Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Shema Ngoga Fabrice, avuga ko imikino ya FIFA Series ari umwanya mwiza wo kwisuzuma ku Ikipe y’Igihugu ‘Amavubi’ ubwo izaba ihangana n’amakipe akomeye.
Yabigarutseho mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye mbere y’iri rushanwa rizatangira kubera i Kigali kuva tariki ya 26 kugeza kuya 30 Werurwe 2026.
Ubwo yari abajijwe intego Amavubi azajyana muri iyi mikino, Perezida Shema yagaragaje ko ari umwanya mwiza wo guhatana n’amakipe akomeye.
Yagize ati “Dufite abakinnyi n’abatoza bashya. Ejo narabasuye ndumva Amavubi azatsinda gusa ntabwo azaba ari imikino yoroshye kuko turi mu itsinda rikomeye ariko tugomba guhatana.”
“Ni byiza kuko ntabwo dushaka kwigereranya na bo tunganya imbaraga. Kenya na Estonie bari imbere yacu ku rutonde rwa FIFA.”
Ni ku nshuro ya mbere u Rwanda rugiye gukina n’ikipe itari iyo muri Afurika.
Muri rusange, iri rushanwa rizatangira ku wa Kane hakina amakipe ari mu itsinda rya kabiri, aho Aruba izahura na Macau saa 13:30, mu gihe saa 16:30, Tanzania izakina na Liechtenstein. Imikino izabera kuri Kigali Pelé Stadium.
Imikino izakomeza ku wa Gatanu, aho Kenya izakina na Estonie saa 18:00, mu gihe u Rwanda ruzakina na Granada saa 21:00 kuri Stade Amahoro.
RadioTV10







