

05/01/2026
Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu

Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu

05/01/2026
Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

Eng.-President Kagame Congratulates His Counterpart Doumbouya on Winning Elections in Guinea

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MTN Rwanda Hosts their 2024 Annual General Meeting and Announces Strategic Resolutions and Dividend Payouts

MTN Rwanda Hosts their 2024 Annual General Meeting and Announces Strategic Resolutions and Dividend Payouts

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida wa Venezuela na Madamu we bagaragaye bacunzwe bidasanzwe muri America boherejwe mu Rukiko

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.