Friday, July 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga

radiotv10by radiotv10
12/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ngoma: Hatanzwe umucyo kuri farumasi yafunze bigasiga mu rujijo abayikoreshaga
Share on FacebookShare on Twitter

Inzu icuruza imiti (Pharmacy) yo mu Karere ka Ngoma ikorana n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize (RSSB), imaze amezi abiri ifunze mu buryo abaturage batamenye bigatuma bakora ingendo ndende bajya gushaka indi mu kandi Karere, mu gihe ubuyobozi buvuga ko hari ibyo yakoze itabyemerewe bigatuma iba ifunzwe.

Iyi Farumasi yifashishwaga n’abasanzwe bafite ubwishingizi bita ko ari RAMA, bavuga ko nyuma yuko ifunzwe, iyo baje kwivuriza mu mavuriro ari muri aka gace, bishyura imiti 100% mu gihe yabafashafa kwishyura hakoreshejwe ubwishingizi.

Bavuga ko kugira ngo babone Farumasi baguriramo imiti, bibasaba kujya mu Karere ka Kayonza, ku buryo bibashyira mu bihombo byinshi.

Umwe wakoze urugendo akajya gushakira imiti i Kayonza avuye i Rukumberi, yagize ati “Amatike ni menshi cyane kandi umuntu aza nta no kumenya ngo ibintu bihagaze bite.”

Akomeza avuga ko batumva impamvu iriya farumasi yahagaze kandi n’amafaranga y’ubwishingizi bakaba bakomeje kuyakatwa ariko ntacyo bibamariye.

Ati “Tukamenya impamvu kandi amafaranga y’ubwishingizi tuzi ko buri kwezi bayadukata kuko nari nzi ko ndibuze nkakoresha RAMA nkuko bisanzwe nkataha none bambwiye ko ari ukujya kwigurira imiti 100%.”

Undi yagize ati “Kubona umuti kuri RAMA biragorana bigasaba ko umuntu ajya mu Karere ka Kayonza ni ibirometero byinshi cyane, hazamo ibihombo byinshi, amafaranga menshi y’urugendo kujya kugura imiti ukayigura Ijana ku Ijana kandi wakaswe amafaranga kandi RSSB ibifite mu nshingano kutuvuza urumva ko birimo igihombo.”

Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Pudence Rubingisa avuga ko hari ubugenzuzi bwakozwe bugasanga iyi farumasi yafunzwe hari ibyo yanyuranyije n’amabwiriza.

Ati “Ubu hari gukurikiranwa ko ibyo basabwe babishyira mu buryo kugira ngo bakomeze bakorera. Hagati aho abarwayi bakeneye izo serivisi bakoresha Farumasi z’Akarere ndetse n’izishobora kuba ziri ku Bitaro, ariko natwe turi kubafasha kugiran go byihute bidakomeza kubangamira mu kubona imiti cyane cyane iyunganiwe na RSSB ku bafite ubwo bwishingizi.”

Muri Farumasi umunani zibarizwa mu Karere ka Ngoma, imwe yonyine ni yo yakoranaga n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize, ku buryo abakoresha ubwishingizi bo muri aka Karere badashobora kubona indi baguramo imiti.

Aba baturage bavuga ko batumva ukuntu bakomeje gucibwa amafaranga y’ubwishingizi kandi bakishyura imiti 100%

Guverineri Rubingisa yabizeje ko iki kibazo kigiye gukemuka

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + 18 =

Previous Post

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Next Post

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

Related Posts

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

by radiotv10
11/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yagenewe igihembo n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) ku bw’uruhare rwe mu miyoborere ishyira imbere ubuvugizi...

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

by radiotv10
11/07/2025
0

Mu Murenge wa Muhura mu Karere ka Gatsibo, haravugwa umusore ukekwaho kwica umubyeyi we (Nyina) amuhoye kuba yamubuzaga gutereta umugore...

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

by radiotv10
11/07/2025
0

In today’s world, parents get so busy with work which makes it hard to spend quality time and raise their...

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

by radiotv10
10/07/2025
0

Umukozi wo mu rugo rwo mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, uregwa gushaka kuroga abo babanaga, yemeye icyaha,...

U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

by radiotv10
10/07/2025
0

The Government of Rwanda has announced that, in partnership with Hashemite Kingdom of Jordan, it has donated 40 tons of...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

by radiotv10
11/07/2025
0

Gatsibo: Abayoboraga Koperative baravugwaho guca ruhinganyuma abanyamuryango bakayigurisha mu ibanga rikomeye

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

11/07/2025
Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

11/07/2025
Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

Abajenerali bakomeye muri Congo barimo uwigeze kuyobora FARDC baravugwaho umugambi wo gushaka guhirika Tshisekedi

10/07/2025
Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

Umukozi wo mu rugo washatse kurogera mu mata abo yakoreraga yasobanuye icyo yari agambiriye

10/07/2025
U Rwanda rwatanze toni 40 z’inkunga irimo ibiribwa byo gufasha abo muri Gaza

Eng.-Rwanda donates 40 tons of food and medical supplies to support the people of Gaza

10/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

Ingabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC zongeye gucisha mu Rwanda ibirimo ibifaru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yagenewe igihembo n’Umuryango ushinzwe Ubuzima ku Isi

Umusore arakekwaho kwica umubyeyi we amuziza kuba atishimiraga umubano afitanye n’umugore baturanye

Babysitters or Childhood Centers? –Which is the best way to raise children?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.