Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyanza: Baribaza iherezo rya Gare igezweho bagombye kuba bamaranye umwaka

radiotv10by radiotv10
08/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyanza: Baribaza iherezo rya Gare igezweho bagombye kuba bamaranye umwaka
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza bwemereye abaturage ko buzabaka Gare igezweho umwaka ushize wa 2023, none n’uyu wa 2024 ugiye kurangira babona nta n’ikiratangira gukorwa.

Umwaka urashize bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyanza bagaragarije RADIOTV10 ikibazo cya cyo kutagira gare igezweho  dore ko aho bakoresha nka Gare, ntakigaragaza ko ari yo.

Icyo gihe Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Erasme Ntazinda yatangaje ko imirimo yo gutangira kubaka iyi gare yagombaga gutangira umwaka ushize.

Nubwo abaturage bavuga ko bari bijwejwe kubakirwa Gare, bavuga ko kugeza nta kintu na kimwe kirakorwa bigatuma bahura n’ingaruka zitandukanye zituruka ku kutagira gare

Umwe ati “Na n’ubu nta kirakorwa, amaso yaheze mu kirere. Iyi Gare ni ntoya cyane ni nk’aho nta Gare tugira, iyo imvura iguye iratunyagira.”

Undi ati “Ni hato cyane bikabije ku buryo imodoka usanga zabuze aho ziparika, bibaye byiza batwubakira Gare ijyanye n’igihe nk’uko bahora bayitwizeza tukayitegereza tukayibura, ubushize akarere kari katubwiye ko imirimo yo gutangira kuyubaka yagombaga gutangira mu mpera z’umwaka ushize none kuri ubu amaso yaheze mu kirere, twarategereje turaheba.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Erasme Ntazinda avuga ko icyatumye iyi gare idahita yubakwa nk’uko bari byari byasezeranyijwe abaturage, hari hagishakishwa rwiyemezamirimo ndeste n’aho kuyubaka, ariko ko mu ntangiriro z’umwaka utaha izatangira kubakwa, ndetse ikazamurirwa rimwe n’isoko rya Nyanza kuko irihari rishaje.

Ati “Kugeza uyu munsi Gare n’isoko twabiboneye umushoramari, turi mu biganiro na porosedure zo kugira ngo abe yatangira kubaka. Twizera ko bitarenze umwaka utaha mu kwa mbere imirimo ishobora kuba yatangiye kuko igisigaye ni porosedure gusa kugira ngo abone ubutaka mu buryo bwemewe n’amategeko.”

Biteganyijwe ko iyi gare izatwara arenga miliyari 3 Frw habariwemo no kwimura abatuye aho izubakwa, ikazaba iri ku buso bwa hegitari imwe.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − three =

Previous Post

Louise Mushikiwabo yahaye inshingano uwabaye Perezida w’u Burundi

Next Post

DRCongo: Inkurikizi zatangiye kuba ku bayobozi nyuma y’impanuka yakangaranyije abayibonye

Related Posts

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo: Abamaze kumenyekana ko bahitanywe n’ubwato bwarohamye mu Kivu bikubye kane

DRCongo: Inkurikizi zatangiye kuba ku bayobozi nyuma y’impanuka yakangaranyije abayibonye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.