Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Nyanza: Baribaza iherezo rya Gare igezweho bagombye kuba bamaranye umwaka

radiotv10by radiotv10
08/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Nyanza: Baribaza iherezo rya Gare igezweho bagombye kuba bamaranye umwaka
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza bwemereye abaturage ko buzabaka Gare igezweho umwaka ushize wa 2023, none n’uyu wa 2024 ugiye kurangira babona nta n’ikiratangira gukorwa.

Umwaka urashize bamwe mu baturage bo mu Karere ka Nyanza bagaragarije RADIOTV10 ikibazo cya cyo kutagira gare igezweho  dore ko aho bakoresha nka Gare, ntakigaragaza ko ari yo.

Icyo gihe Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Erasme Ntazinda yatangaje ko imirimo yo gutangira kubaka iyi gare yagombaga gutangira umwaka ushize.

Nubwo abaturage bavuga ko bari bijwejwe kubakirwa Gare, bavuga ko kugeza nta kintu na kimwe kirakorwa bigatuma bahura n’ingaruka zitandukanye zituruka ku kutagira gare

Umwe ati “Na n’ubu nta kirakorwa, amaso yaheze mu kirere. Iyi Gare ni ntoya cyane ni nk’aho nta Gare tugira, iyo imvura iguye iratunyagira.”

Undi ati “Ni hato cyane bikabije ku buryo imodoka usanga zabuze aho ziparika, bibaye byiza batwubakira Gare ijyanye n’igihe nk’uko bahora bayitwizeza tukayitegereza tukayibura, ubushize akarere kari katubwiye ko imirimo yo gutangira kuyubaka yagombaga gutangira mu mpera z’umwaka ushize none kuri ubu amaso yaheze mu kirere, twarategereje turaheba.”

Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Erasme Ntazinda avuga ko icyatumye iyi gare idahita yubakwa nk’uko bari byari byasezeranyijwe abaturage, hari hagishakishwa rwiyemezamirimo ndeste n’aho kuyubaka, ariko ko mu ntangiriro z’umwaka utaha izatangira kubakwa, ndetse ikazamurirwa rimwe n’isoko rya Nyanza kuko irihari rishaje.

Ati “Kugeza uyu munsi Gare n’isoko twabiboneye umushoramari, turi mu biganiro na porosedure zo kugira ngo abe yatangira kubaka. Twizera ko bitarenze umwaka utaha mu kwa mbere imirimo ishobora kuba yatangiye kuko igisigaye ni porosedure gusa kugira ngo abone ubutaka mu buryo bwemewe n’amategeko.”

Biteganyijwe ko iyi gare izatwara arenga miliyari 3 Frw habariwemo no kwimura abatuye aho izubakwa, ikazaba iri ku buso bwa hegitari imwe.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Louise Mushikiwabo yahaye inshingano uwabaye Perezida w’u Burundi

Next Post

DRCongo: Inkurikizi zatangiye kuba ku bayobozi nyuma y’impanuka yakangaranyije abayibonye

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Congo: Abamaze kumenyekana ko bahitanywe n’ubwato bwarohamye mu Kivu bikubye kane

DRCongo: Inkurikizi zatangiye kuba ku bayobozi nyuma y’impanuka yakangaranyije abayibonye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.